You are on page 1of 11

SOUTH RWANDA FIELD

KAMINUZA SDA CHURCH


CHURCH MEETING
CHRISTIAN ETHIC COMMISSION

IMYITWARIRE Y’UMUKRISTO KU MUBIRI NO MU MYAMBARIRE


Ikibazo cy’imyambarire n’uburyo abakristo bafata imibiri yabo bikunze gutera impaka
nyinshi mu itorero ry’Imana, nubwo Ijambo ry’Imana n’umwuka w’ubuhanuzi biduha inama
z’uko twakwitwara kuri cyo. Imana yaremye umuntu atunganye kuko yamuremye ku ishusho
yayo. Yasaga nayo yaba mu mitekerereze ndetse no mu migirire. Yagambiriraga nk’ibyo
Imana ishaka. Aho umuntu acumuriye yarangiritse ku buryo agambirira ibihabanye
n’ubushake bw’ Imana. Nyamara Imana uwemera kuyoborwa nayo akora ibishimwa nayo. Ni
muri ubwo na Bibiliya ari byo iturarikira nk’aho igira iti “Namwe iyo murya cyangwa
munywa cyangwa mukora ikindi kintu cyose, mujye mukorera byose guhimbaza Imana.”
1Abakorinto 10:31, ikomeza kandi idusaba kugira umwihariko nk’ ubwoko bw’Imana
tutisanisha n’ab isi, “Kandi ntimwishushanye n’ ab’ iki gihe, ahubwo muhinduke rwose
mugize imitima mishya, kugira ngo mumenye neza ibyo Imana ishaka, ari byo byiza
bishimwa kandi bitunganye rwose.” Abaroma 12:12. Bigaragara ko dukwiriye kugira
itandukaniro.

I.IMYAMBARIRE
Ku bijyanye n’imyambarire dushobora kugira abantu b’uburyo butatu( 3). Uwa mbere ni
umuntu wambaye ibyo ijuru rishima kandi na sosiyeti ntimugireho ikibazo. Abandi 2
turababona muri aya masomo akurikira kandi bombi bafite ikibazo gishobora kubarimbuza
babaye batihannye.
1.Matayo 22: 11, Uyu mutumirwa umwami yasanze atambaye umwambaro w’ubukwe.
Yasabye kobamuboha bakamujugunya hanze kuko kubera ko yatowe ariko atatoranijwe. Yari
yambaye ariko atambaye ibijyanye n’aho yari ari. Natwe dushobora kuba twambaye, ariko
tutambaye ibikwiriye.
ITANGIRIRO 3: 10–11: Arayisubiza ati:”Numvise imirindi yawe muri iyi ngobyi,
ntinyishwa n’uko nambaye ubusa, ndihisha.” Iramubaza iti:” Ninde wakubwiye ko wambaye
ubusa? Wariye kuri cya giti nakubujije kutaryaho?
 Hano dufite abantu b’uburyo Uwambaye ariko yambaye ibidakwiriye, n’uwambaye
ubusa.Uwambaye ibidakwiriye kubera amahitamo ye yaraboshywe ajugunywa hanze,
abari bambaye ubusa Imana yarabambitse. ( Itangiriro 3 : 21 ) Iteka uwambaye
ubusa aba akeneye kwambikwa (Matayo 25:36).
A. ICYO BIBILIYA IVUGA. (Aya masomo arimo inama zo kwitonderwa):
1. “Umurimbo wanyu ntukabe uw’inyuma nko kuboha imisatsi, kwambara ibyakozwe
mu izahabu cyangwa se imyambaro y’akarusho. Ahubwo …….. “ (1 Petero 3 : 3-4
BII)
2. “N’abagore ni uko bajye bambara uko bikwiriye, birimbishe nk’abanyamutima badashira
isoni, atari ukuboha imisatsi no kwambara imikufi y’izahabu, cg amasaro y’agahebuzo
cyangwa imyambaro y’igiciro gihanitse. Ahubwo umurimbo wabo ube ibikorwa byiza
bikwiriye abagore bubaha Imana.” (1 Timoteyo 2 : 9, 10 BII )
3. Umugore cyangwa umukobwa ntakambarane n'umugabo, kandi umugabo ntakambarane
n'umugore, kuko ukora atyo wese ari ikizira Uwiteka Imana yawe yanga urunuka.Gutegeka
kwa ii 22:5
4. Maze Yakobo abwira abo mu rugo rwe n'abo bari kumwe bose ati “Mukureho imana
z'abanyamahanga ziri muri mwe, mwizirūre mwambare indi myenda.Itangiriro 35:2
B. ICYO UMWUKA W’UBUHANUZI UBIVUGAHO,
ELLEN G. WHITE ATI:
1. ”Ikibazo cy’imyambaro ntikigomba kugirwa ingingo y’ibanze y’iyobokamana ryanyu.
Hari izindi nsanganyamatsiko zo kuganirwaho zikungahaye kuruta iyo. Muvuge
ibirebana na Kristo, umutima ni uhinduka ikidahuje n’ijambo ry’Imana cyose
kizimara.” Even. P 70(296), Evang. P. 272(1889)
2. Niba turi abakristo, tuzakurikira Kristo nubwo inzira dusabwa
kunyuramo yaba ihanganye no kwifuza kwa kamere yacu. Si ngombwa kwambara iki
cg kiriya, kuko niba umutima wawe ukunda ibyo bitagira umumaro by’ubwirasi,
kureka iyo mitako yawe bizamera gusa nko gukemura amababi y’igiti; ibyo umutima
wa kamere ubogamiyemo bizongera bishibuke. Ugomba kugira umutimanama wawe
bwite.” Kurera abana p. 429-430(1892), Even.p.71(297)
3. “Umwanzi w’ibyiza ni we ushyigikiye ubuhimbyi bw’imidodere y’imyambaro ihora
ihindagurika nta kintu akunda cyane cyahwana n’uko akunda kuzana ibyo kubabaza
Imana no gukoza isoni icyubahiro cyayo abikoresheje ubuhanya no kurimbura abantu.
Uburyo bumwe akoresha kugira ngo abigereho ni ubuhendanyi bw’izo ngeri za mode
zicogoza umubiri, zigaca intege ibitekerezo no gupfobya ubwenge.”Rengera ubuzima
vol.II, p.6
4. “Kugira ibigirwamana mu myambarire ni indwara yangiza imico mbonera. Ibi ntabwo
bishoboka ko habaho kubyambikanwa ubugingo bushya. Akenshi kwiyegurira
ivugabutumwa bisaba gufata icyemezo ku ihinduka ry’imyambarire. Ntabwo
hakwiriye kubaho ubunenganenzi mu myambarire. Kubwa Kristo tubereye umuhamya
dukwiriye gukora uko dushoboye tukagira impagarike imutunganiye.” Ubutumwa
kubasore p. 358
5. “Bibiliya yigisha kwambara mu buryo bukwiriye. Ndifuza yuko abagore bambara
imyambaro ikwiriye.”1 Timoteyo 2:8,9. Imyambarire yose ishaka ko uyambaye
arangarirwa cyangwa se agatangarirwa ntabwo ihuje n’ibyo Ijambo ry’Imana rivuga.
Rengera ubuzima vol.II, p.4
6. “Imyambaro myiza, igomba kuba iy’ubwoko bwiza, isa neza, kandi ikaba itoranirijwe
ko irama mu cyimbo cyo kuyitoraniriza kurangaza abantu. Kwambara imyambaro
itameshe ni bibi ku buzima, byanduza umubiri n’umutima. Imibiri yanyu ni insengero
z’Umwuka w’Imana.” 1 Abakorinto 6: 19. Imana yifuza ko tuba bazima, ku mubiri no
mu mutima. Ibyo byombi bitera kumererwa neza bitewe n’imyambaro iboneye.” Idem
p.5
7. “Bamwe baravuga bati:” Imyambaro mutubwira yavuye kuri mode. Ariko se ibyo
bitwaye iki? Ndifuza ko mu buryo bushoboka bwose twaba abavuye kuri mode.
Uwagira ngo tugire imbaraga abagore ba kera bavuye ku gihe bari bafite, byaba ari
ibyo kwifuzwa! Umwe mu bagore 1000, niwe wambara uko bikwiriye.” Ubutumwa
bwatoranijwe vol.II, p.537
8. “ Abenshi kugira ngo bagendane n’ibyadutse by’ubupfayongo, baretse umurimbo
basanganwe uvanze no kwiyoroshya maze barangamira ibyadutse. Batanga igihe, imari
n’imbaraga z’ubwenge n’ubutungane bw’umutima, maze bakegurira impagarike yabo
yose ku byadutse. Basore n’inkumi nkunda, ingeso ibarimo yo kwambara bikurikije
uburyo bwadutse bw’iby’umurimbo, izahabu, imyenda itatswe yo kurimbana,
ntibizatera abandi gushima idini yanyu cyangwa ukuri muvuga ko mukurikiza. Aba
bazi kugenzura, bareba umwete wanyu wo kurimbisha inyuma, bikabahamiriza ko muri
abanyantege nke n’abirasi.” Inama zigirwa itorero, vol.II, p.123
9.Umwambaro w’umugore ntugomba kuba umuhambiriye. Ugomba kuba umwambaro
utabangamira imikorere myiza y’ ibihaha n’umutima.Ikanzu yabo yakagombye kutajya
hejuru y’aho bote zigarukira, ariko na none ikaba iringaniye kuburyo itabangamira intambuko
n’ urugendo mu muhanda kuburyo byaba ngombwa ko ifatishwa ibiganza. Ubutumwa
bwatoranyijwe vol2,p 386-390
10. “Ikindi kintu kibi gikunda kwadukana n’imico, ni imyambaro idashyitse, ku buryo
imigabane imwe y’umubiri iba yambaye ubusa. Iyo ibirenge n’amaguru bikonje, burya
amaraso abirimo aba ari make, naho mu yindi migabane y’umubiri hirunzemo menshi.
Ubuzima bwiza bugendana n’uko amaraso agenda neza mu mubiri. Abagore benshi
usanga ari ibimuga kandi bari gushobora kugira amagara mazima iyo baza gukurikiza
amategeko y’ubuzima, kandi bakagira imyitozo ngororamubiri ahari umwuka mwiza.”
Rengera ubuzima vol. II, p.7
11. Ndinginga ishyanga ryacu ngo bagendane ubwitonzi
n’amakenga imbere y’imana. Mujye mukurikiza imico iriho yo mu myambarire niba
bitabangamiye amahame y’ubuzima bwiza. Reka bashiki bacu be kwambara nk’uko benshi
bagenza, ahubwo bambare ibyiza bibakwiriye kandi bibabereye, bidoze mu bitambaro
bikomeye bikwiranye n’igihe, kandi igitekerezo cy’imyambaro cye kuba aricyo cyigarurira
intekerezo. Bashiki bacu bakwiriye kwambara ibigaragaza kwiyoroshya. Bakwiriye
kwambara ibitagaragaza ubwirasi, bafite isoni zo kwiyambika ubusa kandi birinda, bifata
neza. Muhe ab’isi icyitegererezo kizima cy’umutima urimbishijwe n’ubuntu
bw’Imana.”EVENEMENTS P. 71(298) ; 3SM P.242(1897)

C.IBYO ABADIVENTISTE B’UMUNSI WA 7 BIZERA p288-p290


Imyambaro ya gikristo: Imana yari izi ubukene bwacu bwo kwambara(Matayo 6 :25-33).
Guhitamo kwacu gushobora kwibanda kuri aya mahame akurikira : kwicisha bugufi, imyambaro
ikwiye, ijyanye n’urwego urimo, itangiza ubuzima, kandi myiza.
1.kwicisha bugufi: Umukristo amenyekanira ku myambarire ye n’uko yitwara aho agenda hose.
Ubuhamya bwe bugaragaza ko yicisha bugufi. Uburyo twambara bigaragariza ab’isi abo turi bo
cyangwa icyo turi cyo. Ubwo buhamya bwerekana urukundo dukunda Yesu.
2.Imyambaro ikwiye: Abakristo ntibagomba kwambara nk’ab’isi(1Yohana 2 :16). Kugira ngo
abakristo bahamye kwizera kwabo bagomba kwambara imyenda ikwiye kandi bagakora ibikwiye
kugira ngo bagire ubuzima bwiza kandi barwanye ukwifuza kose kubi. Icyifuzo cyabo ntabwo ari
ukwiyerekana ahubwo ni uguhesha Imana icyubahiro.
3.Kwambara neza kandi udatagaguje: Kugira ngo bacunge neza umutungo Yesu yababikije
bagomba kureka kwikwiza izahabu, inigi, n’imyambaro ihenze 277
cyane(1Timoteyo2 :9). Ariko gucunga neza umutungo ntibivuga kugura buri gihe imyenda mibi.
Rimwe na rimwe ushobora kugura imyenda ya make kandi ikaba ari myiza.
4. Kwambara imyenda itangiza ubuzima: Ibyo kurya ntabwo aribyo byonyine bigize ubuzima.
Imyambaro yose idatwikira umubiri kuburyo buhagije,iboshye umubiri kandi ishobora kwangiza
umubiri igomba kurekwa.
5. Kurangwa n’ubwiza karemano n’ubuntu: Abakristo bemera kwitandukanya n’irari
ry’umubiri (1Yohana 2:16). Kristo arebeye ku mirima yerekanye uko ijuru rivuga ubwiza:
ubuntu, kwicisha bugufi, kwera, ubwiza karemano. Salomo mu bwiza bwe bwose ntabwo yigeze
arimba nk’akarabo na kamwe ko mu murima (Matayo 6:29). Ubwibone mu myambarire
igezweho ntabwo bunezeza Imana (1Timoteyo2:9).
Ntabwo ari mu kwigana kubaho nk’ab’isi, abakristo bazarehereza abatizera ku gakiza ;ahubwo ni
mu kubereka imyitwarire itandukanye n’iyo , ibareshya kandi ibakurura cyane. Petero yavuze ko
abagabo batizera bashobora kureshywa n’imico myiza y’abagore babo,nubwo baba ntacyo
bavuze. Yabagiriye inama ko aho kwirimbisha inyuma,bagira umwete bagaharanira kugira
umwambaro w’imbere uhishwe mu mutima, umurimbo utangirika w’umwuka ufite ubugwaneza
n’amahoro ari wo w’igiciro cyinshi mu maso y’Imana’(1Petero3 :1-4).
….twizera ko kwambara imitako kumubiri bitemerwa na Bibiliya. Dushaka kuvuga ko
ibikoreshwa byose mu kwigararagaza –kwambara amaherena, imiringa, ibikomo,impeta, utwuma
dufata karuvati two kwigaragaza by’imirimbo, inigi, ibipesu by’amashati binini bigarara nko
kwibonekeza, imibano, n’indi mirimbo. Ntabwo ari ngombwa, ntabwo biri muri gahunda yo
kwicisha bugufi nk’uko ibyanditswe bivuga.

D.INDONGOZI Y’ITOREREO p215-2016


Nk’abadiventisti b’umunsi wa 7 twahamagariwe kwitandukanya n’ibyisi.Turi abagorozi.
Idini y’ukuri yinjiye mu migabane yose y’ubugingo bwacu,ikwiriye kuba ariyo ituyobora
mubyo dukora byose. Imyifatire yacu ikwiriye gukurikiza gahunda twahawe aho gukurikiza
icyitegererezo cy’abisi.Uko imyaka ihita niko imico n’imyifatire bihora bihinduka,ariko
amabwiriza agenga ubuzima yo, ahora uko yahoze.Imyambarire ni ikintu cy’ingenzi cyane
mumahame ya Gikristo.

Mu mateka yacu, itorero rigitangira ryatangiranye n’inyigisho zerekana uko abakristo


bakwiriye kwambara.Umugambi w’izo nyigisho wari uwo kurinda ubwoko bw’Imana
kwanduzwa n’Isi,bugahorana ubuzima buzira umuze n’ibitekerezo bizima.
Testimonies,v.4,p634.Mbega inama nziza!Ntacyo byamara kwitandukanya n’abandi
kumyamabaro gusa,ariko dukurikije uburere bwiza , umukristo w’ukuri akwiriye gushikama
kubyo yemeye, aho gukurikiza ihinduka ry’isi rya buri munsi.Abakristo bakwiriye kwirinda
ntibirimbishe umurimbo w’ubupfu,nibishoboka bambare umwambaro w’ubwoko bwiza kandi
burama w’ibara rikwiranye n’imirimo.Umwambaro ukwiriye gutoranirizwako uzarama
iminsi kuruta kuwugurika ko urabagirana. Imyambaro yacu ikwiriye kugaragaza ubwiza,
umico y’umuntu,itariho ibindi byo kwirimbisha.Ubutumwa kubasore p351,352. Kugirango
imyambaro yacu ye kuba iyo kurangaza abantu,ntiba ikwiriye gukurikiza imideri yo mu gihe
cyashize cyangwa imideri mishya yadutse mu gihe tugezemo.
Kwambara ibigezweho bikurikije imideri yadutse y’urukozasoni mumyambaro y’abagabo
n’abagore, bigaragaza kutiyubaha.Kudatekereza uko abantu bakwiriye kwambara, kenshi
usanga ari ugukabya. Hri imideri imwe,idahuje n’amabwiriz a y’ikinyabupfura, ahubwo
igakurura ingeso z’ubwomanzi ku isi.Abantu benshi bakurikiza iyo mideri nk’impumyi
batabizi, ariko ingaruka zayo ntizizaburakuba kirimbuzi.Ubwoko bw’Imana bukwiriye
guhora buri mu bantu birinda mu myambarire, kandi ntibakururwe cyane mu bitekerezo
byabo n’ikibazo cy’imyambaro igezweho. Evangelism,p273.
Abakristo sibo bakwiriye kuba aba mbere gusamarira imyambaro y’imideri yadutse, cyangwa
ngo babe aba nyuma kureka imideri yahararutswe.Kwamabara imyambaro idashamaje,
Kwirinda kwambara iby’imirimbo y’amabuye y’igiciro cyinshi y’uburyo bwose izahabu ifeza
n’ubundi bwoko bwose birimbishisha, nibyo bikurikije gahunda y’itorero
ryacu.Testimonies,vol.3 p,366
Ibyanditswe byera byigisha neza yuko kwambara izahabu n’ibindi by’umurimbo by’uburyo
bwose bicishije ukubiri n’ubushake bw’Imana. … Kwirimbisha kwambara amabuye y’igiciro
cyinshi ni ugukurura amaso y’abantu, ntabwo bihuje n’imico ya gikristo yigishako umukristo
akwiriye kwiyibagirwa. Mu bihugu bimwe, kwambikana impeta z’ubukwe ni amategeko.
Mubyinshi,kwambikana impeta mu gihe cy’amasezerano y’ubukwe, byahindutse umucyo mu
bitekerezo byabo, ntibikibarwa nk’umurimbo,Muri ubwo buryo, ntamategeko abuzanya
kwambikana impeta zo gushyingiranwa.Twibukeko umurimbo w’inyuma atariwo werekana
umuco w’ukuri wa gikristo,ahubwo ni uwimbere uhishwe mu mutima w’umuntu, udasaza
w’ubugwaneza n’amahoro, niwo ufite agaciro gakomeye imbere y’Imana.1 Petero 3:3,4….

Ababyeyi b’abakristo bakwiriye kwigisha abana babo icyitegererezo cyiza, inyigisho babaha
n’igitsure babareba kugirango bayobore abahungu n’abakobwa babo ku kwiyubaha, nibwo
bazashobora kugirirwa icyizere n’ababazi.Abakristo bacu ni bamenyeko baba bambaye neza
mu gihe baba bakurikije gahunda y’itorero rya gikristo.

E.IZINDI NYANDIKO
Inkomoko n’amateka bya MINI-JUPE. (Le Bonheur Chez Soi, p.111-116)”Mini-jupe
(ijipo ituzuye), Joseph NKOU ati:” Maze gusoma ikinyamakuru cy’ingenzi
cy’urubyiruko cyitwa “JEUNESSE” nomero yasohotse muri Mutarama 1968 ku
ngingo yitwa Mini-Jupe, nimo tubona amateka y’iyi mode imaze kwigarurira
abakobwa bacu. I Londre mu Bwongereza niho mini-jupe yatangiriye, itangira
yamaganwa bitinze iramenyerwa ntiyaba ikivugwa. Amategeko yo kwambara mini ni
aya akurikira:
1. Umukobwa ufite munsi y’imyaka 20, yambara igeze muri ½ cy’amatako.
2. Umugore ufite hagati y’imyaka 20 na 30, yambara igeze kuri cm 6-8 hejuru
y’amavi.
3. Umugore ufite imyaka 40 no kuzamura, yambara mini igaragaza amavi ye.
Impamvu batanga zo ku baho kwa mini ni izi zikurikira:
1. Kudasesagura umutungo ugura igitambaro kinini.
2. Ni uburyo abakobwa bakoresha bwo gukurura abahungu, babereka ko babakunda.
3. Kubera ko abakobwa bavuga make, bitabaza mini ngo igihe bagenda mu nzira,
ibafashe gukurura abahungu kuko kubabwiza umunwa abakobwa batabishobora.”
Umwanzuro: Kubw’ibyo ndetse n’ibindi nk’uko bigaragara mu ijambo ry’Imana: Pocket
down, Dechiré, pantalo n’amajipo bifatiriye, bigufi n’indi myambarire igayitse ntiyemewe
Ku bahungu n’abakobwa ba Yesu.Umwizera w’Itorero rya Kaminuza ntabwo akwiye
kwambara imyambaro igaragaza uko ateye, imyanya y’umubiri (ni ukuvuga ibitugu,
umugongo, inda, amabere, intege n’ imyanya y’ibanga,…).No kwambarana ku gitsina gabo
n’igitsina gore ntibyemewe.
Inkweto z’imisumari,Inkweto zigera mu mavi nabyo ntibyemewe kuko bigaragaza ubwibone.
Ntibyemewe kwambara imitako iyo ariyo yose nk’ibikomo cg imikufi, inigi, amaherena,
impeta zitari iza marriage n’ibipesu binini bifunze imyenda birangaza, utwuma dufata za
Clavate turangaza, etc..

II.UMUSATSI

1.1 INTANGIRIRO
Ese hari icyo Ijambo ry’Imana rivuga ku misatsi? Tugiye kurebera hamwe uko imisatsi y’
abakristo ikwiriye kuba imeze.
1.2 IBYO IJAMBO RY’IMANA RIBUGA KU MISATSI
Abacamanza 16:17.nuko amubwira ibyari mu mutima we byose, aramubwira ati “ Nta cyuma
cyogosha cyigeze kunyura ku mutwe, kuko nabaye Umunaziri w’ Imana uhereye nkiva mu
nda ya mama. Nakogoshwa, imbaraga zanjye zanshiramo, ngacogora nkamera nk’
abandi.”Aha tubona ko Samusoni yiyogoshesheje bigatuma imbaraga z’Imana zimuvaho
kuko yishe izezerano ryayo.

“Kandi n’abagore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni birinda,


kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu cyangwa imaragarita, cyangwa
imyenda y’igiciro cyinshi, ahubwo birimbishishe imirimo y’ingeso nziza nk’uko bikwiriye
abagore bavuga yuko bubaha Imana.” 1Timoteyo 2:9-10.
“Umurimbo wanyu we kuba uw’inyuma, uwo kuboha umusatsi cyangwa uwo kwambara
izahabu cyangwa uwo gukanisha imyenda, ahubwo ube uw’imbere uhishwe mu mutima,
umurimbo utangirika w’umwuka ufite ubugwaneza n’amahoro ari wo w’igiciro cyinshi mu
maso y’Imana.” 1Petero3:3-4
Muri aya masomo Tubona ko nk’abakristo tudakwiriye kugira icyo dukora icyo ari cyo cyose
tugamije kwiyerekana cyangwa kurangaza abandi ndetse n’ imisatsi yacu uko twogosha
n’uko dusokoza byose bikwiriye kuba bihesha Imana icyubahiro kandi kidatuma twisanisha
n’ab’ isi. Dukwiriye kwirimbisha ingeso nziza.
Umuja w’Imana Ellen G.White atugira inama ati “Ntimugakurikize uburyo bwadutse
bw’ubupfapfa. IZI2 p100. Bivuze ko mbere yo gushyira inyogosho cyangwa insokozo ku
mutwe wawe ukwiriye kubanza kwibaza niba bihesha Imana ikuzo Atari uko gusa ubonye
abandi babishyizeho, mushobora kuba mudafite misiyo zimwe bityo nta n’ubwo mukwiriye
gusa.
Bibiliya ihuza kwisiga irangi ku mubiri n’ubupagani n’ubuhakanyi(2 Abami 9:30; Yeremiya
4:30). Ku bijyanye no gusukura umubiri abakristo bagomba kugira uruhu karemano kandi
ruzima. Ni duhimbaza Kristo mu byo tuvuga, uko twambara, tuzakururira abantu kuri kristo.
INGARUKA ZO KUBOHA IMISATSI
“Ubushyuhe bw’indengakamere butewe n’imisatsi y’imikorano ishyirwa ku mutwe hamwe
n’utubano (pads) duhora dukanaze umutwe, bitera amaraso ageze mu bwonko kuvura, maze
bigatuma imisatsi wari usanganywe icurama. The Health ReformerH.R. {HL 190.3} .
“Imisatsi y’imikorano hamwe n’utubano bitwikiriye icyicaro gikuru cy’ubwonko bishyushya
cyane kandi bigakangura urusobe rw’imitsi yumva ruhuriye mu bwonko. Umutwe ugomba
guhora uhuhwa n’akayaga. Ubushyuhe buterwa n’ibyo bitwikirizo by’ibikorano butera
amaraso kujya mu bwonko ari menshi. –H.R. {HL 185.1}
“Ibigezweho by’utubano n’ibiziriko byongerwa ku mutwe, biremerera abagore kandi nta na
gito byongera ku bwiza bwabo, ahubwo bituma umutwe ugira indi shusho. Umusatsi
urakururwa ugakanangwa ukerekezwa aho utagamije, bikaba ari ikidashoboka ko imitwe
y’abagore bakunda ibigezweho itekana. RH, October 17, 1871
“Ku ngaruka y’ubwonko bwaguye nabi urusobe rw’imitsi yumva kubera kuvura kw’amaraso,
bituma impagarike idakora neza ikarwara, bigatera umuntu gusa n’aho atagikabakabwa
n’ibyiza.
Bene nk’abo batakaza ubushobozi bwo gushishoza butera kumenya ibyera. Ubushyuhe
budasanzwe buterwa n’uko kwihindura ukundi ku mutwe, bituma amaraso avurira mu
bwonko, maze imisatsi isanzwe igacurama hakaza uruhara. Nguko uko iby’umwimerere
bisimbuzwa ibikorano by’ibihimbano. {RH, October 17, 1871 par. 10}
“Benshi bataye ubwenge, maze bahinduka abasazi batagira ibyiringiro, kubwo gukurikira
ibyo bigezweho byangīza. Ariko nyamara imbata z’ibigezweho zizakomeza guhambira
imitwe yazo maze bibaviremo indwara ziteye ubwoba no gupfira imburagihe, ibyo kandi
ntibigera ku badakunda ibigezweho.” {RH, October 17, 1871 par. 11}
Umwanzuro
Ntabwo abakristo dukwiriye kuboha imisatsi, gushyira amabara mu misatsi, gushyira
inyogosho zadutse zose ku mitwe yacu cyangwa ubundi buryo bwose twakoramo imisatsi
keretse gusa ibikorewe guhesha Imana ikuzo.
III.MU MASO,IJOSI, AMABOKO,AMAGURU
Amarangi tujya tubona abantu bakunze gukoresha ku mubiri yitwa amazina atandukanye:
Tatouage, Macquillage (ku maso no ku munwa), Ayo basiiga ku nzara y’ubwoko
butandukanye, amarange asigwa mu misatsi n’ahandi.Ese ijambo ry’Imana rirabyemera?
A.BIBBLE
1.Kandi ingamiya zabo zizajyanwa na matungo yabo atabarika azaba iminyago namatungo
yabo atabarika azaba iminyago, nanjye nzatatanyiriza mubirere byose abiyogoshesha ingohe

zumusatsi wabo, nzabateza ibyago bibaturutse impande zose” Yeremiya 49:32

2.Nawe ubwo uzasenywa uzagire ute? Naho wakwiyambika imihemba, ukirimbisha


ibyambarwa byizahabu, ukisiga irangi kumaso uzaba wirimbishirije ubusa, abakunzi bawe

barakugaya, barahiga ubugingobwaye. Yeremiya 4:30

B. IBYO ABADIVENTISTE B’UMINSI WA 7 BIZERA


Bibiliya ihuza kwisiga irangi ku mubiri n’ubupagani n’ubuhakanyi(2 Abami 9:30; Yeremiya
4:30). Ku bijyanye no gusukura umubiri abakristo bagomba kugira uruhu karemano kandi
ruzima. Ni duhimbaza Kristo mu byo tuvuga, uko twambara, tuzakururira abantu kuri kristo.
Ibyo abadiventiste b’uminsi wa 7 bizera p 290
C.INDONGOZI Y’ITORERO
Twirinde kwisiga amarangi, kwitukuza cyangwa kwihindura ibara iryo ariryo ryose,kuko
ibyo binyuranyije n’umucyo wa gikristo.Isuku n’imibereho myiza ya Yesu, bikwiriye kubera
urugero umuntu wese uhora yifuza kunezeza Kristo Umwami wacu no gusa nawe
rwose.Indongozi y’itorero p215

Umwanzuro: Gutereka inzara no kushyiraho inzara z’inkorano, muri rusange ntibyemewe


gusiga amarangi ku gice cy’umubiri icy’aricyo cyose (Kumunwa, mumaso, kunzara z’amano
n’izintoki no kumubiri Na Tatouage). Ntibyemewe kogosha ingohe n’ibitsike.

Www.itabaza.org IMITAKO

Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi ku isi Pasiteri Ted Wilson,


abicishije ku ipaje ye ya face-book yihanangirije abizera Abadiventiste barangwa no kwambara
amaherena, impeta, ibikomo, imikufi, amashenete, kimwe n’abisiga amarange ku mubiri
(makiyaje) avuga ko ibyo bitan-dukanye n’ubushake bw’Imana, nuko asaba abapasiteri
guhaguruka bakabicyaha.

Icyateye uyu muyobozi gutanga uyu muburo, ni ikibazo yari yabajijwe n’umwizera witwa
VALLEY wo muri Kanada wagiraga ati “Nkunda kumva abakuru b‟Itorero b‟Abadiventiste
b‟Umunsi wa Karindwi bavuga ko nta murongo ugaragara Itore-ro ryashyizeho ku bijyanye no
kwambara imirimbo (amaherena, ibikomo, amashenete..) bakavuga ko amatorero aza-jya
yirwariza ku gukemura ibyo bibazo, nuko nkumva binteye urujijo. Ese koko nibyo. Ese Itorero
ry‟Abadiventiste rihagaze he kuri icyo kibazo?”
Mu kumusubiza, Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventiste ku isi yagize ati “Ikibazo cy‟imirimbo
ni ikibazo gikomeye nubwo benshi bibwira ko buri wese yabigenza ukwe. Nibyo koko ntitwaki-
jijwe no kutambara imirimbo, ahubwo twakijijwe n‟amaraso ya Yesu. Nk‟abadiventiste
b‟Umunsi wa Karindwi, tugendera ku mahame ya Bibiliya, kandi ingingo y‟iby‟imirimbo
ivugwa neza mu Mahame y‟Ibyo twizera, ndetse no mu Ndongozi y‟Itorero, yatowe
n‟abahagarariye Itorero baturutse mu bihugu bitandukanye bari bitabiriye Inama y‟Inteko .

Kuba uyu muyobozi yavuzeko aya mahame yatowe n’abaturutse mu bihugu byose ku isi, ni
igihamya ko kutayambara bitaga-fashwe nk’ubuturage cyangwa imyumvire mike. Ni n’igihamya
kandi ko aho wajya hose ku isi mu Itorero ry’Abadiventiste,ukaba wambara iyi mirimbo uzafatwa
nk’unyuranya n’amahame Itorero rigenderaho. yakomeje agira ati:“Ihame rya 22 mu mahame
y‟Ibyo twizera rigira riti:”Twahamagariwe kuba ubwoko bwera bufite intekerezo, ibyiyumviro
n‟imyitwarire ifitanye isano n‟amahame y’ijuru. Kugira ngoUmwuka Wera abashe gukuza muri
twe imico y‟umwami wacu,tugomba gukurikiza urugero rwa Kristo tukareka inzira z‟imirimo
yacu bwite,bityo kwera n‟amagara mazima n‟iby-ishimo nibyo bizaranga imibereho yacu. Ni
muri ubwo buryo rero ibyo twishimishamo bigomba kuba bihuje n‟ amahame yo mu rwego rwo
hejuru atunganye kandi y‟ubwiza bwa gikristo. Twitaye ku mico itandukanye, tuzambara
imyambaro irekuye yoroheje kandi tukanezezwa nuko ubwiza nyakuri butabonerwa mu kwitaka
inyuma ahubwo yuko buboneka mu bugingo bwicishije bugufi kandi bufite amahoro. “Ibyo
Abadiventiste b‟Umunsi wa Karindwi Bizera, ku gice cya 22 kiri ku ipaje ya 268, ku ihame
rivuga imyitwarire ya gikristo .

Mu Ndongozi y‟Itorero hatubwira “Kwambara tukikwiza, kwirinda imitako no kwisiga amabara


(makiyaje) z‟ubwoko bwose bijyanye n‟uko dukomeza kwizera kwacu Ibihamya by‟Itorero
Umuzingo wa 3 paje 366”
Yakomeje agira ati
“Biragaragara neza mu Byanditswe ko kwambara imirimbo bihabanye n‟ubushake bw‟Imana.
Intumwa Pawulo adusaba ko abizera bakwiriye “kwambara imyambaro ikwiriye, bakagira isoni
birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi,cyangwa izahabu cyangwa imaragarita,cyangwa
imyenda y‟igiciro cyinshi ; 1Timoteyo 2.9 Kwambara imirimbo ni ikintu cyo kwitonderwa aho
gufatwa nk‟ikintu cyo gutabwa.”
Mu Gitabo “Ibyo Abadiventiste b‟Umunsi wa Karindwi Bizera, ku gice cya 22 kiri ku ipaje ya
278, ku ihame rivuga imyitwarire ya gikristo, haranditse ngo “Tugendeye kunyigisho n‟amahame
twabonye haruguru twizera ko kwambara imitako kumubiri bitemerwa na Bibiliya. Dushaka
kuvuga ko ibikoreshwa byose mu kwigararagaza kwambara amaherena, imiringa,
ibikomo,impeta, utwuma dufata karuvati two kwigaragaza by‟imirimbo, inigi, ibipesu
by‟amashati binini bigarara nko kwibonekeza, imibano, n‟indi mirimbo. Ntabwo ari ngombwa,
ntabwo biri muri gahunda yo kwicisha bugufi nk‟uko ibyanditswe bivuga….Igihe Yakobo
yabwiraga ab’umuryango we kwiyereza Imana, bitandukanije n’imana zose z’abanyamahanga
zari hagati muri bo n’impeta zari ku matwi yabo”ibyo Yakobo yahise ahamba (Itangiriro35:2,4).
Nyuma y‟ubuyobe bw‟Abisirayeri imbere y‟inyana ya zahabu, Imana yarababwiye iti: “Nuko
mwiyambure iby‟umurimbo byanyu,kugira ngo menye uko mbagenza” Nuko nk‟iki-menyetso
cyo kwihana, “Abana ba Isirayeri biyambura iby‟umurimbo byabo.”(Kuva33:5,6). Pawulo
ahamya neza ko Ibyanditswe byavuze iby‟ubwo buyobe ngo “biduhugure twebwe
abasohoreweho n‟imperuka y‟ibihe”(1Abakorinto 10:11).
Ku bijyanye no kwisiga amarange ku minwa, ku mibiri, ku nzara… n’ibindi byadutse byo
kwimakiya, Iki gitabo ku ipaje ya 278 kigira kiti “Bibiliya ihuza kwisiga irangi ku mubiri
n‟ubupagani n‟ubuhakanyi (2 Abami 9:30; Yeremiya 4:30). Ku bijyanye no gusukura umubiri
abakristo bagomba kugira uruhu karemano kandi ruzima. Ni duhimbaza Kristo mu byo tuvuga,
uko twambara, tuzakururira abantu kuri kristo.”

Iki gitabo kandi ku ipaje ya 277 gicyaha umuco mubi wo kwigana ab’isi wadutse mu matorero
kigira kiti “Ntabwo ari mu kwigana kubaho nk‟ab‟isi, abakristo bazarehereza abatizera ku gakiza
;ahubwo ni mu kubereka imyitwarire itandukanye n‟iyo , ibareshya kandi ibakurura cyane.”
Umuyobozi w’Itorero ry’Abadiventiste kandi yagize icyo avuga ku muhango wo kwambikana
impeta mu bukwe igihe abantu basezerana. Yagize ati “Mu bihugu bimwe na bimwe,
kwambikana impeta abantu basezerana mu bukwe ni itegeko, aho babifata nk‟iki-menyetso
gihamya ibitagaragara, iki gihe ntabwo kwambara impeta byafatwa nko kwambara imirimbo.
Igihe bimeze gutyo ntitwavuga ko ari icya-ha.”

Mu gusoza uyu Muyobozi yagize ati “Reka twibuke ko kwambara imirimbo atari byo bigaragaza
imico y‟umukristo, kereka nk‟uko mu 1 Petero 3.3-4 hagira hati “Umurimbo wanyu we kuba
uw‟inyuma, uwo kuboha umusatsi cyangwa uwo kwambara izahabu cyangwa uwo gukanisha
imyenda, ahubwo ube uw‟imbere uhishwe mu mutima, umurimbo utangirika w‟umwuka ufite
ubugwaneza n‟amahoro ari wo w‟igiciro cyinshi mu maso y‟Imana.”

Uyu muyobozi yashoje asaba abapasiteri n’abayobozi b’itorero guhaguruka bagacyaha uyu muco
mubi. Yagize ati “Ni ingenzi kuzirikana ko niba Amahame y‟Ibyo Abadiventiste Bizera, ndetse
n‟Indongozi y‟Itorero bishingiye ku Byanditswe, abapasiteri baba bakwiriye kwigisha abizera ya
mahame ya Bibiliya babishyizeho umwete n‟ubushishozi. Nizera ko abantu nibasobanukirwa aho
umurimbo nyakuri ukwiriye kuba, gukururwa no kwambara imirimbo bizata agaciro.
Ntitwakijijwe no kutambara imirimbo, ariko Imana iduhamagarira ko imibereho yacu yicisha
bugufi, ihinduka umuha-mya w‟Ubukristo bwacu.

Paul ati:” Ahasigaye bavandimwe, icyitwa ingeso nziza cyose n’igikwiriye gushimwa
cyose, n’iby’ukuri n’ibikwiye icyubahiro, ibitunganye n’ibiboneye, ibikundwa n’ibivugwa
neza abe ari byo muhoza ku mutima. Ibyo nabigishije rero n’ibyo nabagejejeho, ibyo
mwanyumvanyen’ibyo mwambonanye, ibyo byose mube ari byo mukora, kandi Imana
itanga amahoro izabana namwe.” Abafilipi 4 : 8,9

You might also like