You are on page 1of 47

IYO ABATIZERA

KIMWE
BASHYINGIRANYWE

By Edison HABIYAREMYE
0788549539 & 0738829694
habiyaremye@gmail.com
Umuryango wose ugizwe
n‟umugabo, umugore
n‟abana.
Umuryango ni igihangano
cy‟Imana kandi
irawukunda cyane.
Umuryango uba umugisha
ku bawugize iyo bemeye
kuwushyira mu maboko
y‟Iyawuhanze.
Ibi bigerwaho iyo abasore
n‟inkumi guhera mu buto
bwabo batojwe kuyoborwa
n‟Imana kuri buri ntambwe
harimo ni iyo guhitamo
abo bazubakana
umuryango.
Satani yamanukiye
umuryango ngo
awusenye, nyamara
Yesu yaramanutse,
aramanikwa ngo
awusane awubake.
Niyo mpamvu Satani
akora ibishoboka
byose ngo yitambike
mu mishinga tugira yo
kubaka umuryango
uhamye kuko azi neza
ko ariho Imana ihera
igarura ishusho yayo
mu bwoko bwayo!
Itangiriro 1:27,28
“Imana irema umuntu ngo agire
ishusho yayo, afite ishusho y‟Imana
ni ko yamuremye, umugabo
n‟umugore ni ko yabaremye. Imana
ibaha umugisha, Imana irababwira
iti: „Mwororoke mugwire, mwuzure
isi, mwimenyereze ibiyirimo.”
Ugushyingiranwa
kw‟abakristo n‟abatizera:
• Dutangazwa n’umwete muke uteye ubwoba
mu bakristo benshi wo kutita ku by’Imana
yigisha byerekeye umukristo ushyingirwa
utizera.
• Benshi mu bavuga ko bakunda Imana kandi
bakayubaha, bahitamo kwikurikirira ingeso
zabo kuruta kwemera inama itangwa
n’Imana Nyiri ubwenge butagira akagero.
Ibikwiriye rwose
byerekeye umunezero no
kugira amagara mazima
kw’abashyingiranwe
bombi muri iyi si no mu isi
izaza, inama, kumenya no
kubaha Imana bishyirwa
ku ruhande; iruba ryo mu
bujiji, no kudakurwa ku
ijambo bikaba ari byo
byimikwa.
Abagabo n’abagore
basanganywe ubwenge
n’umutima uhana biziba
amatwi ngo batagirwa inama,
baba ibipfamatwi ntibemere
kwinginga no guhendahenda
kw’incuti n’abavandimwe babo
ndetse n’abagaragu b’Imana.
Amagambo yo guhana cyangwa
ababurira bayareba ko ari
ukubarushya, kandi incuti nziza
ibasha kubabwira amagambo
yo kubaburira, ikagenzerezwa
nk’umwanzi.
Ibyo byose bigirwa na Satani. Abohekaniriza
impigi ze ku mutima, ubwenge bukarogwa,
umutima ugahurama. Bagira impamvu
ituma ingoyi zo kwitegeka zishyirwa mu ijosi
ryo kwifuza ibibi; bategekwa n’irari ribi
kugeza ubwo bitinda cyane, uwo byatsinze
bikamugeza mu butindi n’ububata. Ibi si
ibitekerezo by’ibyo umuntu yibwira ahubwo
ni iby’ukuri. Imana ntiyemera gufatanywa
yabuzanije rwose.1
Amabwiriza y‟Imana arasobanutse

Uwiteka yategeste
Abisirayeli ba kera ko
badakwiriye gushyingirana
n’amahanga asenga
ibigirwamana,
abihanangiriza agira ati:
“Kandi ntuzashyingirane na
bo, ngo umukobwa wawe
umushyingire umuhungu
wabo, n’umukobwa wabo
ngo umusabire umuhungu
wawe.”
Gutegeka kwa kabiri 7:3
Imana yatanze impamvu
Ubwenge bw’Imana bureba
amaherezo ya bene uko
gushyingirana, buravuga buti: “kuko
bahindura umuhungu wawe,
ntayoborwe nanjye, ahubwo
agakorera izindi mana; ibyo
bigatuma wikongereza uburakari
bw’Uwiteka, akakurimbura vuba.”
“Kuko uri ubwoko bwerejwe
Uwiteka Imana yawe kandi Uwiteka
Imana ikagutoraniriza mu mahanga
yose yo mu isi kuba ubwoko
yironkeye….”
Gutegeka kwa kabiri 7:4,6
Mu isezerano rishya hari amategeko nk’ayo abuza
abakristo gushyingirana n’abantu batubaha Imana.
Mu rwandiko rwa mbere intumwa Paulo yandikiye
Abakorinto, aravuga ati:

Umugore
ahambirwa ku
mugabo we akiriho:
ariko iyo umugabo
apfuye, ntakimubuza
gucyurwa n’uwo
ashaka; icyakora iyo
ari mu Mwami
wacu.”
1 Abakorinto 7:39
1Abakorinto 7:14-18
“Ntimwifatanye n’abatizera
mudahwanye: mbese gukiranuka no
gukiranirwa byafatanya bite? Cyangwa
umucyo n’umwijima byabana bite?
Kandi Kristo ahuriye he na Beriyali;
cyangwa uwizera n’utizera bafitanye
mugabane ki? Mbese urusengero
rw’Imana rwahuza rute n’ibishushanyo
bisengwa, ko turi urusengero rw’Imana
ihoraho? Nk’uko Imana yabivuze iti:
“Nzatura muri bo, ngendere muri bo,
nzaba Imana yabo nabo bazaba
ubwoko bwanjye. Nuko muve hagati ya
ba bandi, mwitandukanye, niko
Uwiteka avuga kandi ntimugakore ku
kintu cyose gihumanye nanjye
nzabakira. Kandi nzababera So namwe
muzambera abahungu n’abakobwa
niko Uwiteka Ushobora byose avuga.
Umuvumo w’Imana
uba ku bantu
benshi bagirana
amasezerano
adakwiriye kandi
Iyo Bibiliya irekera ibi bibazo mu rujijo, atagejeje igihe
ntibishyire ahabona, ingeso y’abasore benshi ariho mu isi y’iki
b’iki gihe mu kubana kwabo yari gucirwa gihe.
akari urutega
Ariko amabwiriza ya Bibiliya nta rwijiji
ruyarimo, asaba kwera ko mu ntekerezo,
mu magambo no mu bikorwa. Dushimira
Imana kuko ijambo ryayo ari itabaza
ry’ibirenge byacu kandi ko ntawayoba
inzira y’inshingano ye kuri iyi ngingo.
Abasore bagomba kugira umushinga wo
gucukumbura inyandiko zaryo no
gukurikiza inama zaryo, kuko igiteje
amafuti menshi ahoraho ni ukujya kure
y’amahame yaryo.
Imana yabujije abizera
gushyingirwa abatizera:
Ubwoko bw’Imana ntabwo
bukwiriye guhangara gukora
icyabuzanijwe. Gushyingiranwa
k’uwizera n’utizera
kwabuzanijwe n’Imana. Ariko
kenshi cyane umutima
utarahindutse wikurikira ibyo
wishakiye, maze ubwo bukwe
butemewe n’Imana
bugacyuzwa.
Ku mpamvu z’ibyo, abagabo n’abagore benshi nta
byiringiro bafite kandi nta Mana bafite ku isi.
Irari ryabo ryo kwifuza gukora ibyiza rirapfa;
maze ibyo bikabakanangirira mu ngoyi
z’ikigoyi cya Satani. Abategekwa n’irari no
kubenguka bazasarura umusaruro ushaririye
muri ubu bugingo, kandi amaherezo
y’ingeso zabo azaba kubura ubugingo bwabo
Abatura y’uko bakurikiza
iby’ukuri, bakandagirisha
iby’Imana ishaka gushyingirwa
abatizera; babura ubuntu
bwayo maze kwihana
kukabasharirira. Utizera
abasha kugira ingeso nziza
cyane, ariko kuko aba
atemeye iby’Imana ishaka
kandi agahinyura agakiza
gakomeye kangana gatyo, ni
impamvu ihagije yo gutuma
bene uko -gufatanywa
kutabaho.

Ingeso z’utizera zibasha gusa n’iza wa muhungu w’umusore Yesu


yabwiye ati:“Ushigaje kimwe”; ng’icyo igikenewe gusa.
Icyitegererezo cya Salomo:
• Hari abantu benshi b’Abakene n’abari mu mwijima
Imana yakwemera kandi igakoresha ubuzima
bwabo kugira ngo ibuhindure ingirakamaro muri iyi
si kandi bube isōko y’ubwiza bwo mu ijuru.
• Ariko Satani ari gukorana umwete, kugira ngo
acogoze imigambi y’Ijuru; yihatira kujyana abo
bantu mu irimbukiro binyuriye mu gushyingiranwa
kwabo n’abafite imico izabatera kwivana ubwabo
mu nzira igana ku bugingo.
• Bake muri bo gusa ni bo basohoka ari abaneshi mu
gishuko nk’icyo.
Satani yari azi neza umusaruro ukomoka
mu kumvira.
Mu myaka ya mbere yo gutegeka
kwa Salomo – imyaka y’icyubahiro
yaranzwe n’ubwenge, ubugiraneza
no gutungana k’umwami – Satani
yihatira kwinjiza mu mibereho
y’umwami ibyitegererezo byari
bigambiriye gukoma mu nkokora
ubunyangamugayo bwe ku
birebana n’amahame kandi
amutera gutandukana n’Imana.
Urugo rwa gikristo, Dukurikije uko Bibiliya
igice cya 9
ibivuga, Satani yageze
ku migambi ye.
“Salomo yuzura na
Farawo umwami wa
Egiputa arongora
umukobwa we,
amuzana mu
mudugudu wa
Dawidi.” 1Abami 3:1
Ugushyingirwa kubuzanijwe
Mu kugirana amasezerano n’ishyanga
ry’abapagani kandi bagasezerana binyuriye mu
kurongora kwe igikomangomakazi cyasengaga
ibigirwamana, Salomo yari asuzuguye umwanya
w’ubwenge Imana yari yaramuhaye kugira ngo
arinde kubonera k’ubwoko bwayo. Ibyiringiro ko
uyu mugore w’umunyegiputa yagombaga
kuzihana akamuhindura byari urwitwazo
rutashoboraga kwemerwa kuri icyo cyaha. Mu
kwica ihame ryari risobanutse ryabuzaga
Abisirayeli kwifatanya n’andi mahanga, umwami
yari yunze imbaraga ze n’imbaraga za kimuntu.
Mu gihe runaka, kabone nubwo ryari ifuti
rikomeye cyane, Imana mu mbabazi zayo
zihendahenda, ibirenza amaso. Umugore wa
Salomo arihana, kandi umwami akoresheje
ubwenge yari gukora uko ashoboye kugira
ngo akumire imbaraga y‟ikibi ibyo ubuhubutsi
bwe bwari bwaramunyaze. Ariko Salomo
atangira kubura gahoro gahoro isōko
y‟imbaraga ze n‟icyubahiro cye. Ibyo
abogamiramo bitangira kumutegeka. Uko
kwigirira icyizere byarushagaho kwiyongera
ni ko yihatiraga gusohoza imigambi
y‟Imana….
Umubare munini w’abiyita abakristo batekereza nka Salomo
ko bashobora kwihuza n’abatizera bakibwira ko icyitegererezo
cyabo gishobora guhindura abari mu buyobe, ariko kenshi
bisanga na bo ubwabo baguye mu mitego kandi baneshejwe,
bigasoza baretse ukwizera kwabo kwera, babambye amahame
yabo kandi batandukanye n’Imana. Intambwe imwe mbi uteye
iteguriza iya kabiri kugeza umunsi bizaba bitakibashobokera
guca iminyururu yababoshye.
Urwitwazo: “Akunda
Itorero.”
Urwitwazo: “akunda
Itorero.” Haba ubwo
bivugwa y’uko n’utizera
akunda itorero kandi ko
afite ibikenewe n’umufasha
usibye ko abuze ikintu
kimwe, ko atari umukristo.
Nubwo uwizera ushyira mu
gaciro yemera ko atari byiza
gufatanywa n’utizera,
nyamara icyenda mu icumi
barabikora.
Kumanuka ujya hasi mu by’umwuka bitangira igihe umuntu
ahigira umuhigo ku ruhimbi; ishyaka n’umunezero w’idini
bikagabanuka, n’igihome kimwe kikagwa gikurikiranye n’ikindi,
kugeza ubwo byombi bibangikanira munsi y’ibendera ryirabura
rya Satani. Ndetse no mu gihe cy’ibirori by’ubukwe, umutima
w’iby’isi wishima hejuru y’umutima uhana, no kwizera n’ukuri.
Mu rugo rushya ntabwo isaha yo gusenga yitabwaho. Umukwe
n’umugeni baba baremeranye maze bagasezerera Yesu.
Ihinduka riba k’uwizera:

Bwa mbere utizera ashobora kutagira icyo agaragaza cy’icyo


yanze bagihararanye; ariko igihe ibyigisho by’ukuri kwa
Bibiliya bibagezeho ngo babyitondere kandi babizirikane,
hakaza igitekerezo muri ako kanya ngo: “Wandongoye uzi
icyo ndi cyo; si nshaka ko undushya, guhera ubu umenye
y’uko ibiganiro by’inama zawe mbyanze.” Iyo umwizera
agerageje kugaragaza umwete nyakuri wo kwizera kwe, bisa
naho ari ukugirira nabi udakunze ibya Kristo.
Umwizera atekereza y’uko mu gihe agihararanye na mugenzi we
akwiriye kwemera icyo yemeye. Ibiganiro by’abantu n’iby’isi
nibyo byiganza kuruta ibindi. Habanza kubaho ibitekerezo byo
kumva wanze ibyo, ariko ubwuzu bw’iby’ukuri bugacwekera
buhoro buhoro, maze kwizera kugahinduka gushidikanya no
guhakana. Nta muntu n’umwe watekereje y’uko umwizera
ushikamye, ufite umutima uhana kandi w’umuyoboke wa
Krisito wamaramaje yaba ushidikanya, na Nyamujyiryanino
atyo. Oh! Yemwe uko guhinduka kwe kuba kwatewe no
gushyingirwa kutarimo ubwenge!
•Ni akaga gusezerana amasezerano n‟ab‟isi.
•Satani azi neza y‟uko igihe cyo gusohoza
amasezerano yo gushyingirwa by‟abasore
n‟inkumi, kuri benshi ari igihe cy‟iherezo
ry‟iby‟umwuka ryabo, rikaba n‟iherezo ryo kugira
umumaro kwabo.
•Barazimira bagatandukana na Kristo. Mu gihe
gito bashobora kwihatira kugira imibereho ya
gikristo ariko akenshi icyitegererezo cyabo
kikaba cyerekeza mu cyerekerezo gihabanye.
•Babanza kujya bavuga ibyo kwizera kwabo
n‟ibyiringiro bafite, ariko hanyuma bakageza aho
batakibivuga, bitewe nuko abo bafatanije
batabyishimiye.
•Amaherezo kwizera iby‟ukuri bipfira mu mutima,
maze Satani akababohesha ingoyi zo
gushidikanya.
Kwivutsa umunezero w‟ijuru
“Mbese abantu babiri
bajyana batasezeranye?”
Amosi 3:3 “Kandi
ndababwira y’uko ababiri
muri mwe nibahuza
umutima mu isi wo kugira
icyo basaba,
bazagikorerwa na Data wo
mu ijuru.”
Matayo 18:19
Kwivutsa
umunezero
w‟ijuru
Mbega ikintu cy’inzaduka! Igihe
umwe wo muri abo bafatanijwe
asenga Imana, undi aba atereye agati
mu ryinyo kandi atabyitayeho; igihe
undi ariho ashakashaka inzira ihesha
ubugingo buhoraho, undi aba ari mu
nzira ngari ijyana abantu mu rupfu.
Abantu amagana menshi baretse Kristo
n’ijuru babitewe no gushyingirwa
abatizera. Mbese ni uko urukundo
n’ubucuti bafitanye na Kristo bibafitiye
agaciro gake maze bagahitamo kugirana
ubucuti n’abantu bapfa? Mbese ijuru
rifite agaciro gake byatuma bemera
kuvutswa umunezero waryo n’umuntu
udakunda Umukiza mwiza?
Kwifanya n’utizera, ni ukwishyira ku rubuga
rwa Satani, ukarakaza umwuka w’Imana kandi
ukabura uburinzi bwawo. Mbese witeguye
kwihanganira guhomba aya mahirwe atangaje
mu rugamba urwana ushaka ubugingo bw’iteka
ryose?
Inzira ijya mu bugingo Ibaze ubwawe uti:
“Mbese umugabo
buhoraho irafunganye
utizera ntazahindura
kandi iraruhije. ibitekerezo byanjye
Ntimwiyongerere akabikura kuri Yesu?
imitwaro izadindiza Akunda ibinezeza
kujya mbere kwanyu. kuruta uko akunda
Imana, mbese
ntazantera gukunda
ibyo akunda?”
Urugo ruhoramo icuraburindi
Umutima wifuza cyane urukundo
rw’abantu, ariko urwo rukundo
ntirukomeye bihagije, cyangwa ngo
rwere bihagije, cyangwa ngo rube
rwiza bihagije, kuba mu mwanya
w’urukundo rwa Yesu. Umugore
abasha kubonera ubwenge,
imbaraga n’ubuntu gusa

Mu Mukiza we gusa, niho ashobora kubonera


ibimubashisha kwihanganira inshingano ze
n’agahinda ko mu mibereho. Akwiriye kugira
uwo Mukiza imbaraga ze n’umuyobozi we.
Umugore niyiyegurire Kristo mbere yo
kwiyegura incuti yo mu isi iyo ari yo yose, kandi
ntazashake umugabo uzamugwa nabi.
Abashaka kubona
umunezero w’ukuri
bakwiriye kugira umugisha
uvuye mu ijuru ku byo
batunze byose no ku byo
bakora byose. Kugomera
Imana ni ko kuzuza imitima
myinshi cyane n’ingo nyinshi
cyane ubutindi.
Mwana wa Data, uramenye ntuzifatanye
n’umwanzi w’Imana, keretse uramutse wiyemeje
kuzagira urugo ruzahoramo ingorane.
Imitekerereze y‟umukristo
Umukristo wese akwiriye gukora iki
mu gihe ageze mu bishuko byo
kugerageza ibyigisho by’idini? Akwiriye
kuvugisha ukuri, afite ubutwari
bukwiriye ati: “Ndi umukristo ufite
umutima uhana. Nizerako umunsi wa
karindwi w’icyumweru ari wo Sabato
yo muri Bibiliya. Kwizera n’amahame
yacu bihabanye n’ibyanyu. Ntabwo
tubasha kunezeranwa, kuko
Nukomeza kuburira ubwiza kuri ninkurikirana kunguka ubwenge
Kristo, ntureshywe n’iby’ukuri, buruseho bushyitse bw’Imana,
uzakunda iby’isi, njye ndashobora
gukunda mu gihe ngikunze iby’Imana nzakomeza kurushaho kwanga isi,
wowe udashobora gukunda. ngire ishusho isa n’iya Kristo.
Iby’umwuka bitekerezwa mu buryo
bw’umwuka. Nutagira ubwenge bw’umwuka
ntuzabasha kumenya iby’Imana inshakaho
cyangwa ngo menye inshingano nahawe na
Databuja nkorera; nicyo gituma wiyumvamo
y’uko nkwirengagije ku mpamvu z’inshingano
z’idini.
Ntuzanezerwa, uzagira ishyari uritewe n’urukundo nkunda
Imana kandi nzibera njyenyine nkomeze kwizera iby’Imana.
Ibitekerezo byawe nibihinduka, umutima wawe ukemera
gukora ibyo Imana ishaka, maze ukiga gukunda umukiza
wanjye, nibwo tuzongera tubisubireho.”
Uko ni ko uwizera yitanga kubwa
Kristo yemejwe n’umutima we
uhana, kandi bigaragaza uko yitaye
ku bugingo bwe buhoraho akanga
kuzabubura. Yiyumvamo y’uko
ikimubereye cyiza ari ukugumaho
adashyingiwe kuruta gufatanywa
mu bugingo bwe n’umuntu
uhitamo iby’isi akabirutisha Yesu,
kandi agaca indi nzira itari iyo ku
musaraba wa Kristo.
Isezerano ryo gushyingirwa ririmo
umutekano:

Muri Kristo gusa ni ho


ugushyingirwa gushobora
gukorerwa kukaba kurimo
umutekano. Reka
urukundo rwa kimuntu
ruyoborwe n’urukundo
rw’Imana muri byose.
Urukundo rwimbitse,
nyakuri kandi rudashaka
inyungu ku bandi
rwagukira gusa mu
mutima utuwemo na
Kristo.
Igihe umwe mubashyingiranwe yihannye
baramaze kurushinga:
Uwamaze gushyingirwa
atarihana, uko kwihana kwe ni
ko kumuha inshingano ikomeye
biruseho yo gukiranukira
mugenzi we, n’ubwo baba
banyuranije cyane ku byerekeye
kwizera; nyamara iby’Imana
ishaka ni byo bikwiriye gusumba
ubucuti bwo mu isi, nubwo
amaherezo yabyo yahinduka
amakuba cyangwa kurenganywa.

Ku bw‟umutima w‟urukundo
n‟ubugwaneza, uko gukiranuka kubasha
kureshya kugahindura utarihana.
Aburahamu yateguye uburyo bwo kurambagiriza Isaka
umugore kugira ngo asigasire urubyaro rwe (Itangiriro
24:1–4).
Muri iyi nkuru harimo ingingo ebyiri zidasanzwe:
gusenga [kwa Aburahamu, Eliyezeri, Isaka], no
kwizera ko Imana ari yo mugenga wa gahunda.
Hari ibimenyetso simusiga byerekana ko Marayika
yayoboye Eliyezeri guhitamo Rebeka nk’umugore
wa Isaka.
Ariko, Imana yarekeye Rebeka uburenganzira bwo
kwihitiramo (Itangiriro 24:8, 50–51, 57–59).
Abantu 84 bashyize ikimenyetso ku isezerano bari
bahagarariye ubwoko bwa Isirayeli. Igisonga ni cyo
cyabanje gushyiraho ikimenyetso, gikurikirwa
n’Umutambyi Mukuru, abatambyi, Abalewi n’abayobozi.
Buri wese yahigiye kumvira Imana (umur. 30). Bagize
kwītsa ku ngingo zikurikira:

Kudashyingirana n’abatari
Kuziririza Isabato (umur. 32)
Abisirayeli (umur. 31)

Kwita ku bakene, baziririza


umwaka wa karindwi no Gushyigikira imirimo
guharira imyenda abakene y’Urusengero (imir. 33-40)
(umur. 32)
Bari gukura mu kwera, bakurikiza ayo mabwiriza kandi bimika akamenyero keza.
Ubutumwa ku basore, p.71
Ni ukuri nimusenge, ndetse musenge
birenze uko mwigeze gusenga, kugira
ngo mutayobywa n’uburiganya bwa
Satani. Mwe kwegurirwa umwuka
wo kutumvira no kutagira icyo
mwitaho n’ubupfapfa, kandi
mwitabire inshingano z’iby’idini
kugira ngo mutume umutinama
wanyu utuza. Kimwe mu byaha
bigize kimwe mu bimenyetso
by’iminsi y’imperuka, ni uko abavuga
ko ari abakristo bakunda ibinezeza
kuruta uko bakunda Imana.
Mugenzure imitima yanyu mu
by’ukuri. Mwigenzure mwitonze.
Mbega uburyo mu kwigenzura nta kwihenda hari
abantu bake cyane bashobora kubura amaso
bakareba mu ijuru maze bakavuga bati: “Ntabwo
ndi umwe muri bariya bavuzwe. Ntabwo nkunda
ibinezeza kuruta uko nkunda Imana”. Mbega
uburyo hari bake cyane bashobora kuvuga bati:
“Napfuye ku by’isi; uko mbaho ubu mbikesha
kwizera Umwana w’Imana. Ubugingo bwanjye
buhishanwe na Kristo mu Mana, kandi ubwo
Bugingo bwanjye azaboneka, nzabonekana na we
mu ikuzo.”

You might also like