Professional Documents
Culture Documents
Kubaho Urukundo Rwera Imbuto
Kubaho Urukundo Rwera Imbuto
Ntawe ufite uburenganzira ubwo ari bwo bwose kuri ibi byigisho
Ibi byigisho byanditswe na Willie afatanyije na Elaine Oliver harimo n’ibitekerezo by'imyitozo
yateguwe na Karen Holford.
Willie Oliver na Elaine Oliver ni abayobozi b’Icyiciro cy’Umuryango mu Nteko Nkuru Rusange
y’Itorero ry’Abadiventiditi b’umunsi wa Karindwi ifite icyicaro gikuru i Silver Spring,
Maryland, ho muri Leta zunze Ubumwe za Amerika.
Karen Holford we, ni umuyobozi w’Icyiciro cy’Umuryango muri diviziyo yahuranyije ibihugu
by’ Uburayi.
Icyiciro cy’Umuryango
Inteko Nkuru rusange y’Itorero ry’Abadiventiste b’Umunsi wa Karindwi
12501 Old Columbia Pike
Silver Spring, MD 20904, USA
family@gc.adventist.org
family.adventist.org
ISBN # 978-0-8280-2878-3
NYAKANGA, 2021.
KUGIRA IMIBEREHO YUJE URUKUNDO RWERA IMBUTO
Muri iki Cyumweru cyo Gusengera hamwe kw’abagize umuryango, icyifuzo cyacu ni
uko abashakanye, ababyeyi, buri muryango ndetse na buri muntu wese ukunda Yesu bakwera
imbuto ya Mwuka mu mibereho yabo buri munsi. Iki gitabo cyanditswe umuryango wose uri mu
ntekerezo z’abanditsi. Icyigisho cya buri munsi kigizwe n’imigabane itatu ikurikira: icyigisho,
isengesho, n’umwitozo. Mu cyigisho muziga ibyerekeye imbuto zitandukanye ziri ku isi hose
kandi muzaga n’ibyerekeye imbuto y’Umwuka. Buri munsi hari isengesho ryibanda ku mbuto
y’Umwuka yahariwe uwo munsi. Mushobora gusengera hamwe iryo sengesho nk’umuryango
musaba Imana gukuza iyo mbuto mu mitima yanyu no mu ngo zanyu uwo munsi. Hariho
n’umwitozo w’ikiganiro mushobora gukora mu muryango wanyu kugira ngo mushimangire
kwiga no gufasha abagize umuryango bose kugira uruhare muri gahunda yo gusenga.
Turashishikariza buri wese mu bagize umuryango gufata mu mutwe amagamnbo ari mu
rwandiko rw’Abagalatiya 5:22-23, ayasubiramo kandi ayashyira mu bikorwa buri munsi, mu
gihe dushimangira imbuto ya mwuka yagenewe uwo munsi. Twashyizemo imyitozo izabafasha
gufata iri somo mu mutwe kugira ngo icyumweru nikirangira uzabe wahunitse iri somo mu
bwonko bwawe no mu mutima wawe. Twizeye ko buri wese mu bagize umuryango wawe
azemerera Mwuka w’Imana agakuriza imbuto ye muri bo mu gihe bavomerera babyitayeho,
babagarira kandi banagira uruhare mu gutanga ibisabwa bizatuma ibyo biba impamo mu
mibereho yabo.
KU ISABATO
UMWANZURO UKOMEYE
Ubukwe bwiza cyangwa bubi? Niba abagamije gushyingiranwa batifuza kuzagira imibereho
y’ubuhanya, kwicuza n’amaganya nyuma yo gushyingiranwa, bagomba kubyibazaho mu buryo
bwimbitse mbere y’uko babana. Gutera iyi ntambwe utabitekerejeho ni bumwe mu buryo
bwangiriza ukuba ingirakamaro kw’abasore n’inkumi. Ubuzima buhinduka umutwaro
n’umuvumo. Nta muntu ushobora gusenya umunezero n’umumaro w’umugore no kurwaza
umutima we ngo ageze ku rugero nk’urw’umugabo we; kimwe nk’uko nta wushobora
gukonjesha ibyiringiro n’ibyiyumviro by’umugabo, ngo bice intege imbaraga ze kandi ngo
birimbure icyitegererezo cye n’ahazaza he nk’umugore we. Ku bagabo n’abagore benshi intsinzi
mu mibereho yabo no gutsindwa kwabo n’icyizere gihamye cy’ubuzima bw’ahazaza bitangirira
ku munsi w’ubukwe bwabo.
Pima icyo ureba cyose, witegereze amajyambere yose y’ingeso z’uwo ugambiriye gufatanywa na
we mu bugingo bwawe. Iyi ntambwe ugiye gutera ni imwe mu zikomeye cyane mu bugingo
bwawe kandi ntikwiriye guteranwa ubwira. Naho wakunda, ntugakunde utabanje gutekereza.
Suzuma witonze, urebe y’uko numara gushyingirwa uzagira umunezero cyangwa uzamererwa
nabi ukaba umutindi. Wibaze uti: “Mbese uku gufatanywa kuzamfasha ngere mu ijuru?
Kuzanyongerera urukundo nkunda Imana? Kandi kuzagwiza umurimo wanjye ngire umumaro
muri ubu bugingo?” niba utekereje ibyo ugasanga bitazagusubiza inyuma, noneho ukomeze
umugambi wawe wubashye Imana.
Abagabo n’abagore benshi bashyingirwa nk’aho bihagije gusa gukundana bakaba bakemuye
ibibazo byose. Ariko bakagombye gusobanukirwa ko mu gushyingirwa hari inshingano
ibategereje irenze iyo. Bakwiriye kwibaza niba abazabakomokaho bazagira imbaraga
z’impagarike, iz’ubwenge n’iz’intekerezo.
Bake ni bo bateye iyi ntambwe batekereje byimbitse bazirikana icyo rubanda rubategerejeho,
kandi basobanukiwe ko uburemere bw’icyitegererezo cy’umuryango wabo buzatuma umunzani
ujya hasi cyangwa hejuru.
Guhitamo umufasha muzabana iteka gukwiriye kuba ukuzana imibereho myiza y’umubiri,
iy’ubwenge, n’iy’iby’umwuka ku babyeyi no ku bana babo, kukazabashisha ababyeyi n’abana
guhesha umugisha bagenzi babo no kubaha Umuremyi wabo.
Ingeso zikwiriye kuranga umugore uzashaka: Umusore nashake uwo kumuhagarara iruhande
ubashije kumufasha imitwaro yo mu bugingo, ufite kureshya kuzamwongerera ubupfura
n’ubutungane, kandi uzamunezeresha urukundo rwe.
Ngibi ibintu bikwiriye kuzirikanwa: Mbese uwo ushyingiwe azazana umunezero mu rugo?
Mbese arazigama cyangwa namara gushyingirwa azaya ibyo yungutse byose, atange ibyawe
byose kubwo kwinezeza mu bitagira umumaro, no kwikunda ku buranga? Mbese ingeso ze
ziratunganye muri ibyo? Hari ikintu yishingikirijeho? … Nzi yuko ubwenge bw’umugabo
nibumara kujijishwa n’urukundo n’ibitekerezo byo gushyingirwa, Ibi bibazo bizamushiramo bise
naho bitagize icyo bimaze. Ariko ibi bintu bikwiriye kuzirikanwa neza, kuko bifite icyo
bizakumarira mu buzima bwawe buri mbere…
Mu gihe uhitamo umugore, wige ingeso ze. Mbese aho azaba umuntu wihangana kandi
w’umunyamuhati? Aho ntazagirira nyoko na so ibambe rike mu gihe bazaba bakeneye
umuhungu ufite imbaraga wo kubunganira? Mbese ntazamuganza akamuca kuri bene wabo ari
ugushaka ko akurikiza inama ze no kumukundwakaza maze akareka se na nyina, nk’aho babonye
umukobwa ubakunda ahubwo bakazimiza n’umuhungu wabo?
Mbese azemererwa kuba umuntu witekerereza ku giti cye cyangwa ubwenge bwe n’umutima
uhana bizagengwa n’umugabo we? Mbese uwo mugore ashobora kwita ku byo Umukiza ashaka
maze akaba ari byo arutisha ibindi? Mbese umubiri n’umutima, intekerezo n’imigambi,
bizarindwa bibonere kandi bibe ibyera? Ibi bibazo bifite icyo bizamara cy’ingirakamaro cyane
mu byerekeye imibereho myiza y’umugore wese ugiye mu byo gushyingirwa.
Kwemera gusa ingeso za kigabo: Umwari akwiriye kwemera mugenzi we bazabana iteka, ufite
ingeso zitunganye za kigabo, umugabo w’umunyamwete kandi wiringirwa, ukunda Imana kandi
akayubaha.
Wabasha kuvuga uti: “Ariko se ko nasezeranye, none ngamburure?” Reka ngusubize, niba
warasezeranye amasezerano anyuranye n’Ibyanditswe, ibyaba byiza ni ukugamburura
udatindiganije kandi ukicuza ku Mana wicishije bugufi ubwo bupfapfa bwaguteye gusezerana
hutihuti, maze bikagutera gukoza Shobuja isoni.
UMWEMBE
Mu rwandiko rw’Abagalatiya 5:22-23, Intumwa Pawulo yanditse igira iti: 'Ariko rero
imbuto z'Umwuka ni urukundo n'ibyishimo n'amahoro, no kwihangana no kugira neza, n'ingeso
nziza no gukiranuka, no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana. '
Ku byo kwera imbuto y’urukundo, Ellen White aravuga ati: “Kumvira ijambo ry’Imana
kwera imbuto y’icyo umuntu akeneye ari cyo, “gukundana bya kivandimwe nta buryarya.”
(1Petero 1:22). Uru rukundo ruturuka mu ijuru kandi ruyobora ku mpamvu nyazo zihanitse no ku
bikorwa bitarimo kwikubira” Ibyakozwe n’Intumwa, p. 304(2018)
Ukuri ni uko, abahinzi bashobora guhinga, bagafumbira, bakita ku mbuto - ariko nubwo
igihingwa cyashobora kwera imbuto mu buryo bushimishije, biracyari igaruka z’impano
y’ubuzima iva ku Mana. Kimwe n’ibyo, ku bw’igitambo cya Kristo cyatanzwe ku bushake ni
cyo gituma ababeshejweho na Mwuka we bashobora kwitega kwera imbuto za Mwuka. Ibyo, mu
byukuri, bisobanura kwihangana, kugira neza, ubugwaneza, no gukiranuka) mu mibanire yacu
yose; by’umwihariko mu mibanire y’abagize umiryango.
Uyu munsi turakwingingira guhitamo imbuto y’urukundo. Nyamara, uko bucya hakaza
umunsi mushya, jya uhitamo kwera urubuto rwa buri munsi, ruva mu rukundo rw’Imana, ihame
shingiro ryo kubaho kwawe, kandi mu kugenza utyo ube umugisha mu rushko rwawe, mu rugo
rwawe, no mu mibanire yawe kugeza Yesu agarutse.
ISENGESHO
Data mwiza uri mu ijuru, urakoze kubw’urukundo rwawe ruhebuje uhora utugotesheje.
Udufashe kugira go dukundane muri iki gihe. Mu izina rya Yesu, amen.
Muzakenera:
Urupapuro runini rwo guha buri muntu
Ibikoresho byo gushushanya nk’ikaramu z’ibiti n’iz’amabara n’ibindi
Amabwiriza:
Ha buri wese mu bagize umuryango wawe urupapuro runini hanyuma ubasabe
gushushanya umutima munini kuri urwo rupapuro.
Basabe kwandika muri iyo mitima ibintu cumi abandi bantu babakoreye bigatuma bumva
bakunzwe mu buryo bw’umwihariko.
Nibarangiza kwandika ibyo bintu uko ari icumi bakorewe bigatuma bumva bakunzwe
ubasabe ibi bikurikira:
Gushushanya uruziga rutukura ruzengurutse incuro zose umuntu yakubwiye cyangwa
akakwandikira ikintu kigaragaza urukundo.
Na none, bashushanye uruziga rw’ibara ry’icyatsi incuro zose umuntu yagize icyo akora
cyo kugufasha
Gashushanya uruziga rw’ibara ry’ubururu incuro zose umuntu yaba yarakugaragarije
urukundo, nko kuguhobera n’ibindi.
Gushushanya uruziga rw’umuhondo incuro zose umuntu yaba yaraguhaye impano ntoya.
Gushushanya uruziga rw’ibara ry’isine incuro zose umuntu yamaranye nawe umwanya
mukora ikintu mwishimiye.
Barebe amabara ari kuri buri mutima bashushanyije. Mwigiye iki ku byerekeye uburyo
budasanzwe mwifuza ko abandi babagaragarizamo urukundo?
Gambirira kuzagira icyo ukorera buri wese mu bagize umuryango wawe kimugaragariza
urukundo muri iki cyumweru, ushingiye ku buryo bishimira kugaragarizwamo urukundo.
Uzakenera:
Ahantu ho kubika impapuro nyinshi cyangwa amakarita kandi bibe bifite amabara
anyuranye niba ubishaka,
Ishusho y’umutima yo kwifashisha ushushanya.
Urupapuro ruzinze n’ishusho y’umutima ikubye kabiri urwo rupapuro ruzinze urushyire
hagati
Ruzingure maze usuzume ya shusho y’umutima, ongera uruzinge maze urucemo
udupapuro dutoduto niba ari ngombwa
Imakasi
Amakaramu y’ibiti, n’ibikoresho byo gusigisha amabara.
Igikoresho gitobora impapuro
Ubudodo, umugozi, igikoresho cyo gutaka ibintu runaka n’ibindi
Amabwiriza:
Fata urupapuro rumwe rukozwemo ishusho y’umutima uruchemo udupapuro duto duto
agapapuro kose kandikweho inyuguti imwe igize umurongo wo muri Bibiliya,
wongereho akandi gapapuro kariho aho iryo somo riboneka.
Tobora buri ruhande rw’iyo shusho y’umutima, hafi yo hejuru ahantu hameze kimwe kuri
buri shusho ku buryo hashobora kuducomekamo urudodo cyangwa umugozi ku buryo
ukora imitako.
Andika buri jambo rigize iryo somo ku dupapuro dutandukanye dukozwe mu ishusho
y’umutima nurangiza utake uwo mutima niba ubishaka.
Vanga utwo dupapuro dufite ishusho y’umutima hanyuma wongere udutondeke neza ku
buryo utwo dupapuro turema amagambo agize rya somo
Abagalatiya 5:22-23
KIWI
Imbuto za Kiwi zifite igishishwa cyijimye rufite ishusho ijya kuba nk’uruziga ruberamye.
Kiwi ishobora kuribwa ari mbisi, ivamo umutobe, ikoreshwa no mu gukora imigati na za keke
n’ibindi bijyanye nabyo, cyangwa igakoreshwa mu gihe cyo gusiga ibyokurya. Imbuto za kiwi
zabonetse bwa mbere mu Bushinwa. Ku ntangiriro z'ikinyejana cya makumyabiri, abamisiyoneri
bazanye imbuto ku kirwa cya Nouvelle-Zélande, aho zaherewe izina ryazo “kiwi” zitiriwe inyoni
ntoya idafite amababa yakomotse kuri icyo kirwa.
Nubwo imbuto za Kiwi zikomoka mu Bushinwa no muri Nouvelle-Zélande, zishobora
guhingwa ahantu hose hahora ubushyuhe. Zikunda izuba ariko zikura neza cyane ziri aho
zikingiwe izuba. Kurya imbuto ebyiri za kiwi isaha imwe mbere yo kuryama bifasha mu
gusinzira vuba, gusinzira byimbitse, kandi wabyuka mu gitondo ukumva waruhutse neza.
IMBUTO YA MWUKA TWIGA UYU MUNSI NI:
IBYISHIMO
Mu rwandiko rw’ Abagalatiya 5:22-23, Intumwa Pawulo yanditse igira iti: 'Ariko rero
imbuto z'Umwuka ni urukundo, n'ibyishimo, n'amahoro, no kwihangana no kugira neza,
n'ingeso nziza no gukiranuka, no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana. '
Hombeka amaso yawe maze utekereze igihe ikintu runaka cyaguteye gusabwa
n’ibyishimo. Ahari kwari ukubona umuntu ukunda wari umaze igihe runaka utamubona,
cyangwa kurya ikintu ukunda cyane, cyangwa gutungurwa ugahabwa nk’ibipurizo cyangwa
indabyo kandi atari ku munsi w’isabukuru y’amavuko yawe. Ahari wazamuwe mu ntera mu kazi
ukora, cyangwa byari ukuvuka k’umwana, cyangwa wakiriye umwana uzarera mu muryango?
Mbese ubu waba wumva umutima wawe usendereye amarangamutima y’umunezero?
ISENGESHO
UZAKENERA:
Ifuro ryuzuye bole, umupira wo gukina, igipirizo, cyangwa ibindi bintu byoroshye kandi
bitaremereye ushobora kugerekeranya.
Imipira ikomeye cyangwa iremereye, imipira y’umuhondo niyo igaragara neza niba
ushobora kuyibona (cyangwa ukore ibipirizo bifite ishusho y’imipira ukoresheje urupapuro
cyangwa amakarita).
Ikaramu ihoraho niba ukoresha imipira, cyangwa izindi karamu niba wandika ku ikarita
cyangwa impapuro.
Amabwiriza:
Mwitoze kuvugira hamwe umurongo wa Bibiliya cyangwa muwuririmbire hamwe.
Noneho mwese muhagarare mu ruziga mufite umupira cyangwa igipirizo. Umuntu ufashe
umupira azajye avuga ijambo rya mbere ry’uwo murongo hanyuma aterere uwo mupira
umuntu uwo ari we wese. Ucakiye uwo mupira avuge ijambo rikurikiyeho ryo muri uwo
murongo, mbere y’uko awuterera undi muntu uribuvuge ijambo rya gatatu, bityo bityo.
Mukomeze kugeza murangije uwo murongo n’aho uboneka. Musubiremo icyo gikorwa
mugerageza kurangiza umurongo byihuse buri gihe.
Noneho mushake muri Bibiliya indi mirongo ivuga ku byishimo. Mukoreshe ikaramu kugira
ngo mwandike imirongo y’ibyishimo ku mipira cyangwa ku bipirizo, hanyuma mubimanike
ahantu mu rugo rwanyu.
Cyangwa ahubwo mwandike imurongo yo muri Bibiliya ivuga ku byishimo kuri twa
dupapuro mwakozemo amashusho y’ibipurizo.
KUWA GATATU
AMAHORO
IMBUTO Y’URUKUNDO
Abagalatiya 5:22-23
Ni ingenzi kumenya ko hari imbuto imwe gusa; ari yo urukundo. Indi mico myiza yose
yashyizwe ku rutonde muri uyu murongo ni ibigize imbuto y’urukundo. Ikiranga urukundo
muri iki gihe ni amahoro, nk'uko urukundo rugomba kuba rutandukanye n'ibyo kamere yifuza
nko " kwangana, no gutongana, n'ishyari, n'umujinya, n'amahane, no kwitandukanya no kwirema
ibice." (umur. 20). Mu by’ukuri itandukaniro riri hagati y’amahoro n’urutonde rw’ibikorwa bibi
ntiryari kugaragara birenze ibyo. Kuko bifite inkomoko zitandukanye rwose, bikagira
n’amaherezo ahabanye.
Ikibazo Pawulo yandikiye itorero ry’Abagalatiya ni na cyo tukirwana na cyo kugeza ubu:
gutandukanya imirimo no kwizera. Ku ruhande rumwe twizera ko dushobora kubaho neza
kubwo gukoresha imbaraga zacu zose, cyangwa imyumvire y’uko kugira umudedezo mu kuaho
kwacu bishoboka gusa bitewe n’imitimo Imana ikorera muri twe . Ukuri ni uko, kwishingikiriza
ku imbaraga zacu bwite bizatugeza gusa ku bikorwa bya kamere, mu gihe imbuto za Mwuka ari
ikimenyetso cy'uko Kristo arie muri twe. Icyo gihamya gikunze kugaragarira mu mahoro dufite.
ISENGESHO
Data wa twese dukunda uri mu ijuru, tugusabye amahoro yawe ngo abane natwe uyu
munsi. Dufashe gukomeza kumva ko uri mu ngo zacu kandi ko zirimo amahoro. Turagusabye go
udufashe kubona amahoro mu bihe byose tukwishingikirijeho iteka. Tubisabye mu izina rya
Yesu, amina.
Umwitozo Ushingiye ku Mbuto yera y’amahoro
Muzakenera:
Igitambaro kinini, urupapuro ruringaniye cyangwa igitambaro cy’ameza gishaje wakwita
amazi.
Umupira w’ifuro, icyagwe, cyangwa ikintu cyoroshye kandi kitameneka.
Amabwiriza:
Soma inkuru ya Yesu aturisha umuraba iri muri Luka 8:22-25. Saba buri muntu wo mu
muryango afate kuri wa mwenda, muwufate nk’aho ari ikiyaga cya Galilaya.
Nimukore umwitozo wo guturisha ikiyaga mwakoze mu mwenda hanyuma mukizunguze
cyane nk’aho kiri guhuhwa n’umuyaga mwinshi. Maze mugiturishe mwongera gukurura
uwo mwenda cyane.
Ongera umupira w’ifuro cyangwa icyangwe hagati y’igitambaro mwise ikiyaga maze
mutekereze ko ari ubwato Yesu n’abigishwa be barimo.
Noneho saba umwe mu bana asubiremo igitekerezo cya Yesu aturisha umuraba. Fata
umwenda uwukubaganye bise n’aho hari kuzamo umuraba, hanyuma uwukurure cyane
wongere uturishe ikiyaga aho Yesu aributegeke imiraba kugira amahoro no gutuza.
Mwibaze ibi bibazo muri hamwe: Utekereza ko abigishwa bumvise bamerewe bate ubwo
bari batewe n’umuraba, n’igihe Yesu yacecekesheje umuyaga n'imiraba? Utekereza ko
Yesu yumvise amerewe ate imbere y’umuraba, mu gihe cy’umuraba na nyuma yaho?
Ubutumwa bw’ingenzi buri wese muri mwe yakunze muri iki gitekerezo ni ubuhe? Iki
gitekerezo kigufasha gusoanukirwa iki ku bireana n’amahoro?
Udafite umwenda yakoresha icupa rya palastike muri uyu mwitozo agashyiramo igice
cy’amazi. Akarisiga ibara ry’ubururu. Ongeramo agace gato k'igiti ku icupa
gahagararire ubwato. Fpundikira iryo cupa maze urikoreshe kwerekana umuraba
cyangwa amazi atuje, inyanja irimo umuraba n’inyanja ituje nyuma y’umuraba.
UMWITOZO USHINGIYE KU ISOMO RYO MURI BIBILIYA
Uzakenera:
Ikarita, impapuro z’amabara cyangwa impapuro ziremereye.
Ikaramu z’ibiti cyangwa ibikoresho byo gushushanya (amarangi, amazi, n’ibindi).
Cyangwa ushake ishusho yerekana amahoro mu kinyamakuru cyangwa ku ndangaminsi.
Amawiriza:
Ca, cyangwa ukoresheje ibikoresho byawe by’ubugeni, ushushanye ahantu h'amahoro,
hari n'amazi atuje, n’indabyo n'ibiti.
Koresha iyo shusho cyangwa igihangano cyawe hanyuma wandikemo umurongo wo muri
Bibiliya kuri iyo shusho kugirango ukwibutse amahoro ava ku Mana.
Shyira iyo shusho yawe aho umuryango wawe uzayibona kenshi cyangwa uyihe umuntu
ukeneye kubona amahoro y’Imana.
Abagalatiya 5:22-23
IMITINI
Igishishwa cy’imitini gifite ibara ryijimye naho imbere zikagira ibara ry’iroza ryoroheje
ndetse n’umweru, ibyo bigatuma zikurura ijisho cyane. Iteye nk'ipera cyangwa igitonyanga
cy’irira, ariko uburyohe bwayo ntabwo ari uburiza abantu. Ahubwo umubiri wayo urarabagirana
kandi ugizwe n'umutobe, ziraryoha, zifite intungamubiri hamwe n’imiterere yayo isaba
gutapfunwa neza bituma ishimisha cyane!
Niba ushaka kubona imitini myinshi iryoshye cyane, uzajye muri Turukiya, mu Misiri,
Ubugereki, cyangwa Maroc. Yaba imibisi cyangwa iyumye ibamo vitamine nziza nyinshi zo mu
bwoko bwa B- y’ubwoko bwinshi. Ishobora gukoreshwa mubuvuzi no mu byo kwikuza.
IMBUTO Y’UMWUKA Y’UYU MUNSI NI:
UKWIHANGANA
Pawulo yanditse amagambo ari mu rwandiko rw’Abagalatiya 5:22, 23 ati: “Ariko rero
imbuto z'Umwuka ni urukundo, n'ibyishimo, n'amahoro, no kwihangana, no kugira neza,
n'ingeso nziza no gukiranuka, no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.”
Ooh! Byaba ari ikintu cyiza cyane, buri wese muri twe ashoboye gukurikiza ubu
busobanuro iyi nkoranyamagambo yatanze yo kwihangana mu mibereho yacu. Bitekerezeho.
Isano iri hagati y’umugabo n’umugore we, cyangwa umugore n'umugabo we, uko yari kuba
nziza cyane, baramutse bashoboye gutuza aho kwitotomba, kunanirwa kwifata, kugira umujinya,
cyangwa kurakara kuri buri kantu kose. Ni byiza, kuri buri wese, kandi haba amahoro ahebuje,
mu ngo zacu. Abana bacu baba bafite umunezero n’umugisha wo gukurira ahabakikije hatari
impagarara, no guhangayika. Ntibyaba ari ikintu cyiza se?
Tekereza, iyaba aho kugira ngo ababyeyi batonganye abana babo no kubakankamira
kuko bakerereweho gato ku Isabato mugitondo, bemereraga gusa Mwuka w’ubugwaneza
w’Imana akabayobora bakihangana bakabyitwaramo mu buryo butuje, aho kurakara cyangwa
guhangayika no kwangiriza impamvu nyamukuru y’Isabato. Tuzi ko kugera mu rusengero ku
gihe ari ingenzi, ariko kandi no kubahiriza igihe ntabwo ari ingenzi kurusha kugaragaza
Mwuka wa Yesu mu ngo zacu.
Nibyo, iyi mbuto y'urukundo yitwa kwihangana ni ikintu cyo gusengera rwose muri iki
gihe cy’Icyumweru cyo Gusengera hamwe kw’abagize umuryango. Mu gihe hari abashobora
gutekereza ko gukuza ubu buryo bwo kwihangana bidashoboka, ukurikije uko ibintu bimeze ubu
mu muryango, twihutiye kukwibutsa icyo Yesu avuga ku byerekeye imitekerereze nk'iyo: “ Ibyo
ntibishobokera abantu , ariko ku Mana si ko biri kuko byose bishobokara Imana.” (Mariko 10,
27).
Ukuri ni uku, iyo twemeye ko tudafite ubushobozi cyangwa imbaraga zo gusubiza
twihanganye mu bihe bigoye by’umuryango, icyo ni cyo gihe Imana ishobora gukora
ibidashoboka mu mwanya wacu. Icyo dukeneye gusa ni ugutabaza Yesu, akatwuzuza Mwuka
we, maze akeza imbuto nziza yo kwihangana mu mibereho yacu. Ni bwo imibanire yacu mu
muryango ndetse n’indi mibanire yose izagira ubushobozi bwo guhindurwa na Mwuka
w’Imana uri mu mibereho yacu ya buri munsi.
Inama Ellen White atanga ku birebana no kwihangana ni iyi: “Niba hari ukubwiye
amagambo atari ayo kutihanganirwa, ntuzigere usubizanya umwuka nk’uwo” (Gospel workers, p.
475). Na none kandi twibutswa n'inama yo gushishoza iri mu Byanditswe Byera: “Gusubizanya
ineza guhosha uburakari, Ariko ijambo ribabaza ribyutsa umujinya.”(Imig 15: 1).
ISENGESHO
Data wa twese dukunda uri mu ijuru, turagusaba kuduha kwihangana uyu munsi.
Udufashe kwitoza kwihangana mu ngo zacu buri munsi. Kandi uduhe kwibuka kwihanganira abo
duhura na bo bose uyu munsi. Mu Izina rya Yesu, amina.
UMWITOZO USHINGIYE KU KWIHANGANA
KWERA IMBUTO
Uduti two guhaganyuza amenyo twinshi: Shyira icupa ku meza. Koresha jage ifite umunwa
mugari niba ufite abana bato. Uhereze buri muntu uduti two guhaganyuza amenyo 12
(cyangwa ukoreshe ibishyimbo byumye cyangwa utubuye duto niba udafite uduti two
guhaganyuza amenyo). Buri wese ukwe ashyire uduti two guhaganyuza amenyo twe ku
munwa w’ijage. Ni hagira uduti two guhaganyuza amenyo tugwa hasi ube ari wowe
udushyiramo, wongere udufate. Murebe utanga abandi gushyira uduti two guhaganyuza
amenyo twose mu munwa w’ijage cyangwa icupa mu buryo butekanye .
Kugwa k’uduti two guhaganyuza amenyo: Tereka icupa ku meza nko kuri cm 40 uvuye
ku mugongo w’ameza. Hereza buri muntu uduti two guhaganyuza amenyo 12. Buri wese
ukwe yicare ku meza imbere y’iryo cupa. Fata agati ko guhaganyuza amenyo kareshya na
cm 8-10 ugafatire hejuru y’umunwa w’icupa hanyuma ugerageze kurekura uduti two
guhaganyuza amenyo tugwe mu icupa. Nitugwa ku meza, utugumane, umuntu ukurikiyeho
nawe abigerageze. Ukoreshe ijage ku bana bato, kugira ngo uborohereze inshingano.
Ubundi, mukorere hamwe kimwe muri ibi bikorwa: gutegura umukino w’amashusho yo
gufindura, mufatanye kubaka igikoresho runaka cyo munzu , gutera imbuto runaka, kubaka
umunara mukoresheje amakarita, nibindi.
UMWITOZO USHINGIYE KU ISOMO RYO MURI BIBILIYA
Muzakenera:
Imakasi, ikinyamakuru, kole, n’urupapuro.
Amabwiriza:
Iki gikorwa gisaba kwihangana!
Kora wenyine, cyangwa mufatanye nk’umuryango, gukora amashusho agaragaza
umurongo w’icyokwibukwa.
Shakisha inyuguti nkuru mu kinyamakuru.
Zice kuburyo buri nyuguti cyangwa buri mubare biba biri ku rundi rupapuro.
Tegura neza iyo mibare n’inyuguti ku rupapuro uvuge umurongo n’aho wanditswe,
hanyuma uyifatishe ku rupapuro ukoresheje kole.
Ongeraho andi mashusho avuye mu kinyamakuru kugira ngo urimbishe ayo mashusho.
Uyashyire ahantu hagaragara kugira ngo ajye yibutsa buri wese wo mu rugo rwanyu kugira
kwihangana cyane, ahari wayashyira ku rugi rwo mu bwogero, imbere y’urugi cyangwa
mu gikoni!
AMAPERA
Ipera rigira igishishwa gifite umubyimba munini, ufite ibara ry’icyatsi cyangwa
umuhondo imbere haryo hasa n’iroza. Rirangwa n’uburyohe bwihariye kandi rirakomera. Ipera
rizwi nk’urubuto rwera ahantu hashyuha rufite inkomoko mu bihugu byo muri leta zunze
ubumwe za Amerika zivuga Igip0rutige, Igisipanyolo n’Igifaransa harimo Mexico, America yo
hagati, amajyaruguru ya Karayibe n’amajyepfo ya America.
Amapera afite ibikatsi bikubye inshuro enye iby’inanasi, akagira na vitamin C ikubye
inshuro enye iy’amacunga. Amapera agizwe n’icyitwa (pectin), ubwoko bw’amakakama bituma
amapera yifashishwa mu gukora za bombo, umushongi usigwa ku migati (jam/cofiture),
ururenda (jellies), ndetse n’ubundi bwoko bw’umushongi usigwa ku migati. Muri America
y’epfo uzasanga igihe ab’umuryango basabanye amapera ari kimwe mu mafunguro nyirurugo
yakiriza abashyitsi mbere y’uko bagira ikindi bafata hamwe na foromage ndetse n’utundi two
guhekenya nk’ibisuguti.
Mu rwandiko rw’Abefeso 5:31, 32, Intumwa Pawuloo yigishije ab’itorero ryo muri Efeso
akamaro ko kugira neza igihe yavugaga ati: “Gusharira kose n’uburakari n’umujinya
n’intonganya, no gutukana hamwe n’igomwa ryose bibavemo. Mugire neza, mugirirane
imbabazi, mubabarirane ibyaha nk’uko Imana yabababariye muri Kristo.”
Yesu yagiye agira neza mu buryo bufatika kandi bugaragara mu gihe cye. Kugiraneza
kwe kwakuze kugeraga ku “boroheje bari hanyuma y’abandi”, abo abandi bantu batafataga
neza. Yakijije ababembe, akiza abari bahanzweho n’ abadayimoni, agaburira abari bashonje.
Ibijyanye n’umuco mbonera wo kugira neza, byasobanurwa nko kubaha Imana, kumera
nk’Imana mu kwera, kutagira inenge no gukiranuka. Nk’uko bimeze ku kugira neza, umutima
uboneye niwo ukenewe kugira ngo umeze imbuto z’ingeso nziza. Tugomba kugaragaza ingeso
nziza buri munsi (kubaha Imana) za Kristo nk’uko Zaburi 23:6 ibivuga, “Ni ukuri kugirirwa neza
n’imbabazi, bizanyomaho iminsi yose nkiriho,Nanjye nzaba munzu y’Uwiteka iteka ryose.”
Kugira neza ni ukugira imico ya Kristo. Ni koko, kugira neza si ugukora ibikorwa by’uugiraneza
cyangwa ibikorwa byiza gusa, ahubwo kugira neza bishyizwe mu bikorwa bigomba kuba uburyo
buranga imibereho y’umuntu.
Guhindurwa na Mwuka w’Imana ni cyo kuba Umukristo ari cyo. Bityo, uyu munsi,
muhitemo kuvomerera imbuto zo kugira neza n’ingeso nziza mu mitima yanyu no mu miryango
yanyu. Uko ugira uwo mu muryango wawe umwenyurira cyangwa ubwira amagambo yo
kumukomeza, umuturanyi wawe, uwo mukorana cyangwa inshuti, reka buri wese abone ko
“Uyobowe na Mwuka” (umurongo wa 6) aho “kuyoborwa na kamere” (umurongo wa 17),
kubera ko Mwuka w’Imana akurimo.
ISENGESHO
Data wa twese uri mu ijuru, wuje urukundo rwishi, utugirira neza kadi uduha ibyiza buri
munsi. Dufashe ngo natwe tujye tugaragarizanya urukundo, ineza n’ingeso nziza uko tubonye
uburyo bwo kubikora. Mu izina rya Yesu. Amina.
Uzakenera:
• Isahani n’icyuma
Amabwiriza:
• Mbese urebeye inyuma gusa igihe cyose, ubasha kumenya niba ikintu runaka ari cyiza
cyangwa kibi?
• Ushobora kwigira iki ku kugira neza k’umuntu urebye kuri izo mbuto n’izo mboga?
• Inkuru nziza ni uko, nubwo tutabasha guhindura imbuto mbi ngo zibe nziza, Imana yo
Ni nziza rwose kandi ni ko ihora. Ihora itubabarira iyo twabaye babi kandi ihora ishaka
• Tegura za mbuto nziza kugira ngo ziribwe, naho zazindi mbi uzitabe mu butaka aho
zishobora gutuma ubwo butaka buba bwiza maze bigatuma hari ibindi bihamera.
Muzakenera:
Amabwiriza:
• Andika mu kiganza igihe hari umuntu wakugiriye neza by’umwihariko. Yaba yaragukoreye iki
kandi kukugirira neza kwe byatumye wumva umerewe ute?
• Andike kuri buri rutoki ikintu ugomba kuzakora kugira ngo ugirire umdi muntu neza mu
cyumweru gitaha.
• Rufate urwubitse mze uvuge igihe umuntu yakugiriye neza mu buryo bw’umwihariko
• Noneho usome ingingo zose wanditse ku biganza byawe zivuga uburyo wagiriwe neza.
• Nimuganire ku buryo mushobora gufatanya gukora ibyo bikorwa by’ubugiraneza.
• Wari uzi ko kugirira abandi neza ari uburyo bwiza cyane bugutera kumva unezerewe?
• Gira ikintu cyiza ukorera umuntu w’aho utuye. Mukorere hamwe nk’umuryango mwotse
imigati, mubagurire ibyokurya cyangwa mubatunganyirize ubusitani.
Musenge: Mana, tugushimiye ko wadufashije kugirira abandi neza no gukora neza muri iki
cyumweru….
KU WA GATANDATU
GUKIRANUKA NI:
IMBUTO Y’URUKUNDO
IGITOKI
Uru rubuto rusarurwa rugifite ibara ry’icyatsi, bakagihata neza, noneho bakagiteka rimwe
na rimwe babasha kukinomba abandi bakagisekura. I Bugande no mu Rwanda, igitoke kibasha
gutekwa mu buryo gihishwa n’umwuka, kandi iryo funguro ry’igitoki kinombye/umunyigi ni
ibyokurya by’ingenzi muri ibyo bihugu byombi.
Dusoma amagamo ari mu Abagalatiya 5:22-23 agira ati: “Ariko rero imbuto z’Umwuka
ni urukundo n’ibyishimo n’amahoro, no kwihangana no kugira neza, n’ingeso nziza no
gukiranuka no kugwa neza no kwirinda. Ibimeze bityo nta mategeko abihana.”
Inkoranyamagamo yitwa Dictionary.com isobanura gukiranuka nko: “kuba umwizerwa
igihe cyose no kuba inyangamugayo mu mibanire, cyane cyane ku bashakanye cyangwa
inshuti.” Ikindi ni “igihamya cyangwa indangagaciro yo kuba umunyakuri mu byo uvuga
cyangwa wiyemeje, nk’iyo hari icyo wasezeranye gukora, cyangwa guhamya kwizera kwawe.”
Ikindi nanone ni, kugaragaza umuco wo kwiyemeza gusohoza inshingano yawe, ukora
igikwiriye.”
Mugihe gukiranuka ari imbuto iva kuri Mwuka (umurongo 22), ubusambanyi, gukora
ibiteye isoni n’iby’isoni nke (umurongo 19) byo bigaragaza uburyo kamere iri ku murimo.
Tugomba kwibaza ikibazo ngo: naba nkiranuka nka Yosefu igihe yoshywaga na muka Potifaro?
Igisubizo Yosefu yasubije muka Potifaro kubwo kwifuza kwe kutari gukwiriye cyari iki ngo:
“None nabasha nte gukora icyaha gikomeye gityo, ngacumura ku Mana?”(Intangiriro 39:9).
Kuzuzwa Mwuka w’Imana bisobanuye kugira amavuta ya Mwuka agushoboza kugendera mu
gukiranuka no kurwanya imbuto za kamere. Izi mbaraga ebyiri zihora zihanganye,
zivuguruzanya, zitumvikana kandi zidahuza. Imwe ikomoka kuri Soko y’umucyo, naho indi
igakomoka ku mutware w’umwijima.
Avuga ku cyo kubaho imibereho yo gukiranuka bisobanuye Ellen White hari ibyo yavuze
mu gitabo cye cyitwa, The Ministry of Healing (Rengera Ubuzima). “Dukeneye guhora
duhishurirwa Kristo bundi bushya, imibereho ya buri munsi igahamanya n’inyigisho ze. Tubasha
kugera ku rugero rwo hejuru rutunganye. Gukomeza kujya mbere mu bwenge n’imico ni wo
mugambi Imana idufitiye.” (The Ministtry of Healing, p.503).
Ni byo, gukiranuka kuba gukiranuka igihe dukomeza gukura mu kugendana na Yesu buri
munsi no kubaho imibereho ihamanya n’inyigisho ze. Ibyo bibasha kugerwaho mu gihe
twujujwe Mwuka w’Imana. Rero akira imbuto yo gukiranuka uyu munsi, bitari mubuzima
bworoheje mu mibanire yawe yo mu muryango gusa, ahubwo no mu bikomeye kandi biruhije
bibasha kugaragaza ko wahisemo kugendana na Yesu.
Imana itubashishe kuba abanyakuri uyu munsi na buri munsi kugeza Yesu agarutse.
ISENGESHO
Mwami Imana yacu dukunda, urakoze ku bw’urukundo udukunda rutuma uhora hafi yacu
uko byamera kose mu byo dukora naho tujya. Dufashe kugira ngo duhore dushikamye mu
rukundo no mu kugukiranukira tukugaragaza kandi twigishe abandi. Mu izina rya Yesu, Amina
Muzakenera:
• Ibintu bishobora gutega umuntu, haba mu muryango cyangwa ku itapi cyangwa hanze mu
byatsi byoroshye.
Amabwiriza:
• Tega imitego ariko ukoresheje ibintu bidateza ingorane, uburingiti bwo kugendagendaho, ikintu
kigufi cyo kurira, n’ibindi, gerageza gutegura ibintu 5 cyangwa 6 muribwumvikaneho.
• Noneho upfukishe igitambaro mu maso ya buri mwana maze habeho umuntu mukuru
ubayobora yitonze abanyuze muri ya mitego.
• Wa muntu mukuru yite ku bana ku buryo hatagira ugira ikibazo, ahubwo abafate mu kiganza
kandi abahe amabwiriza yumvikana neza arebana n’uburyo bagendera munsi no kuri ibyo bintu.
• Buri mwana namara kuva muri ya mitego amahoro yayobowe n’umuntu mukuru, mwicare
hamwe mwese maze mubwirane uko byagenze. Umuntu mukuru yabereye umwana indahemuka.
Biyemeje gukomeza kubafasha gutekana no kubana na bo mu byabashimishije n’ibyabaruhije
byose mu rugendo rwabo kandi bakaba batabatereranye. Ibyo bihuye bite n’uburyo Imana
itubera indahemuka? Dushobora dute kubera Imana n’abandi indahemuka ndetse no mu gihe
imibereho itatworoheye?
Muzakenera:
• Amabuye Manini asennye, asa neza, amakaramu y’amabara yo gushushanya, n’ibindi; kole
y’umweru ifunguyemo amazi make cyane cyangwa ibindi bimeze nkayo.
Amabwiriza:
• Oza ayo mabuye maze uyasige ibara ridashashagirana cyane. Namara kuma, ukoreshe irangi
cyangwa ikaramu ifite ibara wandikeho buri jambo rigize isomo naho aho riboneka muri Bibiliya
uhandike ku rindi buye.
• Yavange uyubitse maze uyatndeke mu buryo agomba gukurikirana kugira ngo agaragaze rya
somo, kugeza igihe murimenyeye neza.
• Niba mubishaka mushobora gusiga verini cyangwa mugapfuka ayo mabuye kugira ngo irangi
ayo mabuye asizwe ndetse n’inyandiko ziyariho bitavaho. Ahari mwayategura mu busitani
bwanyu cyangwa aho mwinjirira mu rugo rwanyu kugira ngo ajye yibutsa abantu ko bagomba
kuba indahemuka.
• Mushobora no kwandika isomo ririmo amagambo akomeza ku mabuye afite amabara menshi,
mukayasiga verini cyangwa mukayapfuka maze mukayasiga ahantu umuntu ashobora kuyabona.
Cyangwa mushobora no kuyatanga ho impano nto kugira ngo abashishikarize kuba indahemuka.
IBIBAZO BYO KUGANIRIRA HAMWE
IMBUTO Y’URUKUNDO
DURIAN
Muri Thailand, imbuto yitwa durian ifatwa nk’umwami w’imbuto. Ni imwe mu mbuto
zihumura cyane kandi zifite uburyohe bwihariye. Kuri bamwe, durian iryoha nk’uruvange
rw’amagi n’ubundi bwoko bw’amagi aryoherera akunze gukoreshwa mu kwikuza. Uru rubuto
rukunze kuba runini rufite inyuma hasa n’ahafite amahwa kandi hakomeye. Umubiri w’imbere
y’igishishwa cyarwo ufite impumuro itari nziza, igisa n’uruvange rw’amata n’amagi rukagira
n’urubuto runini. Ni urubuto rukunzwe cyane mu majyepfo y’iburasirazuba bwa Asia.Urubuto
rwa Durian ruhingwa muduce turimo ubushyuhe bwo hejuru. Igipimo cy’ubushyuhe n’ubukonje
kiramutse kimanutse kikagera munsi ya 22 oC (72 oF), ntirwakomeza gukura.
Abantu benshi baravuga bati: “ruhumura nabi ariko ruraryoha cyane!” Uko kuba
ruvugwa ko ruhumura nabi ntibyabujije abantu benshi kwishimira uburyohe bwarwo butangaje!
Rufatwa nk’ururusha izindi mbuto ubwiza.
Kimwe n’itorero ryo muri Efeso, buri muryango kabone nubwo umugabo n’umugorewe
bombi baba bahuje ubwoko – ntihabura kuboneka ibyo batavugaho rumwe ndetse n’imico ituma
badahuza mu mibereho yabo ya buri munsi. Nyamara, nituba twujujwe Mwuka w’Imana, natwe
tubasha kubana n’abo mu muryango wacu mu bugwaneza, aho guconcomerana tugirirana
umujinya no gukurura twishyira.
Noneho kandi, kwirinda byo, birisobanura. Umuntu wera iyi mbuto y’urukundo akunze
kuvugwa nu buryo bwiza cyane nk’umuntu wibera mu ruziga rwo kwirinda. Wawundi
wisobanukiwe, uzi ko umuntu umwe rukumbi ashobora kurinda ari we ubwe. Mu miryango yacu
dutwara igihe kinini tugenzura ibyo abandi bari bakwiriye gukora, nk’uko tubyifuza, aho gutinda
ku guhuza uko twitwara ku bandi bitewe n’ibyo bakora. Ibyo tuzi, bishingiye ku bitekerezo byo
muri Bibiliya ndetse no ku bushakashatsi bw’imibanire y’abantu n’abandi, ni uko twibanda ku
gucubya gusubiza kwacu, kwihangana, kugira neza no kwiyoroshya tubishobojwe no kugira
Mwuka w’Imana muri twe, ni ko turushaho kugira amahoro umunezero mu mibanire yacu
n’abandi yose.
Kubw’iyo mpamvu, isengesho ryacu uyu munsi ni uko buri muryango w’itorero ry’Imana
ukwiriye guhabwa imbaraga y’Ubumwe bw’Umuryango kurugero ruhanitse, bitewe n’uko
Mwuka w’Imana uri mu bagize umuryango azera imbuto y’urukundo buri munsi. Urukundo
rwerekaniwe mu byishimo, amahoro, kwihangana, kugira neza, mu ngeso nziza, mu gukiranuka,
kugwa neza no kwirinda, bikaba ari byo biranga umuryango kugeza igihe Yesu azazira. Bityo
rero, akira imbuto yo kugwa neza no kwirinda uyu munsi!
Mana duhe umugisha uyu munsi ndetse na buri munsi kugira ngo tuyoborwe na Mwuka,
kandi hamwe n’imiryango yacu twitegure kugaruka k’Umwami wacu Yesu Kristo kwegereje!
ISENGESHO
Data wa twese dukunda Uru mu ijuru, utugirira neza kandi uri umugwaneza kuri twe.
Dufashe kugira ngo uyu munsi dushyire mu bikorwa kugwa neza no kwirinda mu buryo bwose
bw’imibanire yacu n’abandi. Mu izina rya Yesu, Amina.
Muzakenera:
• Igi ribisi, cyangwa ikindi kintu cyoroshye cyane kandi gishobora kumeneka mu buryo
bworoshye ( niba ushaka kuza kurya iryo gi hanyuma ushobora kuriteka)
• Ikintu runaka wabona cyo gukingira iryo gi urishyize mu gasanduku, nk’udutambaro, utuntu
dufobagana. Impapuro, ipamba n’ibindi.
Amabwiriza:
• Shyira rya gi ribisi muri ka gafuka ka pulasitiki, ibyo biraza kugufasha gukomeza kuba ufite
ibigize iryo gi aho uribuze gutekera.
• Mufatanye, mukoreshe ibyo mwagennye gukoresha mubika iryo gi neza ku buryo ridashobora
kumeneka agasanduku ririmo karamutse kaguye hasi.
• Mumaze kubika igi neza, muzirikishe ako gasanduku umugozi cyangwa mugafatishe urupapuro
rumatira.
• Noneho mutererane iryo gi rive kuri umwe rijya ku wundi mu bagize itsinda.
• Igihe cyose utereye undi muntu ako gasanduku, vuga uburyo wakoresha ugaragariza abandi
ubugwaneza
• Ako gasanduku nikamara kugera kuri buri wese ugize umuryango incuro 2-3, umuntu muto
muri mwe aze kukarekura maze kagwe hasi ahantu hakomeye.
• Umuntu mukuru mu itsinda afate ako gasanduku agapfundure yitonze maze murebe niba igi
ritamenetse. Mwese nimwishimire hamwe ko igi rikiri uko ryakabaye! Mwagize ubushishozi
cyane murinda igi ntiryameneka!
• Mumare umwanya mwiga ku buryo mushobora kwita ku ruhinja cyangwa ikindi kiremwa
kikiri gito.
• Mujye aho bakora umukino wo gushaka ibintu runaka maze mushake ibintu bibibutsa
iby’ubugwaneza
• Mwese muhuhire icyarimwe ifuro, riba ryoroshye risaba ko turihuhamo mu buryo bworoheje
• Mwitoze kumena igi mu buryo bwiza hatagize agashishwa karyo na gato gatakara, cyangwa
ngo hagire umuhodo waryo umeneka, nimurangiza muteke ifunguro mukunda mukoresheje
amagi.
UMWITOZO USHINGIYE KU ISOMO RYO MURI BIBILIYA
cyumweru ubwo…
Muzakenera:
• Fata utwo tuntu utwubitse maze uvuge igitekerezo cya Nowa udakoresheje aya magambo akurikira:
inkuge, isanduku, ubwato, amazi, imvura, inyamaswa, ibyaremwe, imbaho, inuma, umwuzure, umusozi,
abantu.
• Igihe cyose uvuga icyo gitekerezo akoresheje rimwe muri aya magambo “yabuzanyijwe “ mushyire ako
kantu mu ijage.
• Uribube atsinze muri uwo mukino ni usigarana utuntu twinshi mu gihe buri wese aribube yagize
amahirwe yo kuga icyo gitekerezo.
• Cyangwa musubiremo umwitozo kugeza ubwo buri wese ari bube yabashije kuvuga icyo gitekerezo
adatakaje akantu na kamwe.
• Mushobora gusubiramo uyu mwitozo mukoresheje ibindi bitekerezo byo muri Bibiliya. Mufatanye
guhitamo amagambo “abuzanyijwe”.
Muzakenera:
Amabwiriza: