Professional Documents
Culture Documents
1
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
AMASHAKIRO
2
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Mu nyandiko zo muri icyo gihe harimo ibihamya byinshi byerekana ukuri kwa
Madamu White kurega imideri yari igezweho mu myambarire y’abagore. Hafi
imyaka itatu mbere yaho, umuvugizi w’abarwanya ihohoterwa rishingiye ku
gitsina, ubwo yavuganaga n’imbaga y’abantu benshi bari bateraniye i
Washington DC, yatanze ikirego gikurikira ku bijyanye n’ingaruka ndetse
n’iyicarubozo rikorerwa abagore:
“Imyambarire y’abagore iteguye ku buryo iba itanogeye ijisho kandi igarara ko
ari umutwaro, kuburyo iyo basohotse hanze baba bari mu kaga gakabije. Iyo
baramutse barenze umuryango bashobora kwanduza ibirenge byabo kandi
amajipo yabo akuzura umukungu uko batambuka, maze bakisanga amaguru
n’amaboko byabo biba bitarinzwe bikonjeshejwe n’umuyaga. Igihe bifuza
kugenda, bagomba gutegereza kugeza ubwo ikime kivuye ku byatsi, kandi
ubushyuhe bwinshi bw’izuba ryo mu mpeshyi bwamururaho umumaro waryo.
Igihe bakora mu murima, hakoreshwa imbaraga nyinshi ku myambaro kuruta
izikoreshwa ku bimera, kuko bataba bambaye mu buryo butuma bashobora
kugenda mu buryo bworoshye, ahubwo [ijipo] iba igomba kuzamurwa
igahagatirwa mu maboko yabo, mu gihe bakoresha ibiganza byabo. Igihe bagiye
ku isoko baba bagomba kugenda bahagatiye imyambaro kimwe n’agatebo
[bahahiramo], kuko imyambaro yabo iba ikubura urume, ivumbi, ibyondo,
cyangwa urubura. Mu gihe batwaye igare [cyangwa indogobe] baba bagomba
guterurwa bagashyirwa mu igare, mu gihe bo baba bitaye ku majipo yabo, ndetse
yemwe n’igihe [amagare] afashwe, maze bakaba bagomba kuyavamo kugira go
yoroherezwe; kandi n’iyo kubw’impanuka, hagize akaga kagera ku buzima
bwabo cyangwa ku maguru n’amaboko yabo bari mu igare cyangwa bahetswe
n’indogobe, birushaho kubakomerera inkubwe cumi kubera bene iyo myambaro
ibabuza gutambuka….
“Iyo bahindukiye bakagera mu ngoro iririmbishijwe ibibabi y’ibyaremwe, kugira
ngo bagire ibyo bigira gukora ku byaremwe, baba bagomba kwizengurukaho
bakubita hirya no hino kuri buri gihuru na buri giti, bakamarira igihe cyabo
mu kwita ku myambaro aho kwishimira ibyaremwe; ndetse iyo bageze ahantu
hari akazitiro umurima uri hakurya aba ari urubuga badashobora kugeramo
nubwo haba harimo indabyo nziza z’akataraboneka. —Ellen Beard Harmon,
Dress Reform: Its Physiological and Moral Bearing, (a lecture delivered at the
Y.M.C.A. Hall, Washington, D. C., February 10. 1862, pp. 10, 11; New York: Davies
and Kent, 1862).
Mu gihe gisaga imyaka irenga icumi, amajwi yo guhakana yakomeje kujya
yumvikana arwanya imyambarire y’ubuturage [cyangwa kudasirimuka], yangiza
ubuzima abagore bari barategetswe n’abari bashinzwe kugena iby’imideri.
3
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
4
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Hamwe n’uko kurwanya imyambarire yari iri kuba gikwira, ntibitangaje kuba
umwe mu bagize Inama Nkuru yarahaye uburenganzira umukobwa we Madamu
Elizabeti Mileri, abikuye ku mutima kwambara imyenda isa n’iy’Abanyaturikiya.
Bwana Mileri na we yarabyemeye, kandi ashyigikira cyane imyambaro
y’umugore we itangaje, ariko kandi byumvikana muri Leta zunze Ubumwe za
Amerika. Iyi myambaro yabaye inkuru igezweho mu itangazamakuru ryo muro
icyo gihe.
Nyuma yo kwambara iyo myambaro mu gihe cy’ameze agera kuri atatu, madamu
Mileri yagiye i Seneca Falls, ho muri New York, gusura mubyara we, ari we
Madamu Elizabeth Cady Stanton, umwe mu bagore bari bubashywe bo muri iki
gihugu kubera umuhati we mu mimimo y’abagore. Uko bigaragara, inyungu zo
kugira umudendezo no kumva uguwe neza mu myambaro Madamu Mileri yari
yambaye, yakoze ku mutima wa mubyara we cyane, kuko bidatinze yahise
yambara umwambaro ukozwe mu buryo nk’ubwo.
Nyuma yaho Madamu Amelia Bloomer yinjiye muri uwo mikino. Yari atuye muri
Seneca Falls, akaba ari nawe wakosoraga [inyandiko] y’ikinyamakuru cy’abagore
cyitwa ‘The Lily’ cyasohokaga buri kwezi. Amaze kubona ko iyo myambaro ari
mishya, yarayikunze cyane, maze bidatinze aba uwa gatatu mu bagize itsinda
ry’abatatu baharanira ko imyambarire yahinduka. Mu igazeti ye yo muri
Werurwe, 1851, yasobanuye kandi ashimagiza iyo myambaro, maze mu kwezi
kwakurikiyeho atangaza uko nawe ubwe yayakiriye, agira ati:
“Basomyi bacu, nimuterebe uko tumeze ubungubu, mu mwambaro mugufi
n’imapantalo, nuko maze niba mubikunze, mugaragaze amaranga mutima
yanyu kuri iyi ngingo—mushime cyangwa mugaye, mubyemere cyangwa
mubicireho iteka, uko mwumva bibanogeye. Twamenyereye ibyo byombi kandi
nta cyitaweho nk’ibitekerezo byanyu.”—The Lily, April, 1851.
5
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Madamu Bloomer kirya gihe nta gitekerezo yari afite cyo gukurikiza burundu
modeli nshya y’imyambarire, ntiyatekerezaga ko igikorwa cye cyajyaga kurema
ibinezaneza mu isi yose yateye imbere; cyangwa ko izina rye ryajyaga kwitirirwa
imyambaro. Yahoraga atangaza ko icyubahiro nk’icyo cyakagombye kuba
cyarahawe madamu Mileri. Itangazamakuru rusange ryakwirakwije kure cyane
ako gashya nk’uko amakuru y’ibirungo [akwira kwira hose]. Nyuma yo kwandika
inkuru y’ibyabaye mu kinyamakuru cyo muri Chicago, Madamu Bloomer
yatanzeho igitekerezo agira ati:
“Narahagaze ntangazwa n’uburakari nateje ntabishaka. Ikinyamakuru The New
York cyasohoye itangazo rya mbere nabonye ryerekeye igikorwa cyanjye. Ibindi
binyamakuru byarisamiye hejuru maze birarihanahana. Kungurana ibitekerezo
kwanjye kose byabaga bifite icyo bivuze. Bamwe barashimagizaga, abandi
bakannyega, bamwe barashimiraga, abandi barabigayaga kandi
bakabyamagana. ‘Ububulumerizime’,‘Ububulumerayiti’, ‘Ababuluma’
(‘Bloomerism’, ‘Bloomerites’, ‘Bloomers’) ni yo yabaga ari imitwe y’inkuru
nyinshi, ingingo, n’inyandiko z’ibinyamakuru….
“Bimaze kumenyekana ko ndi kwambara imyenda mishya, naje
guhundagazwaho amabaruwa aturutse mu bagore babarirwa mu magana, bo
mu gihugu hose; babaza kuri iyo myambarire ndetse bakanabaza uko ikoze—
ibyo byanyeretse uburyo abagore biteguye kandi bakaba bafite ishyushyu ryo
kwiyambura umutwaro w’amajipo maremare aremereye.” —Quoted by her
husband, Dexter C. Bloomer, Life and Writings of Amelia
Bloomer, p. 68 (Boston: Arena Publishing Company,
1895).
Muri Kamena, madamu Stanton, madamu Bloomer, hamwe n’abandi bagore
bane cyangwa batanu bagaragaye muri iyo myambaro igihe bari bitabiye inama
y’iby’iuby’ubuzima ku kigo nderabuzima cya Dr. Jackson; icyo kigo nyuma
kikaba cyaraje kuba ahitwa i Glen Haven, muri New York. Umudeli munshya
w’imyambarire washyizwe kuri gahunda y’ibiri buze kuganirwaho, maze Dr.
Harriet Austin, umuganga wungirije muri icyo kigo; arahinduka. We na Dr.
Jackson barigaruriwe bafatwa nk’abavugizi bashishikaye bafitiye ishyaka
ubugorozi [bw’imyambarire]. Nk’abanditsi b’ikinyamakuru ‘Water Cure’ ndetse
n’icyagisimbuye cyitwa ‘The Law of Life’ bari bari mu mwanya wo kuba
bibimenyakanisha bikagerakure cyane. Mu myaka itari mike wasangaga
ikinyamakuru cyabo gisa naho cyananiwe kwemeza abantu kuyemera, cyangwa
ngo gitange ubuhamya bwatanzwe n’abasomyi b’abanyamuhate ko hari icyo iyo
myambarire yamariye ubuzima bwabo. Nyamara imiterere y’imideri yahinduwe
6
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
7
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
8
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
9
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
10
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
11
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Muri iki gihe, birashoboka ko abagore bambara ibisa neza, mu buryo bworoheje,
budahenze, kandi butuma bagira ubuzima bwiza, bitabaye ngombwa ko
bitandukanya cyane bikabije n’imyambarire yemewe.
12
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
13
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
14
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Ku bigendanye n’ibyo yeretswe muri icyo gihe, Madamu White yaranditse ati:
“Nabonye ko bamwe mu bavuga ko bakomeza Isabato bamara amasaha arutwa
n’ayatakaye, biga umuderi uyu cyangwa uriya yo kurimbisha imibiri
y’impezamajyo kandi ipfa. Mu gihe mutuma mugaragara nk’ab’isi, kandi
mukigira beza uko mushoboye kose, mwibuke ko uwo mubiri mu minisi
ushobora guhinduka ibyo kurya by’inyo. Kandi igihe uwushyiraho imitako
ikunejeje kugira ngo unezeze amaso, uba uri gupfa mu by’umwuka… Nabonye
ko uko umuntu agaragara inyuma ari ikimenyetso cy’uko umutima umeze. Igihe
inyuma hanagana udushumi tubengerana, amakola, n’ibindi bintu bidakenewe,
bigaragaza neza ko gukunda ibyo bintu byose ari ko kuzuye mu mutima, kandi
keretse gusa aba bantu nibezwaho kwangirika kwabo, naho ubundi
ntibashobora kubona Imana, kuko abafite imitima iboneye gusa ari bo bazabona
Imana.” —Testimonies for the Church vol 1 p.134, p.136
Ni uko igihe kiragera hashyiraho amahame rusange akwiriye kuyobora
Umukristo ushaka gukurikiza itegeko ry’intumwa ryo kwirinda “gukunda
iby’isi”. Amagambo ya mbere yo kwamagana uburyo runaka bw’imyambarire
dusanga mu bitabo byacu by’itorero, ari mu kinyamakuru “Urwibutso
n’Integuza” cyasohotse ku wa 05 Kanama 1858, aho umukuru J. Byington
atanga ibisobanuro bikurikira mu buryo bumeze nk’ikibazo ariko bunatanga
umwanzuro:
“Mbese imyenda y’amaboko maremare ku misozo, n’ibikubwe, cyangwa
amakanzu maremare ataratse ariho imitako (Yesaya 3:18), yaba ariyo myambaro
iboneye? [kandi n’abagaore ni uko ndashaka ko bambara imyambaro ikwiriye,
bakagira isoni birinda, kandi batirimbisha kuboha umusatsi, cyangwa izahabu
cyangwa imaragarita, cyangwa imyenda y’igiciro cyinshi.] (1Timoteyo 2:9). Niba
ari ko biri, nibitegekwe itorero ryose muri rusange.—The Review and Herald,
August 5, 1858.
Abagore bane gusa, uko bigaragara nibo bagize ubutwari bwo kugira icyo bavuga
kuri icyo kibazo, hamwe n’ingaruruka zacyo. Abo bose bahurije hamwe mu
kwamagana uburyo bwa mbere, kandi batatu bahurije hamwe ko kwambara
amakanzu maremare ataratse kandi ariho imitako agenda akubura inzira bwari
uburyo “butabareye abagore bavuga ko bubaha Imana.” Ariko kandi umwe muri
bo yagaragaje igitekerezo cye cy’uko ayo makanzu maremare ataratse kandi
ariho imitako agenda akubura inzira ntacyo yari atwaye kandi ashobora kuba
yategekwa itorero muri rusange muri iki gihe cy’umwaka, iramutse ikoreshejwe
mu rugero.” — The Review and Herald, September 23, 1858.
15
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Mu mpera z’umwaka w’i 1861, Madamu White yavuze iby’icyo kintu kidasanzwe:
“Neretswe ko amakanzu maremare ataratse kandi ariho imitako agenda akubura
inzira ari ikizira, kandi ko imbaraga ihindura ya buri muntu wese uruhuka
Isabato yagombye kuba ugucyaha kwerekeza kuri uyu mudeli uteye ipfunwe,
wari warabaye indorerwamo yo gukiranirwa.” —The Review and Herald, August
27, 1861.
Amakanzu maremare ataratse kandi ariho imitako agenda akubura inzira
yakomeje kwamaganwa kenshi mu kinyamakuru cy’itorero, cyamaganwa
n’abagabura n’abalayiki. Imyifatire y’itorero muri rusange yo kubirwanya
igaragarira mu ibaruwa yanditswe n’umugore, akaba yaranditse ku nararibonye
y’ibyamubayeho igihe yemeraga ubwo butumwa. Mu materaniro yabereye mu
ihema, yabajije mushiki wacu umwe mwiza niba yarashoboraga kuba
Umudiventisiti kandi agakomeza kwambara amakanzu maremare ataratse
kandi ariho imitako agenda akubura inzira. Igisubizo yatanze ahakana
cyamuteye guhamya ko we atashoboraga kuba umwizera [wacu] iyo biza kuba
ari uko bimeze. Ariko na none, nyuma yo kumva icyigisho cyigishijwe
n’Umukuru Waggoner ku byerekeranye n’imyambarire, yafashe umwanzuro
w’uko “agiye kubireka burundu niba ari byo bishimishije mu maso y’Uwiteka.”
—The Review and Herald, April 28, 1863.
16
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Ingaruka mbi zigaragara z’imyambarire igezweho yo muri icyo gihe [cya kera],
zatangiye kwitabwaho muri iki gihe. Munsi y’ingingo ifite umutwe uvuga ngo:
“Ibiganiro ku Buzima” hagaragayemo ingingo ebyiri, zombi zari zatoranyijwe mu
nyandiko za Dr. Dio Lewis wo muri Boston. Mu ngingo ya mbere yasohotse ku
wa 25 Ugushyingo 1862, yagaragaje ingaruka mbi z’imyambaro itikwije
idafubitse amaguru n’amaboko, naho mu ngingo ya kabiri yasohotse ku wa 25
Gicurasi 1863; yamaganye imyenda umuntu yambara ikamuboha cyane, kandi
asaba ko ikanzu igomba kuba ikwiye [uyambaye] ndtse ikaba irekuye kandi
ikaba ituruka ku ntugu aho kugira ngo [uburemere bwayo] bube bwikorewe
n’igice cyo hasi ku bibero. Nubwo “Abaharanira ivugurura mu myambarire”
bashyigikiye “Imyambarire ya Kinyamerika”; bagize imbaraga nkeya ihindura
ku Badiventisiti b’Umunsi wa Karindwi, kandi bake gusa muri bo nibo
bayakiriye.
Kuba Abanyamyuka benshi baremeye ibyahimbwe na Bloomer cyangwa
‘Imyambarire ya Kinyamerika’ kandi bakayambara mu materaniro yabo,
byayihaye isura mbi mu maso y’abakristo benshi b’imitima itaryarya. Ubu
ngubu iyo myambaro yarahinduwe iba migufi cyane ugereranyije n’igihe
yazanwaga bwa mbere, ubu ngubu iba ijya kugera ku mavi, cyangwa hejuru
yaho, kandi ibyo bituma iba igayitse kuko iba itiyubashye.
Byari biturutse ku mpamvu zo kwiyoroshya n’uburyo bwiza, ubwo Madamu
Ellen G White yavugaga bwa mbere ku “Myambarire ya Kinyamerika”. Mu
mwaka w’i 1863, mu nyandiko ivuga “Imurimo mu Burasirazuba”; aho bamwe
bari barafashe imyanya ikabije y’ubuhezanguni; maze abandi bakajya mu
bwaka, yagize ati:
“Imana ntishaka ko ubwoko bwayo bukurikiza iryo ngirwa-vugurura
ry’imyambarire. Ni imyambarire itarangwa no kwicisha bugufi, ni imyambaro
idakwiriye rwose abayoboke ba Kristo biyoroheje kandi b’abagwaneza.” —
Testimonies for the Church Vol 1 p.421
Mu kugaragaza icyo Ibyanditswe bivuga birwanya iyo myambarire
y’ubuhezanguni, na none yaranditse ati:
“Nabonye ko itegeko ry’Imana ryacuritswe, kandi amabwiriza yayo yihariye
asuzugurwa n’abahitamo gukurikiza imyambarire y’abanyamerika. Nabwiwe
kwita ku magambo aboneka mu Gutegeka kwa kabiri 22:5 ngo: ‘Umugore
cyangwa umukobwa ntakambarane n’umugabo, kandi umugabo ntakambarane
n’umugore, kuko ukora atyo wese ari ikizira Uwiteka Imana yawe yanga
urunuka.’” –Ibid
17
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
18
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
“Hariho urwego rwo hagati na hagati ku bijyanye n’ibi bintu, Icyampa twese
tugakorana ubwenge mu gushaka urwo rwego kandi tukarugenderamo.” —
Testimonies for the Church vol 1 p.424.
19
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
20
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Ku bantu bashobora kwanga bene iyi myambarire ngo kubera ko yaba ishaje
itakijyanye n’igihe, Madamu White yarasubije ati:
“Bitwaye iki se? Nifuza ko twakabaye abagendera ku byakera mu bintu byinshi.
Iyaba twarimbishwaga imbaraga nk’izaranze abagore birimbishaga bo mu bihe
bya kera, [ibya kera] byakabaye ibyo kwifuzwa cyane.” – Ibid, p.64.
Yasabye akomeje ko n’ubwo isi yose yagaragara nk’iyitandukanyije nabo
by’ihabya, abagore “bagomba kugaragaraza ukwihagararaho, kandi bakagira
ubutwari bwo kuba abanyakuri,.”–Ibid p.61, p.62.
“Abakristo ntibagomba kwibabaza ngo bihindure ibishungero kubwo kwambara
bitandukanye n’ab’isi. Ariko, mu gihe kubihuza no kwizera kwabo n’inshingano
yabo mu kuba bagomba kwambara imyambaro icirirtse kandi itabangamira
ubuzima, bazisanga basigaye inyuma, ntabwo bagommba guhindura
imyambarire yabo kugira ngo bakunde base n’ab’isi.” – Ibid, p.61.
Uko ni ko byari biri igihe Umukuru White na Madamu White basuraga ikigo cya
Dr. Jackson i Dansville, muri New York. Bari barahisemo uruhande rurwanya
amakanzu ataratse maremare kandi ariho imitako myinshi. Madamu White yari
yaravuze arwanya ikoreshwa ry’Imyambarire ya Kinyamerika kubera
ukutabonera kwayo, no kuba isa n’imyambaro y’abagabo, ikaba inyuranije
n’amabwiriza y’Ibyanditswe Byera, kandi bitewe n’urwikekwe iyo myambaro
yajyaga guhagurutsa rwo kurwanya abari bafite ukuri gukomeye bagomba
gushyikiriza isi. Yamaganye imyambaro miremire cyane bikaje, maze asaba ko
bakwambara imyenda migufi bihagije ku buryo buri gihe inzira iba igaragara
neza. Kandi yasengaga asaba ko ubwoko bw’Imana bwabona umwanya ukwiriye
w’imbera-byombi muri ibi bintu.
21
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
Mu gihe cy’ibyumweru bitatu bamaze mu kigo cyitwa Our Home, Madamu White
n’umugabo we babonye amahirwe yo kwitegereza neza umuderi w’imyambaro
yari yavuzeho mbere ko idakwiriye Abadiventisiti b’Umunsi wa Karindwi.
Binyuze mu byigisho n’inyandiko byashyizwe hanze na Dogoteri Jackson na
Dogoteri Austin, bagize amahairwe yo kurushaho kubona impamvu zatumye [iyo
myambaro] yakirwa. Nyamara ntibigeze berekezwa ku guhindura inama bari
baratanze mbere y’aho ivuga ko itari ikwiriye abagore b’Abadiventisiti b’Umunsi
wa Karindwi. Icyakora biragaragara ko bemejwe mu mitima yabo ko bagomba
kugira umwete wo gushaka umwambaro uzaba ari mwiza mu buryo bwose
utangiza ubuzima kandi ukaba utarimo ibintu bigayitse byo mu “Myambarire ya
Kinyamerika”. Umukuru White yagaragaje ibitekerezo bye muri ubu buryo
bukurikira:
“Mu kigo cyitwa Our Home, abantu b’igitsina-gore bambara ikimenyerewe muri
rusange nk’ikanzu ngufi, ikaba ikunze kwambarwa mu buryo bukabije
n’abagore batagira isoni kandi buzuye ugushidikanya bakoreshwa n’imyuka
y’abadayimoni. Ibi bintu bigira ingaruka zikomeye z’urwikekwe mu mahanga ku
nyungu z’agaciro katagereranywa k’ibyiza by’iki kigo. Tuzi amahame atuma
habaho ikumirwa ry’imyambarire y’abagore iriho muri iki gihe, kandi dushaka
umuti uzakemura icyo kibazo ku buryo umutegarugori niyambara ab’isi
bamubona nk’umugore, ndetse ibyo bikamurinda gusekwa n’abantu kandi nawe
ntibigire icyo bimutwara. Ariko rero dufite impamvu zikomeye zirwanya ko
imyambaririre y’umugore yaba miremire bikabije, ku buryo bituma yitwa
umukubuzi w’umuhanda, kandi twemera cyane ko ibibi biri mu myambarire
ye bishobora gukurwaho mu buryo bwuzuye hatabaye gukoresha uko gukabya
uko twagiye duhamya rimwe na rimwe.
22
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
23
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
bari barakabije kwambara imyenda migufi kugira ngo bazinure kandi batere
urwikekwe abantu beza, ndetse bangiza ku rwego rukomeye cyane imbaraga
yabo ihindura abandi. Uyu ni wo mudeli n’impinduka ziterwa n’ “Imyambarire
ya Kinyamerika”, yigishwa kandi yambarwa na benshi ku kigo cya Our Home
kiri i Dansville, muri New York. Iyo myambaro ntabwo igera ku mavi. Ntabwo
nshaka kuvuga ko uyu mudeli w’imyambaro naweretswe ari mugufi bene kariya
kageni.
“Itsinda rya gatatu ryanyuze imbere yanjye rifite mu maso huje ibinezaneza,
kandi ubona babohotse batera intambwe irambuye. Imyambaro yabo yari afite
uburebure nk’ubwo nari naravuze ko ari bwo bukwiriye, yoroheje kandi itangiza
ubuzima. Yabaga igaragaza imyanda yo mu muhanda neza n’inzira
y’abanyamaguru muri sentimetero nkeya mu buryo bwose haba mu gutera
intambwe zizamuka cyangwa zimanuka. ” — The Review and Herald, October 8,
1867.
24
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
“Muri Nzeri 1865, Madamu White yambaye bene iyo imyenda, yayambaye igihe
runaka, “uretse mu materaniro, mu mihanda yuzuye abantu yo mu midugudu
no mu mijyi, no mu gihe yabaga agiye gusura bene wabo babaga bari kure.” –
Ibid.
Nyuma y’igihe runaka, yatangiye kujya ayambara ahantu hose n’igihe cyose.
Urugero rwe rwahise rukurikizwa n’abagore benshi b’Abadiventisiti b’Umunsi wa
Karindwi bo mu Majyaruguru ya Michigan, ndetse hagiye haza amabaruwa
menshi atagira ingano abaza ibibazo yabaga aturutsemu bice byinshi
bitandukanye. Igihe yabonaga ko bamwe bari bakomeje kwibanda kuri icyo
kibazo, nk’ingingo y’ingenzi cyane, yayobowe ku kwandika ati:
“Ivugurura ry’Imyambarire ryari riri mu bintu byoroheje byari bigiye gutuma
habaho ivugurura rikomeye mu by’ubuzima, kandi ntiryagombaga na rimwe
kuba ryarahatiriwe [abantu] nk’ukuri ko kubagerageza ngo bahabwe agakiza.
Byari umugambi w’Imana ko mu gihe gikwiriye, mu buryo bukwiriye, abantu
bakwiriye bagomba kugaragaza inyungu z’iryo vugurura ko ari umugisha, kandi
bagasaba ko habaho gusanisha no guhuza kw’ibikorwa.” – Ibid
Ugushyigikira ivugurura ry’imyambabarire ritera amagara mazima kwa Madamu
White, ryaje nyuma y’imyaka cumi n’itatu madamu Miller, madamu Stanton, na
madamu Bloomer, batangije inkubiri y’ivugurura mu myambarire muri Leta
zunze Ubumwe z’Amerika. Hari ahantu hake cyane muri icyo gihugu hatari
harumvikanye amajwi y’incuti zaho. Iyo nkubiri yari yarashyigikiwe n’abantu
bashoboye kandi bubahwaga, ariko kandi habonetse n’ababanenga
n’ababasebya. Ibihumbi byinshi by’abagore bishimiraga umudendezo n’ubuzima
bishya byari bimaze kuboneka. Nyamara kuri ibyo byiza byose byari byaravuzwe
[kuri iyo myambarire] bayishima, Madamu White yagaragaje impamvu zihagije
yari yareretswe zituma iba idakwiriye kwambarwa n’Abadiventisiti b’Umunsi wa
Karindwi, maze yiyemeza gufasha bagenzi be b’abakristokazi kubona no kwakira
umwambaro uhuje n’uwo yeretswe, umwe uzarinda ubwaka n’ibindi
bidashimishije by’imyambarire ivuguruye yari yamamaye, ariko kandi ukaba
uha umuntu umudendezo wo gukora icyo ashaka kandi ukaba utabangamira
ubuzima mu buryo bwose. Bityo rero, ntabwo yari arimo gutangaza kandi ngo
anatangize uburyo bw’imyambarire yari iteye isoni kandi idasanzwe ku buryo
yashoboraga kunengwa; nk’uko bamwe mu bantu bagiye babivuga mu myaka
yakurikiyeho mu buryo busa n’aho bwumvikana ku bantu batazi impamvu zari
zaragaragajwe hano.
25
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
26
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
27
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
1
Amagambo asoza
Interuro: Abantu bamwe bashobora kubaza bati, “Mbese Uwiteka ajya amanura ibipimo bye kugira ngo
akunde ahuze n’ibyo abantu bashaka n’inzira zabo?” Umukuru G.I Butler, igihe yavugaga ku ivugurura
mu myambarire, yasubije iki kibazo mu buryo bukurikira:
“Uwiteka yemera guhuza ibyo asaba n’inzira z’abantu, kabone n’igihe we aba yifuza ko bakora mu bundi
buryo kandi bwiza. Nubwo atabikora buri gihe, cyangwa akabikora bitewe n’ibyo asaba, cyangwa akabikora
muri rusange, nyamara ku ngingo z’ibabazo by’igihe gito n’ibyo kuba umuntu yagera kucyo yifuza aho
Imana iba yarategetse inzira nziza, ijya ibareka bagakurikira amahitamo yabo bwite, nubwo buri gihe
bigaragara ko bibazanira inyungu nkeya kurenza uko bakabaye barakoze bakurikije ubuyobozi bwayo.
Turasaba kwemeza ibi mu buryo bukomeye bwo kubihakana cyane
Icyo Imana yakoreye Abisiraheli kubwo kwifuzaga inyama ubwo bivovoteraga manu (Soma Kubara igice cya
11), n’igihe yahaga Abisiraheli umwami igihe bari babyifuje, nubwo ibyo bitari umugambi w’Imana wa
katanga ka mbere (Soma igitabo cya 1Samweli igice cya 8.)
28
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
*******
29
Abadventiste b’Umunsi wa Karindwi n’Ivugurura mu Myambarire
30