Professional Documents
Culture Documents
9. AMARANGAMUTIMA
10. IREMAMICO
11. UBUMUNTU
• 12. INTEKEREZO N’IMPAGARIKE
• 13. INTEKEREZO N’INDWARA
• 14. AKAGA GATERWA NO GUSHYIRA INTEKEREZO AHO BIDAKWIYE
• 15. UBUCENGERAMUNTU NA TEWOLOJIYA
• 16. GUTEKEREZA NABI NO GUTEKEREZA NEZA
• 17. GUTEKEREZA NEZA, UMUSARURO WO GUKORANA N’IMANA
INTEKEREZO N’IMPAGARIKE
• “Ukundwa, ndagusabira, kugira ngo ugubwe neza muri byose, ube mutaraga, nk’uko umutima wawe [intekerezo]
uguwe neza.” 3 Yohana 2
• “NDAGUSHIMIRA YUKO NAREMWE MU BURYO BUTEYE UBWOBA, BUTANGAZA” ZABURI 139:14
• Abigishwa ba Yesu bagombaga guhugurwa ku buryo bwo gukora n‟ubwo kuruhuka. Muri
iki gihe birakenewe ko abakozi batoranijwe n‟Imana bumvira itegeko rya Kristo ribasaba
kujya ahiherereye kugira ngo baruhuke akanya gato. Hari abantu benshi bari ingirakamaro
bapfuye bitari ngombwa bitewe no kutamenya no kudaha agaciro iri tegeko… N‟ubwo
ibisarurwa ari byinshi kandi n‟abakozi bakaba ari bake, nta nyungu umuntu abonera mu
gutamba amagara n‟ubugingo bwe… Hari abakozi benshi bananiwe kandi bacogoye bumva
bababaye cyane iyo babona ubwinshi bw‟ibigomba gukorwa n‟ukuntu utwo bo bashoboye
gukora ari duke. Mbega ukuntu bifuza imbaraga z‟umubiri ngo bakore byinshi; nyamara bene
abo ni bo Kristo abwira aya magambo ngo “Muze ahiherereye, muruhukeho hato.” –
Review and Herald, 7 November 1893.
• Imibereho y‟umukristo ntigizwe no gukora ubutaruhuka, cyangwa no guhora wibwira
iby‟Imana. Abakristo bagomba gukorera agakiza k‟abazimiye bafite umwete, kandi bagomba
kugena igihe cyo kwitegereza iby‟Imana, icyo gusenga hamwe n‟icyo kwiga Ijambo ry‟Imana.
Si byiza guhora buri kanya uri kotswa igitutu n‟umurimo hamwe n‟impagarara, kuko iyo
ari uko bibaye, kwera k‟umuntu ku giti cye kurirengagizwa kandi ubushobozi
bw‟intekerezo n‟ubw‟impagarike bukononekara. – Review and Herald, 7 November 1893.
• Abantu bose binjira mu ishuri ry‟Imana bakeneye igihe gituje cyo gushyikirana n‟imitima
yabo ubwabo, n‟ibyaremwe hamwe n‟Imana. Muri bo hagomba kugaragarira imibereho
inyuranye n‟imigenzo n‟imikorere y‟ab‟isi; kandi bakeneye kugira inararibonye yihariye yo
kumenya ubushake bw‟Imana. Buri wese ku giti cye, tugomba kumva Imana ivugana
n‟umutima. Igihe andi majwi yose yacecetse, maze tugategereza Imana dutuje; gutuza
k‟umutima ubwako gutuma ijwi ry‟Imana rirushaho gusobanuka. Ikatubwira iti : “Tuza,
kandi umenye ko ndi Imana.” Umwiteguro nk‟uwo ni ingirakamaro mu murimo wose wo
gukorera Imana. Hagati mu mbaga y‟abantu bahugiranye, no mu mpagarara z‟imirimo myinshi
yo muri ubu buzima, uwamaze guhembuka atyo aba azengurutswe n‟ikirere cy‟umucyo
n‟amahoro. Azahabwa imbaraga nshya z‟umubiri n‟iz‟ubwenge. Imibereho ye
izakwirakwiza impumuro nziza, kandi izagaragaza imbaraga z‟Imana zizakabakaba imitima
y‟abantu. – The Ministry of Healing, p. 58. Umurimo wa Gikristo, p.232
• “IKINTU CYOSE KIGENERWA IGIHE CYACYO.” UMUBWIRIZA 3:1