Professional Documents
Culture Documents
IRIBURIRO
Mu rwego rwo gukomeza kunganira Leta y’u Rwanda mu gusakaza no kumenyekanisha amategeko
arebana n’uburenganzira bwa muntu, CHRAP yateguye ubukangurambaga bwo gufasha abaturage mu
nzego zose gusobanukirwa neza ibikubiye mu Itegeko n° 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu
n’umuryango mu Rwanda. CHRAP yiyemeje kunganira Leta muri gahunda n’ingamba zigamije kurushaho
kwimakaza iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu nta vangura iryo ari ryo ryose. Ibyo bikaba bihuza
n’icyerekezo U Rwanda rwihaye cyo kubaka Leta igendera ku mategeko, ishingiye ku iyubahirizwa
ry’uburenganzira bwa muntu, ku bwisanzure no ku ihame ry’uko Abanyarwanda bose bareshya imbere
y’amategeko n’iry’uburinganire hagati y’abagore n’abagabo; abahungu n’abakobwa bafite amahirwe
angana, bari mu muryango uhamye kandi utekanye uzira ihohoterwa iryo ariryo ryose rishingiye ku
gitsina hagamijwe iterambere ry’igihugu rirambye.
Iri Tegeko n° 32/2016 ryo ku wa 28/08/2016 rigenga abantu rivuga k’ubuzima gatozi bw’abantu,
ibibaranga n’irangamimerere ryabo ; rigenga kandi umuryango, ni ukuvuga itsinda ry’abantu bafitanye
isano hagati yabo ishingiye ko bamwe bakomoka ku bandi, ku mategeko cyangwa ku bashyingiranywe;
rishobora kuba rigizwe n’ababyeyi, abana, ababakomokahondetse n’abo mu miryango
y’abashyingiranywe nabo” (Ingingo ya 2,20°); rigenga nanone amasano hagati y’abantu, inama
y’umuryango, ishyingirwa ndetse n’isano hagati y’ababyeyi n’abana.
Muri ubu bukangurambaga tuzibanda ku gice kivuga ku ishyingirwa kubera ko ishyingirwa ariryo
nkomoko y’umuryango.
ISHYINGIRWA
Ugushyingiranwa k’umugabo umwe n’umugore umwe gukorewe mu butegetsi bwa Leta ku bushake
bwabo niko konyine kwemewe n’itegeko.
Imyaka yo gushyingirwa ni makumyabiri n’umwe (21) nibura. Itegeko rigenga umuryango n’abantu
rigira n’icyo rivuga ku batemerewe gushyingiranwa:
2° icyemezo cy’uko buri wese mu bazashyingiranwa ari ingaragu cyangwa ingingo z’ingenzi z’inyandiko
yerekeye urupfu rw’uwo baheruka gushyingiranwa, cyangwa ingingo z’ingenzi z’urubanza rw’ubutane
n’uwo baherutse gushyingiranwa cyangwa rusesa amasezerano y’ubushyingiranwe nawe;
3° icyemezo gitanga uburenganzira bwo gushyingiranwa itangazwa ritabaye kubera impamvu zifite
ishingiro.
Mbere y’imihango y’ishyingira, umwanditsi w’irangamimerere agomba kwita kuri ibi bikurikira( ingingo
ya 171 n’iya 172):
Ishyingirwa rihamywa n’inyandiko y’ishyingirwa keretse igihe itegeko riteganya ubundi bwoko
bw’ikimenyetso.
Iyo inyandiko y’ishyingirwa idashoboye kuboneka ku mpamvu iyo ariyo yose, ishobora
gusimburwa n’urubanza ruciwe, bisabwe n’umuntu wese ubifitemo inyungu, mu rukiko
rubifitiye ububasha rw’aho atuye.
Gutambamira ishyingirwa
Gutambamira ishyingira bikorwa mu magambo cyangwa mu nyandiko kugeza igihe cyose ishyingira
ritaraba imbere y’umwanditsi w’irangamimerere. Iryo tambamira rigomba kwerekana impamvu.
Gutambamira ishyingira bishobora gushingira nibura kuri imwe (1) mu mpamvu zikurikira:
1° ukubura kwa kimwe mu bisabwa byerekeye imigendekere y’ishyingirwa cyangwa ishingiro ryayo;
Inkurikizi z’ishyingirwa
Ugushyingirwa kutakurikiwe no kubana mu gihe cy’umwaka umwe (1) gutuma nta mpamvu zifite
ishingiro guha umwe mu bashyingiranywe uburenganzira bwo gusaba ubutane.
Iyo umwe mu bashyingiranywe atubahirije inshingano ze, uwo bashyingiranywe ashobora kuregera
urukiko rubifitiye ububasha kugira ngo hafatwe ibyemezo by’agateganyo birengera urugo cyane cyane
ibyita ku bana (ingingo ya 211).
Iseswa ry’ishyingirwa
Gutana biturutse ku bwumvikane byemerwa gusa nibura nyuma y’imyaka ibiri (2) abashyingiranywe
babana (ingingo ya 232)
Umwe mu bashyingiranywe ashobora gusaba ubutane bwa burundu ashingiye ku mpamvu ziteganywa
n’itegeko. Izo mpamvu ni :
1° ubusambanyi; 2° guta urugo nibura igihe cy’amezi cumi n’abiri (12) akurikirana; 3° igihano cy’icyaha
gisebeje; 4° kwanga gutanga ibitunga urugo; 5° guhoza undi ku nkeke; 6° ihohoterwa rishingiye ku
gitsina; 7° kumara nibura imyaka ibiri (2) batabana ku bushake bwabo; 8° kutabana mu gihe kirenze
amezi cumi n’abiri (12) akurikirana uhereye igihe habereye ishyingirwa nta mpamvu zifite ishingiro zihari
(ingingo ya 218).
Ikirego gisaba ubutane kiregerwa kandi kikaburanishwa nk’izindi manza (ingingo ya 220).
Ingaruka ku bana: Urubanza rwemeza ubutane runagena aho abana b’abari barashyingiranywe
berekeza. Muri rusange, abana bahabwa umubyeyi watsindiye ubutane,undi mubyeyi
agasigarana uburenganzira bwo gusura abana, kubavugisha cyangwa gusurwa na bo.
Mu ica ry’urubanza, umucamanza agena uburyo bukwiye kugira ngo ubwo burenganzira bwubahirizwe.
Urukiko rubyibwirije cyangwa rubisabwe n’umwe mu basaba ubutane cyangwa n’undi muntu
wese ubifitemo inyungu, rushobora gutegeka ko umwana ahabwa umubyeyi utatsinze urubanza
cyangwa se undi muntu wese, rushingiye ku byagirira abana akamaro;
Icyakora, abana batarageza ku myaka itandatu (6) y’amavuko, bagomba kubana na nyina
keretse iyo bishobora kubangamira inyungu z’abana;
Urukiko rushobora kandi gutegeka ko abana bamwe barerwa n’umubyeyi umwe, abandi nabo
bakarerwa n’undi mubyeyi mu gihe biri mu nyungu z’abana;
Ibyemezo urukiko rufata rushingiye kuri iyi ngingo bihora ari agateganyo, rushobora buri gihe
kubikuraho bisabwe n’ubifitemo inyungu mu buryo bw’ikirego gitanzwe n’umuburanyi umwe.
Twazirikana ko:
1. Ugushyingiranwa ari uk’umugabo umwe n’umugore umwe gukorewe mu butegetsi bwa Leta ku
bushake bwabo niko konyine kwemewe n’itegeko ;
5. Abashyingiranwe bagira uburenganzira n’inshingano byo kwita ku rugo rwabo no ku bana babo
ndetse no kuri bo ubwabo ;