You are on page 1of 8

3.1.6.2. III.1.6.2.

Gukorerwa igitebo (Urugega) na Marayika


(Ubuhamya bwa Tabisha Mwenge)

Bakundwa, twabonye ukuboko kw'Imana muri uyu murimo. Umunsi


umwe nagiye kuzana ibigazi mu murima wo hafi yo mu Lusenda. Icyo
gihe ibigazi byari byinshi, byuzuza igitebo cyane ariko kimbana gito.
Mbona hasigaye ibigazi bicye hasi. Nanze kubisiga ahubwo nungaho
ibiti ku gitebo cyanjye habonekamo umwanya wabyo. Mu gihe cyo
guheka igitebo nibwo nagize ikibazo ngerageza gukora ibishoboka
byose ariko sinabibasha kuko byari bindemereye cyane.

Ngize amahirwe mbona Asumani ampingutseho, ni we wari ushinzwe


gutema ibigazi hejuru y'ibiti, natwe tukaba abikorezi. Abonye ko nari
nananiwe kwikorera umutwaro aramfasha arawunkorera, njyana
umutwaro wanjye na we yikomereza urugendo rwe mu murima.

Ngeze mu mudugudu nsanga Asumani yicaye imbere y'inzu ye


aganira n'umugore we. Ndamuramutsa ndamubaza nti: " Wabigenje
ute kugira ngo wihute untange kandi nagusize iriya mu murima?
Mbona Asumani atangajwe n'ayo magambo arambaza ati:
"Wambonye mu wuhe murima? Ndetse n'umugore wanjye ni
umuhamya ko ntigeze mva hano mu mudugudu uyu munsi ngo njye
kureba mu murima nkuko uvuze! Mbura icyo mvuga.

Mbonanye na Mariyamu nibwo nansobanukiwe. We akimbona gusa


mpageze aransuhuza ati: Mbese wabonye wa wundi wagukoreye
igitebo mu murima? Ni marayika Imana yakoherereje kubera ko
yabonye umwete wawe utagukundiye gusiga ibigazi (imbuto z'ibigazi)
mu murima. Yafashe ishusho y'umuntu uzi kugira ngo utikanga
kuberako wari wenyine mu murima. Maze umutima wanjye
uhimbaza Imana uwo munsi

3.1.6.3. Intoryi zumye zongeye kwera ku biti byumye (Ubuhamya bwa


Amuri Lwe’ya)
Umugoroba umwe i Kabela haje abashyitsi benshi. Umubyeyi wanjye
umbyara Luwiza atangira kwibaza ati: n’iki cyo kurya natanga cyo
kugaburira abo bashyitsi. Aryamana icyo kibazo mu mutwe ariko mu
ijoro ararota, mur’izo nzozi yumva bamubwira ngo: ‘’genda mu
murima usorome intoryi. Abyutse arababara mu mutima kuberako
yarazi ko mu murima we intoryi zari zarumye bitewe nuko kitari igihe
cy’isarura gisanzwe. Nta byiringiro yisubizamo agatege ajya mu
murima, ariko agarutse tumubona yuzuye ibyishimo. Aratubwira ati:
nkigera mu murima nasanze intoryi zose zongeye kwera neza,
nsoroma intoryi nyinshi z’abashyitsi. Nimugoroba, Mariyamu
arambwira ati: ‘’ni Imana yakoze ibyo kugira ngo abashyitsi batabura
ibyo kurya, Imana ni igitangaza bakundwa!’’

3.1.6.4. Ibishyimbo ntibizongera kugutera ikibazo mu nda ukundi.


(ubuhamya bwa Eto Abwe)
Njyewe Eto Abwe twajyanye n’umugabo wanjye n’umwana wacu
Nyassa i Kabela. Tugezeyo twakiriwe neza cyane badutegurira ibyo
kurya: umutsima n’ibishyimbo. Nimugoroba nabwo nyine nibyo
twariye. Bukeye mu gitondo natanze amafaranga make kugira ngo
abajya mu isoko banzanire indagara kuko natinyaga kuza kugira
ikibazo mu nda gitewe n’ibishyimbo byakoreshwaga buri gihe i
Kabela. Nyuma yo gusohoza ibyo byose. Mariyamu arampamagara
arambwira ati: ‘’mwana wanjye Eto, mbese wohereje amafaranga
ngo bakugurire indagara kw’isoko? “Ndabyemera” Angira inama ati:
“Eto umenye ko ibishyimbo bitazagira icyo bigutwara ukundi
cyangwa undi mushyitsi uwariwe wese uza hano. Ntutinye gukomeza
kurya ibishyimbo nk’abandi bashyitsi.” Iryo jambo rituma nsaba
imbabazi ku bitekerezo byanjye binankuramo gushidikanya kubera
ubwoba bwanjye bwo kurya ibishyimbo mu gihe cyose nabaye i
Kabela. Menya ko Imana ari nkuru kandi nta cyo ihishwa.’’

3.1.7. Uburobyi bwafashaga mu kugaburira abashyitsi


Kugira ngo haboneke indagara, abantu bafite umutima mwiza
bitanze amato yabo ku burobyi mu kiyaga cya Tanganyika. Ayo mato
yarindirwaga hafi y’ikiyaga cya Tanganyika, ariko ibindi bikoresho
nk’inshundura, n’ingashyo byabikwaga mu nzu yabigenewe. Aha buri
wese yakoraga azi ko buri muntu wese azagororerwa mw’ijuru
ibikwiriye ibyo yakoze mw’isi.

3.1.8. Indagara mw’isafuriya (Ubuhamya bwa Georgine Yangya)


Iwanjye ni mu Rweba. Umunsi umwe hafi saa sita z’ijoro, twakiranye
ibyishimo abashyitsi bajya i Kabela, ariko ikibazo nari mfite uwo
munsi nuko nta byokurya twari dufite byo kwakira abashyitsi.
Mw’isafuriya hari hasigayemo indagara nke nyuma yo gufungura ibya
nijoro. Umutima wanjye urababara cyane, mfata iyo safuriya yarimo
indagara, nyishyira ku ziko ngo nshyushye. Umuturanyi wanjye ampa
ikilo kimwe cy’ifu ngo mbatunganirize umutsima.
Icyantangaje cyane mpfunduye isafuriya ngo narure imboga nsanga
iyo safuriya irimo indagara nyinshi. Wishyize mu mwanya wanjye
wabona ukuntu nahimbaje Imana ku bw’icyo gitangaza. Hashize
iminsi mike Mariyamu adutumaho intumwa ngo ize kutubwira ko ari
Imana yar’ishatse kugaburira abantu bayo muri ubwo buryo uwo
munsi. Nongera gushima Imana cyane.

3.1.9. Amazu y’abashyitsi


Kugira ngo haboneke aho kuraza abashyitsi benshi bazaga mu
murimo w’Imana i Kabela, byabaye ngombwa ko hubakwa amazu
menshi. Abubatsi bahamagariwe n’Imana gukora uwo murimo, maze
uwo murimo utera imbere.
Kubwo kudoda imyenda no kubika ibikoresho by’umurimo byabaye
ngombwa ko amazu yubakwa: amwe aracyariho (Inzu y’ubudozi),
andi yarasenyutse (nk’inzu y’ububiko). Reba ifoto iri hepfo.

3.1.10. Ibyiciro by’abashyitsi

Abashyitsi bose bageraga i Kabela bakirwaga neza na komite


ibishinzwe. Bahabwaga amazi yo koga n’ibyokurya no gutegurirwa
aho baryama. Iyo hageraga igihe cy’inyigisho, Mariyamu yaganirizaga
ababaga bafite intego imwe yo kumva ijambo ry’Imana cyangwa
abashaka ibisubizo ku byifuzo byabo.

Ariko umuntu wazaga i Kabela afite izindi gahunda zo gukora mbere


cyangwa nyuma y’inyigisho, ni ijambo ritanezezaga Imana. Bene abo
bantu bitwaga abantu b’inzira ebyiri (Yakobo 1:8), kenshi, Mariyamu
yabagiraga inama yo kureka izo gahunda bagasigarana umutima
wiringira guhura n’Imana gusa. Ariko abo bantu iyo babonaga ko
gahunda zabo ari ingenzi, bemererwaga kujya kuzirangiza,
bakazagaruka ku rundi rugendo bafite intego imwe yo gushaka
Ubushake bw’Imana (Abaheburayo 10:38). Kudakurikiza iyo nama
kwateraga ingorane nyinshi, turatanga ingero nke hano hepfo:
3.1.10.1. Urupfu rw’umuntu w’inzira ebyiri waturukaga i Milimba
Umuntu umwe waturutse mu mudugudu w’i Milimba mu karere ka
Fizi yifuje kujya i Kabela kubonana na Mariyamu. Mbere yo kuva mu
rugo iwe umugore we yamuhaye amafaranga yo guha umwana wabo
wabaga i Kabela. Basezerana ko batazavuga iby’amafaranga kwa
Mariyamu mu by’ukuri bubahiriza ayo masezerano yabo (Gereranya
Ibyakozwe n’Intumwa 5:1). Mu gihe cy’inyigisho za nimugoroba
Mariyamu arabaza ati: ‘’ninde waje afite indi gahunda yabanje
gukora mbere yo kwinjira hano? Bose baraceceka bigaragaza ko nta
muntu ufite indi gahunda.

Mariyamu yongera kubaza iteraniro ryose, umuntu umwe arasubiza


ati: ‘’ nta muntu urimo” Imana iravuga iti: “uriya muntu avuze ko
Imana ari umubeshyi kandi uwo muntu ari we mubeshyi. Ijwi
ry’Imana riravuga riti: ‘’uriya muntu araza gupfa’’ Amaze kubaza
inshuro ya gatatu (3) nta gisubizo, Mariyamu atangira ibiganiro bye
arabirangiza. Basohotse muri izo nyigisho bukeye bwaho ku manywa
y’ihangu, wa mugabo wavuye i Milimba aza gupfa. Mariyamu
asobanurira abantu ubukana bw’ubugome bwatumye uwo apfa ati:

-Yarazi ko afite ingendo ebyiri ariko ntiyakunda kubyatura ubwo


byabazwaga, kuko mbere yo kuza ino yasezeranye n’umugore ko
atazagira icyo avuga kuri iryo jambo, kandi ar’abantu bari bazi ibyo
kuza hano (i Kabela) bafite inzira ebyiri. N’urupfu rutewe n’ubukana
bw’ubugome bwe nka Anania na Safira bo muri Bibiliya.

3.1.10.2. Ibuye riturutse ku musozi rimukubita ku mutwe (Ubuhamya


bwa Kwigenderera)
Utubwira iyi nkuru n’umubyeyi witwa Kwigenderera, umukristokazi
wo mw’Itorero rya 8eme CEPAC Chahi i Bukavu. Twari itsinda rimwe
ry’abakristo rivuye i Bukavu twemererwa kuganira na Mariyamu.
Ariko igihe cyo gusubira iwabo umwe muri bo agira ikibazo, mbere yo
guhaguruka i Kabela Mariyamu arababwira bose ati: “nimuva hano i
Kabela musubire iwanyu umuntu wese mu rugo iwe, musenge Imana
mbere yuko buri wese asubira mu mirimo ye isanzwe. Nimusonza mu
nzira ntimutinye kugura ibyokurya murira mu rugendo, ariko atari
ibyo kuryana mu rugo.

Bageze ahitwa i Kigongo bahasanga inyama zihendutse. Umwe muri


bo agura ukuguru kw’ihene, aguhisha mu mufuka kugira abana baze
kubona ibyokurya mu rugo. Bavuye aho i Kigongo, bari mu modoka
yabo yo mu bwoko bwa Camionnette, ibuye rivuye ku musozi
ryikubita ku mutwe wa wa mugore usuzugura, muri uwo mwanya
ahita ata ubwenge, bagenzi be batangira kumusengera. Ubwenge
bwe bugarutse yihana icyaha cye ko yaguze ukuguru kw’ihene
akaguhisha ngo ashyire abana be ibyokurya mu rugo. Bagenzi be
bahita batinya ijisho ry’Imana ribona hose. Mu gihe dushaka Imana ni
byiza ko tuyishaka n’umutima wacu wose.

You might also like