You are on page 1of 2

INYIGISHO YO KU CYUMWERU CYA 22 GISANZWE A

Amasomo: Yer 20,7-9; Zab 62 ( H 63); Rom 12,1-2; Mt 16,21-27


Nyagasani, ineza yawe nsanga yaguranwa amagara y’umuntu

Bakristu bavandimwe, Kristu Yezu akuzwe,


Amasomo matagatifu yo kuri iki cyumweru cya 22 Gisanzwe umwaka wa liturjiya A,
aratwereka ingorane abantu bakorera Imana nyabyo nk’abahanuzi bakunze guhura na zo. Ni
byo byabaye ku muhanuzi Yeremiya twumvise mu isomo rya mbere. Uyu muhanuzi
turamwumva atubwira ubuzima butoroshye bw’itotezwa yanyuzemo ubuzima bwe bwose.
Gusa si we wenyine, abahanuzi benshi nyuma ye, yewe na Yezu Kristu ubwe banyuze mu
makuba nk’ayo.
Tugarutse kuri Yeremiya, yahanuye i Yeruzalemu igihe cy’imyaka 40 yabanjirije
ijyanwabunyago ry’i Babiloni. Ubutumwa bwe bwagarukaga ku kuburira umuryango wose
ko n’utisubiraho uzagwa mu kaga gakomeye, aribyo byatumye yangwa na benshi ndetse
baramurwanya karahava. Birumvikana ko igihe cyose inyungu za rubanda zibangamiwe
n’ubuhanuzi uko bwaba bumeze kose havuka amakimbirane hagati y’umuhanuzi (
uwatumwe n’Imana) n’abategetsi ndetse n’umuryango wose, umuhanuzi agahindurwa
ruvumwa. Ako niko kaga Yeremiya yanyuzemo.
N’ubwo ari uko byari bimeze, umuhanuzi Yeremiya ntiyigeze acika intege, ntiyigeze
yirengagiza na kimwe mu butumwa Uhoraho yamuhaye ngo abugeze ku bategetsi
n’umuryango wose.
Mu isomo rya mbere ry’iki cyumweru, aratubwira intambara yagiye iba muri we: hagati yo
kwamamaza ashize amanga ijambo ry’Uhoraho n’ubwenge bwa muntu bumubwira ko
yagombye kurengera amagara ye agaceceka: “ ubwo nkibwira nti: sinzongera kumucisha mu
ijwi kandi sinzasubira kuvuga mu izina rye. Ariko mu mutima wanjye risa n’umuriro utwika
uvumbitse mu magufa yanjye; nkagerageza kwipfukirana, ariko simbishobore.”
Ibi biratwumvisha aho iri somo rihurira n’ivanjili yateguwe kuri iki cyumweru, aho
batubwira Yezu abwira abigishwa be urumutegereje. Muri iy’isi kenshi iyo wiyemeje
kugendera mu mugambi w’Imana ntubura kunnyegwa na rubanda, biri mu myumvire ya
muntu. Na Petero wari wasubije neza uwo Yezu ari we, agahamya ukwemera amurikiwe na
Roho Mutagatifu, mbisubiremo amurikiwe na Roho Mutagatifu. Byumvikana ko ubwenge
bwa muntu butabyigezaho kuko ibyo yasubije Yezu yaramweruriye amubwira ko atari we
ubyishoboje ahubwo ari Se ( Data) uri mu ijuru; kuri iki cyumweru turamwumva akoresha
ubwenge bwe agacyaha Yezu igihe avuze ibyo kubambwa. Yezu na we amusubiza
amucyaha, ati: igirayo sekibi! Ng’uko uko ubwenge bwa muntu bukora, dore ko ngo
ntawihuta nk’uwayobye! Igihe cyose wiyemeje kuba umuhamya w’Ukuri muri iy’isi,
ugomba kwitegura kubambwa! Muri iyi minsi ishize gato twahimbazaga umunsi wa Yohani
batisita ahorwa Imana. Bamwishe bamuziza ukuri yahamyaga acyaha icyaha. Ni isomo
rikuru twigira kuri Yezu Kristu umwami n’umukiza wacu ndetse no ku bahanuzi benshi
dusanga mu byanditswe bitagatifu.
Bavandimwe, Ubutumwa nk’ubu duhabwa kuri iki cyumweru, si urucantege kubagana inzira
yo kuba abahamya b’Imana mu bantu ahubwo ni ukubaburira ngo hato nibiba bazamenye ko
Nyagasani ntacyo yabakinze; kandi akabaha ikizere ko muri ibyo byose bari kumwe nta
mpamvu yo gutinya uwo ari we wese n’icyo ari cyo cyose. Ikindi akatwizeza ko nyuma
y’urwo rugamba hari ikuzo riteguriwe abakomeye kugeza ku ndunduro.
Mu isomo rya kabiri twumvise ubuhamya bwa Pawulo intumwa. Nyuma yo gutoteza
abakristu yarahindutse ubuzima bwe bwose abwerekeza kuri Yezu Kristu, akaba adusaba
kugenza nka we ati « Ntimukigane ibihe turimo, ahubwo nimuhinduke, mwivugururemo
ibitekerezo kugira ngo muzajye mumenya neza ugushaka kw’Imana, ikiri ikiza, icyashimisha
n’ikiboneye ». Koko rero Imana ni urukundo. Nidukura mu rukundo ni bwo tuzagira
ibyishimo bisendereye.
Mu Ivanjili twumvise Petero yananiwe no gusobanukirwa neza Yezu n’ubutumwa
bwamuzanye. Ku cyumweru gishize twamwumvise ahamya neza ukwemera akabwira Yezu
ati « Uri Kristu Umwana w’Imana nzima » Yezu na we ati: urahirwa. Petero rero yagombaga
no gukomeza kuzirikana ko uku kuri atari we wakwihishuriye, ahubwo ari Data uri mu ijuru
wabimuhishuriye. Ariko Nyagasani yari azi ko abigishwa be batarasobanukirwa byose akaba
ari na yo mpamvu yababwiye guceceka ibyo bari bumvise.

Mu Ivanjili ya none ni bwo dusobanukirwa impamvu yabyo. Nyuma y’aho ababwiye urupfu
rumutegereje, ndetse n’izuka rye, Petero yumvise bidashoboka. Yari ategereje umukiza
uzatsinda n’imbaraga nyinshi ibyabatsikamiraga byose. Akamubonamo uzarokora
umuryango wabo agatsinda abanyaroma bari barabakandamije. Ni bwo amwihugikanye
aramutonganya ati « Biragatsindwa ! » Nyamara Yezu amwamaganira kure nk’uko
yamaganye ibishuko bya shitani mu butayu.
Natwe nka Petero dushobora gutakara twiyumvisha Yezu uko atari. Ni yo mpamvu tugomba
gusoma kandi tugasubiramo neza Ivanjili ya none, ntitwigire abanzi b’umusaraba kandi ariyo
nzira izatugeza mu ijuru! Tukumva neza icyo Yezu atubwira, uko tugomba kwitwara.
Aratubwira ati « Ushaka kunkurikira ajye yiyibagirwa aheke umusaraba we maze
ankurikire » Ntabwo tugomba kwishakira inzira zacu ahubwo tugomba gukurikira Nyagasani
we utwereka inzira igeza mu bugingo. Inzira atwereka ntabwo ari inzira yoroshye, ahubwo ni
inzira isaba kwigomwa no kwitanga.

Kuba intumwa ya Yezu ni ugutwara umusasaba wacu. Uwo musaraba ntabwo ari ubukene,
uburwayi, ibyago, ubushomeri cyangwa ibindi bitugora muri ubu buzima, ahubwo ni
ukwemera kuguma mu budahemuka, kwemera kwakira neza n’umutima mwiza ibitugora
ntibidutandukanye n’Imana, ni ukutakirwa kubera Inkuru nziza, n’ibindi. Ni ukwemera
kwitanga witangira abandi. Hari abireba gusa, mugenzi wabo bakamushyira ku mwanya wa
kabiri, gukorera Imana bakabishyira ku mwanya wa gatatu iyo banabyitayeho. Ariko se ibyo
byose bitumarira iki iyo bidutesheje ubuzima nyakuri bwa bundi buri mu Mana ?
Bavandimwe, icyo dusabwa ni uguhinduka bya buri munsi bya bindi bishoboka iyo
tuzirikanye Ijambo ry’Imana kandi dusenga. Nitumwemerera, Yezu ubwe azatwiyoborera mu
nzira y’ubugingo anaduherekeze mu ntambara turwana na sekibi. Turi hamwe na We,
imbaraga z’ikibi ntizizatugiraho ububasha. Yaratsinze kandi natwe arashaka kudusangiza ku
mutsindo we.
Bavandimwe, dusabe Roho Mutagatifu aduhe ubwenge bwo kudukundisha iby’Imana.
Kandi ni byo koko dukeneye ubwenge, ubuhanga buva kuri Uhoraho, ngo hato tutamutatira
tukagamburuzwa n’ibidafite shinge na rugero kandi yaratugiriye ikizere akatugira abatumwa
be muri Batisimu twahawe no mu gukomezwa. Dusabire abo bose batotezwa bazira
ubutumwa bw’Imana bamamaza mu bantu ngo bakomere boye gucika intege.
Nyagasani Yezu nabane namwe!.
Padiri Emmanuel Nsabanzima/Butare.

You might also like