You are on page 1of 2

AMIBUKIRO YA ROZARI NTAGATIFU

1. AMIBUKIRO YO KWISHIMA (Ku wa mbere no ku wa gatandatu)


_______________________________________
1. Gaburiyeli Mutagatifu abwira Mariya ko azabyara
Umwana w’Imana:
Dusabe inema yo koroshya
2. Bikira Manya ajya gusura Elizabeti Mutagatifu:
Dusabe inema yo gukundana
3. Yezu avukira i Betelehemu:
Dusabe inema yo kutita ku by 'isi
4. Yezu aturwa Imana mu Ngoro Ntagatifu:
Dusabe inema yo kumvira abadutegeka
5. Bikira Mariya abona Yezu yigishiriza mu Ngoro
Ntagatifu:
Dusabe inema yo kutiganyira kwigisha abantu.
2. AMIBUKIRO Y’URUMURI (Ku wa kane no ku minsi mikuru)
____________________________________________
1. Yezu abatirizwa muri Yorudani:
Dusabe inema yo gukomera ku masezerano ya Batisimu
2. Yezu agaragaza ububasha bwe mu bukwe bw’i Kana:
Dusabe inema yo kubaho mu budahemuka
3. Yezu atangaza Ingoma y'Imana:
Dusabe inema yo kugarukira Imana
4. Yezu yihindura ukundi:
Dusabe inema yo kumurangamira no kumwumvira
5. Yezu arema Ukaristiya:
Dusabe inema yo kumuhahwa neza
3. AMIBUKIRO Y’ISHAVU (Ku wa kabiri no ku wa gatanu)
-------------------------------------------------------------
1. Yezu asambira mu murima w’i Getsemani:
Dusabe inema yo kwanga ibyaha
2. Yezu bamukubita:
Dusabe inema yo kutararikira ingeso mbi
3. Yezu bamutamiriza ikizingo cy’amahwa:
Dusabe inema yo kutinubira ibyago
4. Yezu aheka umusaraba:
Dusabe inema yo kwemera icyo Imana idutegeka
5. Yezu apfira ku musaraba:
Dusabe inema yo gukunda Yezu na Mariya
4. AMIBUKIRO Y’IKUZO (Ku wa gatatu no ku cyumweru)
_________________________________________
1. Yezu azuka:
Dusabe inema yo gutunganira Imana
2. Yezu asubira mw’Ijuru:
Dusabe inema yo kwifuza kuzajya mw’ijuru
3. Roho Mutagatifu aza mu mitima y'intumwa:
Dusabe inema yo gukomera mu by’Imana
4. Bikira Mariya apfa akajyanwa mw’Ijuru:
Dusabe inema yo gupfa neza
5. Bikira Mariya yimakazwa:
Dusabe inema yo kumwizera

You might also like