Professional Documents
Culture Documents
By’Abakuze
Vol. 90, No 2
Mata - Kamena, 2014
“IBYIGISHO BYA BIBILIYA MU
Ibirimo ISHURI RYO KU ISABATO”
Ibyigisho bya Bibiliya mu Ishuri ryo ku Isabato, Ibi byigisho by’Ishuri ryo kw’Isabato
binaboneka mu kinyarwanda kuri iyi
Ni porograme y’ibyigisho bya buri munsi .
website:
Ibi byigisho by’Ishuri ryo kw’Isabato
bishingiye kuri Biblia n’Umwuka w’Ubuhanuzi gusa. www.sdarm.org/sbl
Kwiga byimbitse muri iki gihe giheruka bigomba
gushishikarizwa buri wese witegura kugaruka
ubwakabiri k’Umukiza wacu Yesu.
Ijambo ry’Ibanze
“Mbese mvuge kindi ki? Igihe cyandenga,mvuze ibya Gideoni n’ibya Baraki
n’ibya Samusoni n’ibya Yefuta n’ibya Dawidi n’ibya Samueli n’ibya
Abahanuzi,baheshejwe no kwizera gutsinda abami no gukora ibyo gukiranuka, no
guhabwa ibyasezeranijwe, no kuziba iminwa y’intare, no kuzimya umuriro
ugurumana cyane, no gukira ubugi bw’inkota, no gukurwa mu ntege nke,
bagahabwa imbaraga nyinshi, no kuba intwari mu ntambara, no kunesha ingabo
z’abanyamahanga. Abagore bahabwaga abo bapfushije bazutse, abandi bakicishwa
inkota ntibemere kurokorwa, kugirango bahabwe kuzuka kurushaho kuba kwiza.
Abandi bakageragereshwa gushinyagurirwa no gukubitwa ibiboko, ndetse no
kubohwa no gushyirwa mu mazu y’imbohe: bakicishwa amabuye, bagakerezwa
inkerezo, bakageragezwa, bakicishwa inkota, bakazerera bambaye impu z’intama
n’iz’ihene, banyazwe byose, bakababazwa, bakagirirwa nabi; yemwe, n’isi
ntiyar’ikwiriye ko bayibamo! Bazereaga mu mashyamba no mubihanamanga no
mu mavumo no mu masenga. Abo bose, n’ubwo bamaze guhamywa neza kubwo
kwizera kwabo, nyamara ntibahabwa ibyasezeranijwe, kuko Imana yatugambiriye
ikirushaho kuba cyiza, kigirango abo badatunganywa rwose tutari
kumwe.(Abaheburayo 11:32-40).
Imana ihe umugisha abigishwa bacu b’Ishuri ryo ku Isabato mugihe biga ibi
byigisho!
Icyiciro cy’ishuri ryo ku isabato cya General conference
Isiraeli i Kanani
“Yosuwa akiriho Abisiraeli bakoreraga Uwiteka,no mu gihe cyose
cy’abakuru basigaye Yosuwa amaze gupfa; abo abo nibo bari bazi neza
imirimo yose Uwiteka yakoreye Abisiraeli(Yosuwa 24:31)
a.Ni iyihe mvugo Bibiliya ikoresha yerekeza kuri abo bagorozi bo muri icyo
gihe cyo mu mateka y’itorero? Ni irihe jambo rikoreshwa mu kugaragaza
umurimo w’ivugurura ry’aba bagaragu b’Imana? Abacamanza 2:16, 18.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
Gidiyoni
“Nta kindi iyo n’inkota ya Gidiyoni mwene Yowasi, umugabo wo mub’Isiraeli:
Imana yamugabije Abamidiyani, n’ingabo zabo zose” (Abacamanza 7:14)
3. INKOTA YA GIDIYONI
a. Nyuma y’uko Gidiyoni yari yaraye ijoro afite ubwoba bwo guhura
n’Abamidiyani n’Abamaleki kandi nta cyari kubibuza, ni iki Uwiteka
yamubwiye mu rwego rwo kumwongeramo akabaraga? Abacamanza 7:9-
11.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
b. Ni iki Gidiyoni yumvanye abasirikare babiri bo mu banzi kandi ni iki
yahise abikoraho? Abacamanza 7:13-15.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Izo ngabo zari zisinziriye zahise zibyuka. Mu mpande zose zihise zihabona
urumuri rw’imuri zigurumana. Muri buri cyerekezo humvikana urusaku
rw’ikondera, ruherekejwe n’induru y’ibisumizi. Kuko bari bizeye ko bo bafite
imbaraga idasanzwe ibari ku ruhande, izo ngabo z’Abamidiyani zahise zitahwa
n’ubwoba. Maze bitewe n’izo nduru zidasanzwe bahise biruka bakiza amagara
yabo, maze, kuko bari batunguwe bitiranya ababo nuko batangira kwicana
ubwabo.” – Ibid., pp. 550-553.
Samusoni
“Maze Umwuka w’Uwiteka atangira gukoresha [Samusoni] kenshi”
(Abacamanza 13:25).
“Ntabwo yaruhije yibaza niba yaba ahesheje Imana icyubahiro mugihe yihuje
n’uwo yahisemo, cyangwa niba yaba yishyize ahantu hatatuma abasha gusohoza
umugambi wagombaga gusohozwa n’imibereho ye. Abashaka kubanza kuyihesha
icyubahiro, Imana yabasezeraniye ubwenge; ariko nta sezerano rihari ku
babogamira mu kwinezeza.
“Mbega ukuntu abantu benshi bagera ikirenge mucya Samusoni! Mbega ukuntu
ishyingiranwa rigenda rikorwa hagati y’abizera n’abatizera, kubera ko
amarangamutima ariyo usanga ayoboye ibintu mu gihe cyo guhitamo umugabo
cyangwa umugore!”- Ibid, p,563.
c. Garagaza ukuntu Samusoni yaje kugira imico itari ikwiye umuntu ufite
inshingano nk’ize z’umurimo w’ubugorozi. Ni gute inkuru ye ikunda
gusubirwamo kenshi n’abantu baba barahamagariwe kuba umucyo w’isi?
Gereranya Matayo 6:23 n’Abagalatiya 5:9; 1 Yohana 2:11.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Iyo tudahisemo kwiyegurira Imana byimazeyo, icyo gihe tuba turi mu
mwijima. Iyo tugize ukwizigama na guke twisigira tuba dukinguye umuryango
Satani yinjiriramo ngo atuyobeshe ibishuko bye. Azi neza ko mu gihe yijimishije
imirebere yacu, kuburyo amaso yacu yo kwizera atabona Imana, haba hatakiriho
inkomyi n’imwe itubuza icyaha.
“Gukomeza kwihambira ku cyaha bitera umutima kwizera ibinyoma. Ukwiroha
muricyo uko ariko kose gutera umutima kwanga Imana mu buryo bukomeye. Mu
kugendera mu nzira y’amahitamo ya Satani, tuyoborwa n’umwijima w’ikibi, kandi
buri ntambwe dutera ituyobora mu mwijima urenzeho kandi ikanongerera
umutima ubuhumyi. . . . .
“Binyuze mu gukomeza kwihambira ku gukunda ikibi, kwirengagiza urukundo
rw’ijuru abikuye ku mutima, umunyabyaha atakaza urukundo rwo gukora icyiza,
icyifuzo cyo kubona Imana, ndetse akanatakaza ubushobozi bwo kwakira umucyo
uturutse mu ijuru. Bwa butumire bw’imbabazi buracyuzuye urukundo, umucyo
uracyamurika kimwe nk’uko wamuritse bwa mbere ku mutima we; ariko ijwi
rivugira mu matwi apfuye ndetse n’umucyo ukamurika ku maso ahumye.” –
Thoughts From the Mountu of Blessing, p. 92.
4. ABAFIRISITIYA BARAMUJYANYE
a. Nubwo Imana yari ifite icyifuzo cyo gukiza Abisiraeli inyujije muri
Samusoni, ni ikihe gikorwa cyagaragaje guta agaciro kw’Abisiraeli?
Abacamanza 15:10-13. Ni nde ugomba kugawa bwa mbere mu buryo
bukomeye, igihe ibintu nk’ibyo bibaye mu bwoko bw’Imana? Yesaya
3:12; Matayo 15:14.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Hari abantu benshi bahagaze mu myanya y’inshingano, bigisha ikintu kimwe
maze bagakora ikindi. Mugihe bari imbere ngo bacire benese urubanza imico yabo
ikaba yuzuye amafuti mu maso y’Imana kuruta abo bari guciraho iteka no kunenga.
Aba bantu ni abayobozi b’impumyi bayobora impumyi, kandi n’abo bayoboye
bazarimbuka kereka nihabaho ukwihana nyakuri no kwaturira Imana kuvuye ku
mutima.” – Special Testimony to the Battle Creek Church, p. 13.
5. MU NTWARI ZO KWIZERA
Eli n’Abahungu Be
“Kandi bene Eli bari ibigoryi nti bari bazi Uwiteka” (1 Samweli 2:12).
1. UMWANA SAMWELI
b. Ni gute ibyigisho bya Eli byagize imbaraga n’ingaruka nini kuri Samweli?
Ni ikihe cyigisho urubyiruko rwacu uyu munsi rukwiye gukura kuri icyo
cyitegererezo cya Samweli?
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Samweli yari yarashyizwe ahantu hatuma yitabwaho na Eli, kandi igikundiro
cy’imico ye nacyo cyatumye urukundo rw’uwo mutambyi wari ushaje rujya kuri
we. Yagwaga neza, akagira ubuntu ndetse akanumvira. Eli wari ufite umubabaro
mwinshi cyane kubera imyitwarire idahwitse y’abahungu be bwite, yabonye mu
nshingano ze ikiruhuko n’ihumure ndetse n’imigisha. Samweli yari umuntu uzi
gufasha abandi kandi akanagira urukundo, kandi nta mubyeyi w’umugabo wigeze
gukunda umuhungu we kurusha uko Eli yakunze uyu muhungu. Byari ikintu
kihariye ko hagati y’umutware ukomeye w’igihugu n’umwana woroheje habamo
urukundo rushyushye. Uko Eli yagendaga agira ubumuga butewe n’ubusaza, kandi
anafite agahinda kenshi n’umubabaro bitewe no kutitwara neza kw’abahungu be
bwite, yarahindukiraga agasanga Samweli ngo abone ihumure.” – Abakurambere
n’Abahanuzi, p. 573.
c. Mugihe Eli yari afite agahinda atewe n’ingeso z’abahungu be, ni uwuhe
muburo Uwiteka yamwoherereje abinyujije mu muhanuzi, kandi
wagombaga gushimangirwa n’ikihe kimenyetso? 1 Samweli 2:27-30, 34.
……………………………………………………..………………………………………
“[Eli] yikururiye kutishimirwa n’Uwiteka kubwo kudacyaha icyaha no
kudahana umunyabyaha hakurikijwe ubutabera. Ntabwo yashoboye kuba umuntu
wiringiwe ko yarinda Isiraeli igakomeza gutungana. – Ibid., pp. 578.
Mu Minsi ya Samweli
“N’uko Abisiraeli bose. . . bamenya ko Samweli yarundukiye mu
muhanuzi w’Uwiteka” (1 Samweli 3:20).
2. AMASHURI Y’ABAHANUZI
4. SAWULI AGERAGEZWA
Umwami Dawidi
“Uwiteka abwira Samweli ati . . . . . . . Niboneye umwami mu bahungu [ba
Yesai]” (1 Samweli 16:1).
Imana yari iriho yigisha Dawidi ibyigisho byo kwiringira. Nk’uko Mose
yatorejwe umurimo we, niko Imana yari iriho itoza umuhungu wa Yesai kuba
umuyobozi w’ubwoko bwayo yatoranije.” – Patriarchs and Prophets, pp. 643,
644.
b. Ni ryari kandi ni gute Sawuli yatangiye kugaragaza aho afite intege nke
muri kamere ye? 1 Samweli 18:6-9.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Nta muntu n’umwe uri mu mahoro mu gihe abereyeho gushimisha abantu
gusa aho kubanza gushaka imbabazi z’Imana. Byari ibintu bya Sawuli kubanza
gutekerezwaho n’abantu neza; kandi iyo indirimbo mu gihe yaririmbwaga,
igitekerezo kinjiye muri uwo mwami kidahinduka ko Dawidi azigarurira imitima ya
rubanda maze agategeka mu cyimbo cye.” – Abakurambere n’Abahanuzi, p. 650.
3. DAWIDI AHUNGA
a. Ni mu buhe buryo abantu b’i Zifa bagambaniye Dawidi n’abatu be? Ni iki
cyabayeho kigakoma mu nkokora umugambi wabo? 1 Samweli 23:19, 20,
25-28.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
b. Mugihe Sawuli yirukanaga Abafilisitiya, agarutse gukurikirana Dawidi, ni
gute Dawidi yerekanye ko agira umutima mwiza? 1 Samweli 24:1, 3, 4, 8,
10, 15. Ni iki cyabaye igisubizo cya Sawuli kur’ibyo? Imirongo 16-20.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“[1 Samweli 24:9-11] Mugihe Sawuli yumvaga amagambo ya Dawidi yumvise
acishijwe bugufi cyane, maze ntiyagira ikindi akora uretse kwemera ukuri kwari
muri yo. Ibyiyumvo bye byarakomanzwe bitavugwa ubwo yatahuraga ko ubuzima
bwe bwari mu maboko y’uwo yashakaga kuvutsa ubuzima. Dawidi yamuhagaze
imbere afite umutima utamucira urubanza na gato. . . .
“Urwango rwahemberewe n’abantu baba barishyize mu butware bwa Satani
barugirira ubwoko bw’Imana rugenda ruhinduka rimwe rukavamo ubwiyunge
n’amahirwe, ariko iryo hinduka ntabwo rikunze kuramba. Nyuma y’uko abantu
bafite intekerezo mbi biyemeje gukora no kuvuga ibintu bibi ku bagaragu
b’Uwiteka, kumenya neza ko bari bari mu ikosa rimwe na rimwe bifata mpiri
ubwenge bwabo. Umwuka w’Imana uhangana nabo maze bakicisha bugufi imbere
y’Imana, n’imbere ya babandi bashakaga kugirira nabi, maze bagashobora
guhindura imyifatire yabo bari babafiteho. Ariko nanone igihe bongeye gukingurira
urugi ibitekerezo bibi, imishidikanirize ya kera irongera igakangurwa, urwango
basanganywe rukabyuka, maze bagasubira gukora imirimo mibi bari bihannye,
ndetse no mu bihe bari barateye umugongo.” – Abakurambere n’Abahanuzi, pp.
662,663.
2. INGARUKA ZISHARIRA
4. UBWIGOMEKE BWARAHOSHEJWE
Salomo
“Kuko turi impumuro nziza ya Kristo ku Mana, hagati y’abakira
n’abarimbuka.Kuri bamwe turi impumuro y’urupfu izana urupfu, ariko ku
bandi turi impumuro y’ubugingo izana ubugingo.(2 Abakorinto 2:15, 16).
“Mu ntera zari hagati mu ngendo ze akora hirya no hino, Yesu yatuye i
Kaperinawumu, ari naho haje kumenywa nk’[umudugudu yaturukagamo] (Matayo
9:1). Kuko aho hari ku nzira nyabagendwa iva i Damasiko igana i Yerusalemu no
mu Egiputa inagana ku Nyanja ya Mediterania, hakoreshejwe nk’ihuriro
ry’umurimo w’Umukiza. Abantu baturutse mu bihugu byinshi bagiye banyura muri
uwo mugi cyangwa bakahatinda ngo baharuhukire. Aho Yesu yahahuriye n’abantu
bo mu mahanga yose n’abo mu nzego zose, bityo ibyigisho bye byagejejwe mu
mahanga menshi ndetse no mu miryango.myinshi Muri ubu buryo buteye amatsiko
bwakanguriye abantu kwerekeza ku buhanuzi bwa Mesiya, amaso yerekejwe
k’Umukiza, kandi umurimo we washyikirijwe isi.” – Abahanuzi n’Abami, p. 73.
Ibyigisho Biva ku
Ikosa Ribabaje cyane
“Uko niko Abisiraeli bagandiye inzu ya Dawidi kugeza n’ubu” (2 Ngoma
10:19).
1. REHOBOWAMU
3. HABAHO KWIGABANYA
4. YEROBOWAMU
Umwami Asa
“Asa akora ibyiza bishimwa n’Uwiteka Imana ye” (2 Ngoma 14:2)
a.Ni gute umuhanuzi Azariya yibukije umwami Asa isoko yo gutsinda kwe?
2 Ngoma 15:1, 2, 7.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
3. “BINJIYE MU ISEZERANO”
4. AMAFUTI YA ASA
a. Ni ikihe cyigisho twakura mu ikosa rya kabiri rya Asa? Imigani 10;17;
15:10.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Mu cyimbo cyo kwicisha bugufi imbere y’Imana kubw’ikosa rye, ‘Asa
yarakariye cyane bamenya’ (2 Ngoma 16:10).” – Prophets and Kings, p. 113.
“Hazahoraho abagabo n’abagore basuzugura imiburo kandi bafite ibyiyumviro
byo guhagurukira kuyirwanya. Ntabwo tunezezwa no kubwirwa amafuti yacu. Mu
buryo bwose aho gucyahwa bikenewe, hazabaho abantu birengagiza rwose ko
Umwuka w’Imana yababaye cyane kandi ko umurimo we wakojejwe isoni. Abo
bazumva bafitiye impuhwe abagomba gucyahwa kuko ibyiyumviro bya kamere
bizaba bibabajwe. Izi mpuhwe zidatunganye zishyira uzifite mu mwanya
w’ubufatanyacyaha na wawundi ugawa.” – Testimonies, vol. 3, p. 359.
“Umuremyi wacu akaba n’Umutegetsi wacu, ufite umbaraga zitarondorwa,
akaba ateye ubwoba mu manza, ashakisha mu buryo bwose uko abanyabyaha
babona kandi bakihana ibyaha byabo. Akoresheje iminwa y’abagaragu be, atangaza
mbere y’igihe akaga ko kutumvira; arangurura ijwi ry’imiburo kandi akanagaya
icyaha mu butungane. Ubwoko bwe bukomezwa mu mahirwe gusa kubw’imbabazi
ze, binyuze mu bushishozi bwitondewe bw’abatoranirijwe kuba ibikoresho bari
maso. Ntabwo atsindishiriza abo gutsindwa cyangwa ngo yite ku bantu banga
inama ze kandi bakanasuzugura gucyaha kwe.” – Prophets and Kings, p. 425.
“Nimureke dushime Uwiteka kubw’imiburo yaduhaye ngo adukize inzira zacu
zifutamye.” – Abakobwa n’Abahungu b’Imana, p. 260.
Umwami Hezekiya
“Ariko Hezekiya ntiyitura ubuntu yagiriwe kuko yiyogeje mu mutima we”
(2 Ngoma 32:25).
a. Ni iki Imana yiteze kuri buri muntu ukurikiye Kristo by’ukuri? Yakobo
2:12.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
b. Ni iki kizadukura imbere y’intebe y’imanza y’Imana tubuze urwitwazo?
Abaroma 2:1-3.
……………………………………………………..………………………………………
……………………………………………………..………………………………………
“Buri munsi mu mibereho yacu huzuyemo inshingano tugomba kwikorera.
Buri munsi amagambo yacu n’ibikorwa byacu bigira ishusho bigaragaza mu maso
y’abo twifatanya nabo. Mbega ukuntu twari dukeneye kurinda no kwitondera
intambwe zacu bikomeye cyane! Igikorwa kimwe cy’ubuhubutsi, intambwe imwe
itarimo ubushishozi, n’imiraba yiyongeranya y’ibishuko runaka bishobora kujyana
umutima mu nzira igana ikuzimu. Ntabwo dushobora kongera kubibura
ibitekerezo twabibye mu mitwe y’abantu. Niba byari bibi, dushobora kuba
twarahagurukije igare ry’umuriro mu mibereho runaka, imiraba y’ibibi, tudafitiye
ubushobozi bwo guhagarika.
“Ku rundi ruhande, niba dufasha abandi kugira amahame mazima, tuba
tubahaye imbaraga zo gukora neza. Nuko nabo bakaza kugaragaza iyo myitwarire
myiza ku bandi. Bityo amagana n’ibihumbi bigafashwa n’imyitwarire yacu itavuye
ku maranga mutima. Abakurikiye Kristo nyakuri bakomeza imigambi yo gukora
neza y’abo bahuye nabo bose. Imbere y’isi itizera kandi ikunda gukora ibyaha,
berekana imbaraga z’ubuntu bw’Imana no gutungana kw’imico yayo.” – Abahanuzi
n’Abami, p. 348.
“Mu buryo burenze cyane uko tubigenza, dukeneye kuvuga ku bihe by’agaciro
byaranze imibereho yacu.” – Ibid., p. 299.
2. IMPANURO ZASUBIWEMO
3. GUTENGUHWA GUKOMEYE
3 Gicurasi
azagenerwa Umurimo
kw’Isi yose
(Reba p. 25)
7 Kamena
azagenerwa Andhra
Pradesh, mu Buhindi
(Reba p. 46)