Professional Documents
Culture Documents
16777495305716156
16777495305716156
HABURANA:
ABACYEKWA:
ICYAHA BACYEKWAHO:
I. IMITERERE Y’URUBANZA
[0] Ubushinjacyaha bukurikiranye Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee ho icyaha
cyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu, icyaha cyakorewe nyakwigendera
HAKIZIMANA Jean Claude aho bamukubise bikamuviramo gupfa. Ubushinjacyaha
bushingira ku mpamvu zikomeye zigizwe n’imvugo za Bora Imani, iza
NIYOGUSHIMWA Elysee ndetse n’imvugo z’abatangabuhamya bubakekaho iki cyaha,
bugasaba urukiko gutegeka ko Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee
bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30) muri
gereza. Bora IMANI aburana ahakana icyaha akavuga ko ntacyo yakoze,
NIYOGUSHIMWA Elysee nawe aburana ahakana icyaha akekwaho akavuga ko ntacyo
yakoze ndetse n’abunganizi babo mu rwego rw’amategeko bavuga ko nta cyaha bakiriya
babo bakoze, bagasaba urukiko gushingira kuri rapro ya muganga ijyanye n’ibizamini
byafashwe ku murambo wa nyawigendera maze rugategeka ko abo bunganiye barekurwa
bagakurikiranwa bari hanze.
[0] Urukiko rumaze gusesengura inyandiko zose zigize dosiye, rushingiye ku mategeko,
rusanga hari ibyagezweho bihagije mu iperereza bituma rukeka ko Bora IMANI na
NIYOGUSHIMWA Elysee bakoze icyaha bakurikiranweho, rusanga kandi hari impamvu
zikomeye zituma Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee bakurikiranwa bafunzwe
by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30) muri gereza, bityo, urukiko rutegeka
ko Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee bafungwa by’agateganyo mu gihe
cy’iminsi mirongo itatu (30), muri gereza.
[1] Kuwa 09/02/2023, mu mudugudu w’Irembo, Akagali ka Mumena, Umurenge wa
Nyamirambo, Akarere ka Nyarugenge, kuri chantier ya Rutayisire Muziga Jean Bosco,
inzego z’umutekano zagejejweho amakuru ko hari umuturage witwa HAKIZIMANA
Jean Claude wapfuye, ni uko abashinzwe umutekano bahageze basanga aryamye kuri
matelas, iburyo bwe hari teremusi irimo amata y’inshushyu, hari n’anvelope ntoya irimo
ibinini bitandukanye yari yanyoyeho. Nyakwigendera HAKIZIMANA Jean Claude akaba
yari umukozi wa RUTAYISIRE nyiri chantier, ni uko RUTAYISIRE akavuga ko
nyakwigendera yari umuzamu we ariko ko nta ndwara asanzwe amuziho kuko kuwa
RDP 00179/2023/TB/NYGE URUPAPURO 3
Bora IMANI ko kandi HAKIZIMANA yari afite igiti agiye kugikubita Bora Imani
amuziza ko yarimo kumubwira ko aho ari kwihagarika (kunyara) hatemewe ni uko ahita
yitambika hagati yabo ahita asunika n’ukuguru nyakwigendera anamukubita ku kuguru
maze ahita atora telefoni ya Bora Imani yari yaguye hasi.
[6] Muri uru rubanza, urukiko rurasesengura ibibazo bikurikira:
Kumenya niba hari impamvu zikomeye zituma Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee
bakekwaho kuba barakoze icyaha cyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu.
Kumenya niba hari impamvu zikomeye zituma Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee
bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30).
[11] Bora IMANI ahakana icyaha akekwaho akavuga ko HAKIZIMANA Jean Claude
yihagaritse (yanyaye) hafi ya resitora ye, akamubwira ko aho ari kwihagarika hatemewe
ndetse ko nyakwigendera yambuye Bora Imani telefoni ye akayikubita hasi ni uko ngo
baratongana birangira havuyemo amakimbirane.
[12] NIYOGUSHIMWA Elysee nawe aburana ahakana icyaha cyo gukubita cyangwa
gukomeretsa byateye urupfu, akavuga ko ntacyo yakoze, gusa akongera ho ko yasohotse
muri restaurant agasanga nyakwigendera HAKIZIMANA Jean Claude ari kumwe na
Bora IMANI ko kandi HAKIZIMANA yari afite igiti agiye kugikubita Bora Imani
amuziza ko yarimo kumubwira ko aho ari kwihagarika (kunyara) hatemewe ni uko ahita
yitambika hagati yabo ahita asunika n’ukuguru nyakwigendera anamukubita ku kuguru.
[16] Ingingo ya 76 igika cya kane cy’itegeko ryavuzwe haruguru iteganya ko umucamanza
afite inshingano zo “gusuzuma niba hari impamvu zikomeye zituma ushinjwa yafungwa
by’agateganyo”. Iyi ngingo irumvikanisha neza ko ushinjwa akurikiranwa afunzwe
by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (3) ari uko hari impamvu zikomeye
umucamanza yasuzumye zifite ishingiro.
[17] Ingingo ya 121 igika cya mbere y’itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya
ibyaha n’ibihano muri rusange, iteganya ko “umuntu wese, abishaka, ukomeretsa undi,
umukubita cyangwa umusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha”. Iyi
ngingo irasobanura neza ko iyo umuntu abishaka, akomerekeje undi amukubita cyangwa
amusagarira ku buryo bwa kiboko bubabaje aba akoze icyaha.
[18] Ubushinjacyaha bukeka ko Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee bakoze icyaha
cyo gukubita cyangwa gukomeretsa byateye urupfu, aho bukeka ko bakubise
nyakwigendera HAKIZIMANA Jean Claude bikamuviramo gupfa, bityo bugasaba
urukiko gutegeka bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo
itatu (30) muri gereza kubera ko kuba bafunzwe aribwo buryo bwonyine ubutabera
bwababonera igihe nibwo buryo kandi batabangamira iperereza.
[19] Bora IMANI ari imbere y’urukiko, asaba urukiko kurekurwa agakurikiranw aari hanze,
adafunze, kubera ko afite umwirondoro uzwi kuko yubatse ikindi ni uko afite imirimo
akora muri Kaminuza, binabaye ngombwa, urukiko rwamuegeka kugira ibyo yubahiriza
kandi ko azabyubahiriza ariko agakurikiranwa ari hanze.
RDP 00179/2023/TB/NYGE URUPAPURO 8
akatemewe, ni uko asanga nyakwigendera yafashe igiti ashaka kugikubita Bora ni uko
yitambikamo hagati yigira inyuma asunikisha akaguru nyakwigendera hahita haza abantu
babuza Bora n’uwo mugabo kurwana, Elysee yongeraho ko yasunikishije akaguru uwo
mugabo ahagana mu nda, akavuga ko atakubise nyakwigendera umugeri ahubwo ko
yamusunitse gusa akoresheje akaguru ke.
[30] Hari imvugo z’umutangabuhamya witwa MUSABIMANA Gaudence avuga ko yabonye
HAKIZIMANA Jean Claude aryamye ahantu asanzwe aryama amubaza impamvu
atabyutse amusubiza ko arwaye nyuma nibwo bamuhamagaye bamubwira ko
HAIZIMANA apfuye, ahita afata moto ajya kureba asanga yapfuye, ni uko inshuti ya
nyakwigendera yirwa HATEGEKIMANA Celestin amubwira ko nyakwigendera
yamuhamagaye akamubwira ko hari abantu baraye bamukubise.
[31] Umutangabuhamya witwa SIMBA Shadadi avuga ko abantu bari bahagaze aho hantu,
yumvise bavuga ko nyakwigendera HAKIZIMANA Jean Claude yarimo atongana na
Bora IMANI kandi ko bari bahagararanye batongana ariko ko nta muntu wigeze akubita
undi. Umutangabuhamya witwa NSHIMIYIMANA Celestin avuga ko kuwa 08/02/2023
yiriwe asana icyobo cyo kuri resitora ya Bora Imani, abona Bora IMANI afashe akaboko
HAKIZIMANA Jean Claude amubaza impamvu anyaye aho hantu, asaba Bora kurekura
nyakwigendera ngo ahita amurekura arataha, akavuga ko yumvise uwitwa Theonetse na
UWASE Donatha bavuga ko nyakwigendera yakubiswe, akomeza avuga ko yabonye
imyenda ya HAKIZIMANA Claude yanduye hasi ku ivi.
[32] Urukiko rusanga imvugo za Bora IMANI n’iza NIYOGUSHIMWA Elysee zifitanye
isano itaziguye n’imvugo z’abatangabuhamya zagaragajwe mu bika bibanziriza iki, kuko
imvugo zabo zigaragaza ko HAKIZIMANA Jean Claude mbere y’uko yitaba Imana, ku
munsi ubanziriza uwo yapfiriyeho, yabanje gukubitwa na Bora IMANI afatanije
n’umukozi we NIYOGUSHIMWA Elysee.
[33] Urukiko rusanga kuba muri uru rubanza, Me Olivier Karangwa na Me Zamda
NKUNDAMAJYAMBERE bunganira Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee
basaba urukiko ko abo bunganiye barekurwa hashingiwe kuri raporo ya muganga ya
Forensic Examination Report ya Autopsy yakozwe hapimwa umurambo igaragaza ko ku
mubiri wa nyakwigendera nta gikomere na kimwe kiriho, ko ahubwo basanze umubiri we
RDP 00179/2023/TB/NYGE URUPAPURO
12
warufite indi ndwara, basanga amara ye yaratobotse , bityo indwara yamwishe, ishobora
no guterwa n’utuyoga twa makeya yanyoye, bitahabwa ishingiro kuko muri uru rubanza,
urukiko ruri kuburanisha ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo kandi hakaba hari
impamvu zikomeye n’ibyagezweho bihagije mu iperereza bituma abo bunganiye
bakurikiranwa bafunzwe by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30) bityo ko
ikijyanye no gusobanura raporo ya muganga ya muganga kikaba kitari ku murongo
w’ibisuzumwa muri uru rubanza.
[34] Urukiko rushingiye ku ngingo z’amategeko zavuzwe haruguru, rusanga hari impamvu
zikomeye zituma Bora IMANI na NIYOGUSHIMWA Elysee bakurikiranwa bafunzwe
by’agateganyo mu gihe cy’iminsi mirongo itatu (30) muri gereza, kubera ko icyaha
bakurikiranweho gihanishwa igihano cy’igifungo kirengeje imyaka ibiri (2) ndetse ko
ubushinjacyaha bugikora iperereza kuri iki cyaha,
UMUCAMANZA UMWANDITSI