You are on page 1of 9

Icyigisho cya 7 cyo kuwa13 Kanama2022

“Bene ibyo
byiringiro
ntibikoza isoni,
kuko urukundo
rw’Imana
rwasabye mu
mitima yacu ku
bw’Umwuka Wera
twahawe”
(Abaroma 5:5)
Imvugo izwi cyane igira iti: “Ibyiringiro birarema”. Ibyiringiro ni ngombwa
kugira ngo duhangane n'ibibazo n'imibabaro, dukomeye kandi dushishikaye.
Ni yo mpamvu ibyiringiro ari imwe mu nkingi eshatu z’imibereho ya Gikristo,
izindi nkingi ni ukwizera n'urukundo (1Abakorinto 13:13).
Abakristo biringiye iki? Ni gute dushobora kubona ibyiringiro no
kubishimangira?
“Kuko ibyerekanywe bifite igihe byategekewe, ntibizatinda kukigeraho kandi
ntibizabeshya, naho byatinda ubitegereze, kuko kuza ko bizaza ntibizahera.” (Habakuki 2:3)
Igitabo cya Habakuki gitangirana n’inkeke yumvikana nk’iy’ubu: Hariho
urugomo, ukwiyandarika, kurimbura, amakimbirane, akarengane… ariko
Imana ntacyo ibikoraho! (Habakuki 1:2–4).
Igisubizo cy’Imana giteye ukwibaza: ibintu byose birarushaho kuba bibi
(Habakuki 1:5–11). Ese si igisubizo twakumva n’uyu munsi?

Kuva igihe Satani yigomekeye, isanzure


riri mu ntambara, kandi birushaho kuba
bibi. Ariko, Imana yasezeranije ko
Babuloni (n’ikibi) amaherezo izarimbuka,
kandi ubwoko bw’Imana buzabohorwa
(Habakuki 2:8; Ibyahishuwe 18:2).

Yesu azatsemba ikibi. Ibi ni byo“byiringiro by’umugisha” (Tito 2:13).


Mu ntangiriro y’igitabo cya Yobu, Imana yerekanwa mu
ijuru. Nyamara, Imana ntabwo igaragara ikibazo gitangiye.
Ntacyo ivuga igihe inshuti za Yobu zimuvugaho. Ntacyo
ivuga iyo Yobu asabye kurenganurwa.
Imana yahisemo kwiyerekana ari uko buri wese
amaze gutanga igitekerezo cye kuri Yo. Ariko, nta
n’icyo ivuga kuri Yo ahubwo ibaza ibibazo. Ibibazo
byinshi Yobu adashobora gusubiza.
Noneho Yobu yemera ko atumva neza Imana (Yobu 42:3).
Imbere y'ibibazo by'Imana, ibibazo bye bisa nk’aho ntacyo
bivuze. Aranyuzwe kuko ubu noneho amenye Imana
biruseho (Yobu 42:5). Ibyiringiro by’abantu bishobora
kubonera umutekano gusa mu Idusumba twese.
“Kuko jyewe Uwiteka Imana yawe nzagufata ukuboko
kw’iburyo nkubwire nti ‘Witinya, ndagutabaye.’” (Yesaya 41:13)

Yesaya yahanuye kujyanwa mu bunyage i Babuloni.


Abisirayeli biyumvaga nk’abatereranywe n’Imana muri
ibyo bihe.
Iyo dusakiranye n’ibibazo, natwe dushobora kumva
ko twatereranywe n’Imana. Nyamara, buri gihe iri
iruhande rwacu.
Yesaya 41:8 Yesaya 41:9 Yesaya 41:10 Yesaya Yesaya 41:13 Yesaya 41:14
Imana Intsembaho Iri kumwe 41:11-12 Imfashe Imana ni
yarantoranije icyaha kandi nanjye, Inkiza abanzi ukuboko, umufasha
ntiyanta iramfasha banjye bityo wanjye
kandi sintinya n'Umucunguzi
imbeshaho wanjye
“Uwiteka ari mu ruhande rwanjye sinzatinya, Umuntu yabasha kuntwara iki?” (Zaburi 118:6)
Yeremiya yanditse urwandiko rutera ubutwari abari mu bunyage i
Babuloni. Bari babuze ibyiringiro, bibwiraga ko batazigera basubira
iwabo. Imana yababwiye kudatakaza ibyiringiro, kuko :
Yari umugenga; ibyababayeho ntibyaje kubw’impanuka (Yeremiya 29:4)
Yari kubazanira ibyiza no mu bibazo banyuragamo (Yeremiya 29:5–7)
Yari gushyira iherezo ku bunyage igihe gikwiriye gisohoye (Yeremiya 29:8–10)

Ibyiringiro byacu bigomba kuba mu Mana. Igenga


amateka yacu, none, n’ahazaza.

“Kandi muzanyambaza, muzagenda munsenga nanjye


nzabumvira. Muzanshaka mumbone, nimunshakana
umutima wanyu wose.” (Yeremiya 29:12–13)
“Nta gihano kinezeza ukigihanwa ahubwo kimutera umubabaro,
ariko rero hanyuma cyera imbuto zo gukiranuka zihesha
amahoro abamenyerejwe na cyo.” (Abaheburayo 12:11)
Mu Rugereki, ijambo “igihano” rifitanye isano ya bugufi no “kwiga.”
Imana itwigisha ikoresheje ugucyaha (Abaheburayo 12:6).
Pawulo yadusangije urufunguzo rwo
guhindurira igihano gutera ibyiringiro:
Urugero rw'intwari zo kwizera (Abaheburayo 12:1)
Urugero rwa Yesu (Abaheburayo 12:2–3)
Imana iradukunda, turi abana bayo (Abaheburayo 12:5–7)
Tuzagira umugabane mu kwera kwayo (Abaheburayo 12:10)
Igihano cyera “imbuto y’amahoro” (Abaheburayo 12:11)
Imana izadukomeza kandi ituyobore (Abaheburayo 12:12–13)
“Imana ishobora kuduha kunesha mu byo twe tubona
byatubereye nk’urujijo no kuneshwa. Turi mu kaga ko
kwibagirwa Imana no guhangaamaso ku bintu
bigaragaraaho kurebeshaamaso yo kwizera
tugatumbira ibitagaragara. Iyo akagacyangwa
amakuba bije, tuba twiteguye kubiherereza ku Mana
ko itatwitayeho cyangwa koari ingome […] Dukwiriye
kumenya ko igihano kiducyahaari umugabane umwe
mu mugambi wayo ukomeye kandi ko igihe Umukristo
ari kubabazwaashoboragukorera Umwami ibiruta
ibyoyakora igiheari gukora mu bwisanzure.”
E.G. White, Ibyakozwe n’Intumwa, igice cya 45, p. 297

You might also like